• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Musanze: Abasore babiri babanaga mu nzu bishwe n’abataramenyekana

Musanze: Abasore babiri babanaga mu nzu bishwe n’abataramenyekana

Ubwanditsi 08 Dec 2016 ITOHOZA

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 6 Ukuboza 2016, mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza,i Musanze ahitwa Nyamuremure, hagaragaye imirambo y’abasore babiri bishwe n’abantu bataramenyekana.

Abishwe ni uwitwaga Musonera Samson na Bizabarimana Jean Claude bari mu kigero cy’imyaka 22 na 25 bakaba bakoraga akazi ko gutwara imizigo mu Mujyi wa Musanze.

Aba basore babanaga mu nzu imwe ahitwa muri tête à gauche mu Mudugudu wa Gatorwa mu Kagari ka Cyabararika, ngo batwawe n’abantu batazwi ku mugoroba ahagana saa tanu, hanyuma mu gitondo basanga bishwe mu gihe bari bazi ko babajyanye kuri Sitasiyo ya Polisi ikorera ku Murenge wa Muhoza.

Abaturage baganiriye na IGIHE dukesha iyi nkuru batangaza ko aho aba basore biciwe hamaze kuba indiri y’ibiyobyabwenge.

Kagayano Thomas yagize ati “Aha hantu hamaze kuba indiri y’abasore bakoresha ibiyobyabwenge kuko ntawe uhanyura nimugoroba ngo batamuhohotera.”

Umwe mu basore wari kumwe n’aba ba nyakwigendera wanze gutangaza amazina ye yavuze ko aba bantu baje gutwara aba basore baje bakubita uwo bahasanze wese ku buryo nawe yakubiswe cyane.

Banyangiriki Médiatrice utuye mu Mudugugudu wa Nyamuremure ahiciwe aba bantu nawe yagize ati “Twumvishe induru batabaza mu ma saa sita z’ijoro ariko tugeze hanze ntitwongera kuyumva dusubira mu nzu.”

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu akaba n’Umugenzacyaha mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Innocent Gasasira yavuze ko hari abantu bakomeje gukorwaho ipererereza kugira ngo ukuri ku rupfu rw’aba basore kumenyekane.

Yagize ati “Ubu ntituramenya neza amakuru y’urupfu rw’aba basore gusa hari abakobwa bivugwa ko bari baturanye ndetse n’abo basangiraga mu kabari turi gukoraho iperereza ngo hamenyekane ukuri kuri ubu bwicanyi.”

Mu bari gukorwaho iperereza harimo n’Umukuru w’Umudugudu wa Gatorwa, Gahutu Antoine abaturage bavuga ko aba basore ngo bafatwa na we yahagaragaye ari kumwe n’ababatwaye baje bitwaje amapingu bamwe bakibwira ko ari abapolisi.

Muri aka gace ka Nyamuremure haheruka gutoragurwa imirambo y’abandi bantu babiri mu mezi abiri ashize.

-4947.jpg

IP Innocent Gasasira

2016-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Ubwanditsi 19 May 2021
Kinazi : Uwarokotse Jenoside  yohererejwe Ubutumwa bugufi buvuga ko we na bagenzi be bazicwa

Kinazi : Uwarokotse Jenoside yohererejwe Ubutumwa bugufi buvuga ko we na bagenzi be bazicwa

Ubwanditsi 01 May 2017
Birakomeye : Rudasingwa Theogene  na Mushiki we uba mu Rwanda  n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bamwe mu bahawe amapeti na Gen. Kale Kayihura bayambuwe
ITOHOZA

Bamwe mu bahawe amapeti na Gen. Kale Kayihura bayambuwe

Ubwanditsi 28 Oct 2018
Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe
HIRYA NO HINO

Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Muri RNC Intambara yongeye kubura, barapfa Abarundi
ITOHOZA

Muri RNC Intambara yongeye kubura, barapfa Abarundi

Ubwanditsi 01 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru