• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Musanze: Abasore babiri babanaga mu nzu bishwe n’abataramenyekana

Musanze: Abasore babiri babanaga mu nzu bishwe n’abataramenyekana

Ubwanditsi 08 Dec 2016 ITOHOZA

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 6 Ukuboza 2016, mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza,i Musanze ahitwa Nyamuremure, hagaragaye imirambo y’abasore babiri bishwe n’abantu bataramenyekana.

Abishwe ni uwitwaga Musonera Samson na Bizabarimana Jean Claude bari mu kigero cy’imyaka 22 na 25 bakaba bakoraga akazi ko gutwara imizigo mu Mujyi wa Musanze.

Aba basore babanaga mu nzu imwe ahitwa muri tête à gauche mu Mudugudu wa Gatorwa mu Kagari ka Cyabararika, ngo batwawe n’abantu batazwi ku mugoroba ahagana saa tanu, hanyuma mu gitondo basanga bishwe mu gihe bari bazi ko babajyanye kuri Sitasiyo ya Polisi ikorera ku Murenge wa Muhoza.

Abaturage baganiriye na IGIHE dukesha iyi nkuru batangaza ko aho aba basore biciwe hamaze kuba indiri y’ibiyobyabwenge.

Kagayano Thomas yagize ati “Aha hantu hamaze kuba indiri y’abasore bakoresha ibiyobyabwenge kuko ntawe uhanyura nimugoroba ngo batamuhohotera.”

Umwe mu basore wari kumwe n’aba ba nyakwigendera wanze gutangaza amazina ye yavuze ko aba bantu baje gutwara aba basore baje bakubita uwo bahasanze wese ku buryo nawe yakubiswe cyane.

Banyangiriki Médiatrice utuye mu Mudugugudu wa Nyamuremure ahiciwe aba bantu nawe yagize ati “Twumvishe induru batabaza mu ma saa sita z’ijoro ariko tugeze hanze ntitwongera kuyumva dusubira mu nzu.”

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu akaba n’Umugenzacyaha mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Innocent Gasasira yavuze ko hari abantu bakomeje gukorwaho ipererereza kugira ngo ukuri ku rupfu rw’aba basore kumenyekane.

Yagize ati “Ubu ntituramenya neza amakuru y’urupfu rw’aba basore gusa hari abakobwa bivugwa ko bari baturanye ndetse n’abo basangiraga mu kabari turi gukoraho iperereza ngo hamenyekane ukuri kuri ubu bwicanyi.”

Mu bari gukorwaho iperereza harimo n’Umukuru w’Umudugudu wa Gatorwa, Gahutu Antoine abaturage bavuga ko aba basore ngo bafatwa na we yahagaragaye ari kumwe n’ababatwaye baje bitwaje amapingu bamwe bakibwira ko ari abapolisi.

Muri aka gace ka Nyamuremure haheruka gutoragurwa imirambo y’abandi bantu babiri mu mezi abiri ashize.

-4947.jpg

IP Innocent Gasasira

2016-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Ubwanditsi 03 Sep 2024
Muri RNC:  Agatsiko ka Rudasingwa  na Gahima kariye karungu gashobora kwirenza Nyamwasa

Muri RNC: Agatsiko ka Rudasingwa na Gahima kariye karungu gashobora kwirenza Nyamwasa

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yahuye n’Abahinde, anasura Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yahuye n’Abahinde, anasura Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera,  yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera, yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!
HIRYA NO HINO

Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Real Madrid izahura na Manchester City, Arsenal izahure na Bayern Munichen – Uko Tombola ya 1/4 cya UEFA Champions League yagenze
Amakuru

Real Madrid izahura na Manchester City, Arsenal izahure na Bayern Munichen – Uko Tombola ya 1/4 cya UEFA Champions League yagenze

Ubwanditsi 15 Mar 2024
Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga
Amakuru

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ubwanditsi 13 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru