• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 30 Oct 2017 ITOHOZA

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo ahamya ko intambara ubufaransa burwana bukingira ikibaba Abafaransa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi budashobora kuyitsinda.

Yabitangaje ubwo yagiranaga ikiganiro na Tereviziyo y’Abafaransa, TV5 kuri iki cyumweru tariki ya 29 Ukwakira 2017.

Muri icyo kiganiro kitwa Internationales, abanyamakuru babajije Minisitiri Mushikiwabo ibibazo bitandukanye birimo icy’umubano w’u Rwanda n’Ubufaransa nyuma yaho u Rwanda ruhamagaje Ambasaderi warwo mu Bufaransa, Jaques Kabale.

Minisitiri Mushikiwabo yagaragaje ko mu myaka 23 ishize Ubufaransa bwakomeje gushaka uburyo bwasibangamanya ibimenyetso bigaragaza uburyo bwagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri ubu u Rwanda rwahamagaje Ambasaderi warwo mu Bufaransa, Kaques Kabale nyuma yuko umucamanza w’umufaransa yongeye kubyutsa iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana wari Perezida w’u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Minisitiri Mushikiwabo avuga ko u Rwanda rwagerageje gushaka uburyo rwagirana umubano mwiza n’ubufaransa ariko Ubufaransa bwo bugakomeza kunangira, bugatanga amakuru y’ibinyoma ku ihanurwa ry’iyo ndege.

Agira ati “Ubu twahamagaje Amabasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, Jaques Kabale kuko hari ikibazo cy’izo manza zidashira: ukajya kumva ngo habonetse umutangabuhamya, abacamanza basimburana! Birakwiye ko izo ‘ngirwa manza’ zigera aho zikarangira. Niba Ubufaransa butazirangije twe tuzazirangiza.”

Akomeza agira ati “Hano mu Rwanda iyo uvuze ubucamanza bw’Ubufaransa, ntitwumva ubucamanza ahubwo twumva Politiki. Ntabwo ari ubucamanza ahubwo ni Politiki. Hano mu Rwanda iyo uvuze ubucamanza bw’Abafaransa ntacyo twumva.”

Akomeza agaragaza ko izo manza Ubufaransa bwatangije ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana zitari zikwiye kubaho kuko ngo ntako u Rwanda rutangize kugira ngo rugirane umubano mwiza n’Ubufaransa.

Ati “Iyo ntambara u Bufaransa burimo kugira ngo bukingire ikibaba bamwe mu Bafaransa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ni intambara Ubufaransa budashobora gutsinda kuko ni intambara y’ikinyoma.”

Minisitiri Mushikiwabo avuga ko Ubufaransa bukwiye kwemera uruhare rwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ngo izo manza zidashira, raporo zidashira atarizo zizakuraho urwo ruhare rwabwo.

Muri Nzeli 2017, Perezida Paul Kagame na Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa bahuriye i New York bagirana ibiganiro, ubwo bitabiraga inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Abanyamakuru bahereye aho babaza Minisitiri Mushikiwabo icyo bivuze ku mubano w’u Rwanda n’Ubufaransa.

Yabasubije ko icyo cyari igihe cyiza kuko bigaragaza ko Ubufaransa bushaka kugirana umubano mwiza n’u Rwanda kandi ngo byashimishije Perezida Kagame.

Akomeza avuga ko ariko umubano w’ibihugu ushingira ku bintu byinshi. Ati “Ibyo rero ni Ubufaransa buzamenya uko bubyitwaramo.”

Mu Gushyingo 2016, Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside CNLG, yasohoye urutonde rw’abasirikare 22 b’Abafaransa, bashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

-8528.jpg

Minisitiri Mushikiwabo ubwo yari ari mu kiganiro kuri TV5

Yatangaje ko amakuru y’ibinyoma Abafaransa batanga ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, biri mu buryo bwo kuyobya uburari ku ruhare abasirikare b’icyo gihugu bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ngo ni na yo mpamvu nyamukuru itera ubuyobozi bw’Ubufaransa kutemera ko raporo ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimina yakozwe n’impuguke z’Abafaransa muri 2010 irangira.

Iyo raporo ivuga ko misile zahanuye iyo ndege zaturutse mu Kigo cya Gisirikare cya Kanombe.

2017-10-30
Editorial

IZINDI NKURU

U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 26 Sep 2017
Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Editorial 27 Aug 2019
Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Editorial 01 Feb 2019
UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

Editorial 19 Dec 2018
U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 26 Sep 2017
Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Editorial 27 Aug 2019
Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Editorial 01 Feb 2019
UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

Editorial 19 Dec 2018
U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 26 Sep 2017
Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Editorial 27 Aug 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru