• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urukiko u Rwanda rwambuye ububasha rwumvise ubujurire bwa Ingabire Victoire

Urukiko u Rwanda rwambuye ububasha rwumvise ubujurire bwa Ingabire Victoire

Ubwanditsi 27 Mar 2017 ITOHOZA

Urukiko Nyafurika rurengera Ubutabera n’Uburenganzira bwa Muntu (African Court on Human and Peoples’ Rights) rukorera Arusha muri Tanzania, rwatangiye kuburanisha urubanza rw’ubujurire rwa Ingabire Victoire ku gifungo cy’imyaka 15 yahanishijwe n’Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda.

Ni urubanza rwaburanishijwe n’inteko y’abacamanza barindwi kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Werurwe 2017, Leta y’u Rwanda idahagarariwe kuko yambuye ububasha uru rukiko.

Ababuranira Ingabire Victoire ni Me Gatera Gashabana na Caroline Buisman ukomoka mu Buholandi; babwiye urukiko ko mu nkiko z’u Rwanda uburenganzira bw’umukiriya wabo butubahirijwe, cyane cyane mu birebana no kumuha uburenganzira bwo kwiregura.

Uyu Caroline Buisman ni Umunyamategeko w’Umuholandi. Muri Gicurasi 2016, Ikigo Gishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda cyamusabye kuva mu gihugu, nyuma y’uko yagerageje kwinjira muri Gereza Nkuru ya Kigali ngo abonane na Ingabire kandi nta ruhushya abifitiye.

Aba bunganizi bombi bavuze ko abaje gushinja Ingabire babikoze mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko bari babihatiwe. Ikindi ni uko ngo bamukatiye bahereye ku mategeko yashyizweho nyuma y’uko afatwa ndetse mu isomwa ry’urubanza akaba yarasomewe ibyaha bitandukanye n’ibyo yaregwaga.

Me Gashabana yabwiye urukiko ko umukiriya we yafashwe akamaranwa amezi atandatu mu gihe nibura akwiye kuba yaramenyeshejwe ibyaha aregwa mu minsi itanu, mu minsi irindwi akaba yagejejwe imbere y’umucamanza ariko ibyo byose ngo ntibyakurikijwe ndetse ngo yafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko no mu ibanga rikomeye.

Umucamanza yamubajije igihe urubanza rwatangiriye n’igihe rwarangiriye, maze Me Gashabana asubiza ko rwatangiye tariki ya 5 Nzeli 2011 rukarangira kuya 30 Ukwakira mu 2012 naho mu rukiko rw’ikirenga ubujurire busomwa kuya 13 Ukuboza 2012.

Yavuze ko ubwo hasomwaga imyanzuro ijyanye n’ubujurire, bagerageje gutanga ibimenyetso bishinjura umukiriya ku byaha by’ubugambanyi ariko ngo urukiko rukabitesha agaciro.

Ikindi kandi ngo amategeko yakoreshejwe mu bujurire yari mashya, nta handi yari yarigeze akoreshwa mu iburanisha ryari ryarabanje. Byiyongera ku cyaha cyo gukwiza ibihuha nacyo kuko ngo cyari gishya.

Umwanzuro kuri uru rubanza uteganyijwe mu gihe kitarenze amezi atatu mu gihe, Urukiko rwa Afurika rurengera ubutabera n’uburenganzira bwa muntu rwatakaje ubushobozi bwo kuburanisha ibibazo byerekeye uburenganzira bwa muntu hagati y’u Rwanda n’abandi bantu, nyuma y’aho rwemereye uwakatiwe kubera ibyaha bya Jenoside kurutangamo ikirego.

Muri 2013 nibwo u Rwanda rwasinye amasezerano n’urwo rukiko ko Umunyarwanda ku giti cye cyangwa itsinda ry’Abanyarwanda bashobora gutangamo ikirego kijyanye n’uburenganzira bwa muntu.

Icyemezo cyo kwikura muri aya masezerano cyaje nyuma y’uko hari uwahamijwe ibyaha bya Jenoside agahunga, nyuma akayagenderaho agahabwa umwanya n’Urukiko nk’Umunyarwanda wahutarijwe uburenganzira bwe.

-6160.jpg

Stanley Safari

Uyu yitwa Stanley Safari ndetse yahamijwe ibyaha bya Jenoside aza guhunga. Mu mwaka wa 2009 uyu wahoze ari umusenateri yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’ibifitanye isano nayo n’urukiko rwa Gacaca rwo mu Karere ka Huye, akatirwa gufungwa burundu.

Mu itangazo ryohererejwe urukiko, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda yavuze ko mu masezerano yo mu 2013, u Rwanda rwasinye hatarimo guha umwanya cyangwa kwakira ikirego cy’uwahamijwe ibyaha bya Jenoside cyangwa uwahunze kubera byo.

-6159.jpg

Ingabire Victoire

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye ubwo yavugaga ku mpamvu zo kwikura muri aya masezerano, yagize ati “Impamvu ni uko byagaragaye ko hari abahamwa n’ibyaha bya Jenoside, cyangwa abahunze ubutabera bitwaza ariya masezerano bagahabwa umwanya mu rukiko ngo uburenganzira bwabo burengerwe, twanzuye ko asubirwamo kugirango akoreshwe icyo agamije.”

-6161.jpg

Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye

Source: Igihe.com

2017-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Ubwanditsi 02 Jan 2019
Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Ubwanditsi 12 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda
ITOHOZA

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Amavubi yakiriye abahamagawe bwa mbere, akomeje imyitozo mu gihugu cya Morocco yitegura Guinea
Amakuru

Amavubi yakiriye abahamagawe bwa mbere, akomeje imyitozo mu gihugu cya Morocco yitegura Guinea

Ubwanditsi 21 Sep 2022
Amafoto – Tuyisenge Arsène wa Rayon Sports yongerewe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina na Ethiopia mu gushaka itike yo gukina CHAN2023
Amakuru

Amafoto – Tuyisenge Arsène wa Rayon Sports yongerewe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina na Ethiopia mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Ubwanditsi 23 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru