• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Ubwanditsi 19 Aug 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Mu mpera z’icyumweru gishize Perezida Yoweri K. Museveni yavuze ijambo ryateye benshi kwibaza niba yararikuye ku mutima, icyakora abenshi bakaba basanga ari ibinyoma asanganywe, byo kuvuga ibihabanye n’ibyo atekereza.

Kimwe mu byo Perezida Museveni yagarutseho, ni uburenganzira bw’abanyamahanga baba muri Uganda, dore ko abantu n’imiryango mpuzamahanga bakomeje kwamagana ihohoterwa baborerwa muri Uganda. Abakunze kwibasirwa n’iyicarubozo bakorerwa n’urwego rw’ubutasi rwa Uganda, CMI, ni Abanyarwanda batabarika bicwa, bagakubitwa, bagafungirwa ahantu hatazwi, bagacuzwa utwabo, mbere yo kuvugunywa ku mupaka wa Uganda n’uRwanda. Aba banyarwanda bashinjwa kuba intasi z’uRwanda, nyamara ntawe urashyikirizwa ubucamanza ngo aburanishwe ku byaha aregwa

Mu ijambo rye, Perezida Museveni “yamaganye” ako karengane, karimo gufunga no guhambiriza Abanyamahanga mu buryo butemewe n’amategeko. Aha rero niho benshi batangiye gukeka ko ibyo yavuze atabitewe n’umutimanama, ko ahubwo ashobora kuba amaze kuganzwa n’amajwi menshi amusaba guhagarika ubugome akorera Abanyarwanda.

Icyakora abasobanukiwe imikorere ya Perezida Museveni, bavuga n’iyo byaba ari ugutinya icyo gitutu, bitamubuza kuvuga ibinyuranye n’ibyo akora, cyane cyane ko ubugome bwa Gen Abel Kandiho utegeka CMI, bujyanye n’amawiriza ya shebuja Museveni.

Ikinyoma cya Perezida Museveni si icya none. Abamuzi neza bemeza ako ari umuntu ugira amarira y’ingona, ku buryo adatinya kuririra umuntu yishe ubwe, ndetse akanatabara umuryanyo we. Ibi byarabaye ubwo uwari umuvugizi wa Polisi, Andrew Felix KAWEESI yahitanwaga n’ibyegera bya Museveni, biraba ubwo Gen WAMALA KATATUMBA yarusimbukaga agiye kwicwa n’abatumwe na Museveni ndetse umukobwa we akahasiga ubuzima.

Museveni yasutse amarira ubwo umunyapolitiki ukomeye, Ibrahim KABIRIGA, yicwaga n’ inkoramaraso za Museveni, n’ahandi n’ahandi abantu bahitanywe n’inzego za Museveni, ntibimubuze gusuka marira y’ingona, ati : “Nashenguwe bikomeye n’urupfu rw’intwari yabohoye Uganda, kandi iperereza rikomeye rizagaragaza abicanyi, bahanwe b’intangarugero”.

Byahe byo kajya! Kandi birumvikana, uperereza ni we mwicanyi.
N’ubu rero ntihagire Umunyarwanda wirara ngo Perezida Museveni yamaganye akarengane bakorerwa muri Uganda.

Inama ni ukugabanya ingendo muri icyo gihugu, kuko Umunyarwanda wese uzanga kujya mu mitwe y’itrabwoba nka RNC, FDLR n’indi ishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Uganda, nta kabuza azagirirwa nabi. Ururimi rwa Perezida Museveni ntacyo rupfana n’ubwonko bwe, kuko ibyo avuga bihabaye kure n’ibyo akora.

2021-08-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze

Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Za Minisiteri na Polisi y’u Rwanda mu isuzuma rya za Isange One Stop Center mu gihugu.

Za Minisiteri na Polisi y’u Rwanda mu isuzuma rya za Isange One Stop Center mu gihugu.

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Ubwanditsi 14 Jun 2022
Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

RUSHYASHYA 06 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye
Amakuru

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC
INKURU NYAMUKURU

Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC

Ubwanditsi 10 Jul 2019
Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome
Amakuru

Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome

Ubwanditsi 19 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru