• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Ubwanditsi 24 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Isi yose isanzwe ifata Ububiligi nk’igihugu cy’amacakubiri ashingiye ku moko abiri, Wallons na Flamands, bikaba bitangaje kuba mu kinyejana tugezemo, igihugu cyo ku mugabane w’Uburayi wiyita intangarugero muri demokarasi, kikibaswe na politiki nk’iyo iciriritse.

Iryo vangura Ababiligi n’ubu niryo bagicengeza mu karere k’Ibiyaga Bigari, nk’aho ibyo bigishije ubwo bakolonizaga u Rwanda, u Burundi na Kongo bitari bihagije. Ikibazo cya Hutu-Tusi aho kigejeje ibi bihugu uko ari bitatu, amateka azabiryoza Ababiligi.

Iyo politiki isanzwe iciriritse, ubu yarushijeho guhumira ku mirari, bigizwemo uruhare n’abadepite b’Ububiligi ariko bafite inkomoko muri Kongo. Abo nibo batamitse Ababiligi u Rwanda barushinja ibidashoboka, bikarushaho kuborohera kubera ruswa yamunze benshi mu bategetsi b’Ububiligi.

Amahirwe ariko ni uko burya udashobora kubeshya abantu bise, igihe cyose. Urugero ni abadepite b’Ububiligi (biganjemo Abazayirwa) bagerageje gutambamira inkunga Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wageneye Ingabo z’uRwanda ziri muri Mozambike, ariko bikarangira abo bagambanyi batsinzwe. Uwo muryango wimye amatwi ibigambo bisebanya by’abo bakongomani biyita Ababiligi, maze kuwa mbere ushize, icyemezo cyo guha miliyari hafi 30 z’amanyarwanda abasirikari n’abapolisi b’uRwanda bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Mozambike, gishyirwaho umukono ndakuka!

Aho ni politiki mbiligi yari yongeye guta ibaba!

Mu makoraniro mpuzamahanga, abadepite b’Ububiligi bakomoka muri Kongo ntibatinya kuvuga ko muri Kivu y’Amajyaruguru gusa, hari miliyoni 15 z’Abakongomani ” bishwe n’uRwanda”!

Ikibazo si umubare kuko n’umuntu umwe wishwe arababaje. Ariko se iryo barura ryakozwe nande, ryari, kuki bigerekwa ku Rwanda kandi bizwi ko ako gace ka Kongo kamaze imyaka isaga 30 karabaye isibaniro ry’imitwe yitwaje intwaro ikabakaba 260?

Uretse ko abo bakwizabinyoma batanahuriza ku mubare w’abishwe, kuko buri wese avuga umubare we bitewe n’uko yaramutse cyangwa ingano y’ibiyayuramutwe yafashe, n’iyo wateranya abatuye intara za Kivu zombi(Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo) ntiwasanga bageze kuri miliyoni 15!

Uko kudahuza imibare nabyo ni ikimenyetso cy’uko ibivugwa ari ibipapirano by’amakabyankuru, bitesha agaciro politiki mbiligi yiyemeje gutera ikirenge mu cy’abasazi b’i Kinshasa. Dore nk’ubu Madamu Lydia Mutyebele Ngoi, Umunyekongo uri mu nteko y’Ububiligi, avuga ko hishwe miliyoni 10, uhagarariye Kongo muri Loni akavuga miliyoni 15, ab’ i Kinshasa bati ni miliyoni 7, 8, 12…, buri wese mbese agahimba ibyo yumva byatera imbabazi abashukika bwangu.

Ubundi umuhanga mu kuyobya abantu, abeshya ibyo yabanje nibura gukorera “ubugororangingo”. Abategetsi ba Kongo n’ababashyikigiye bo ntacyo bibabwiye, kuko kwisebya babigize umuco.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa”X”, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, nawe yagaragaje amakabyankuru ari mu mibare abo babeshyi bavuga ko ari iy’abavanywe mu byabo n’umutwe wa M23, bo bemeza ko babarirwa muri 7.200.0000, kandi uwo mubare ari uw’abavanywe mu byabo muri Kongo yose uko yakabaye.

Nk’uko Amb. Nduhungirehe abyerekana ashingiye ku bitangazwa n’imiryango mpuzamahanga itagize aho ibogamiye, imibare yo kuwa 30/09/2024 yerekana ko abavanywe mu byabo muri Kivu y’Amajyaruguru bari 1.781000. Mu mezi make abanziriza iyo tariki kandi, ababarirwa mu 865.000 bari bamaze gusubira mu byabo, cyane cyane mu turere tugenzurwa na M23.

Ikindi gitesha agaciro ibivugwa n’abo badepite b’Ababiligi ariko bakorera mu kwaha kwa Perezida Tshisekedi, ni uko abishwe n’abavuye mu byabo bose bagerekwa kuri M23, kandi muri ako gace k’imirwano hari ingabo z’amahanga, ndetse n’indi mitwe y’abicanyi nka FDLR, Mayi-Mayi, CODECO, n’ indi isaga 260 nk’uko twabisobanuye haruguru

Muri make rero, nk’uko na Amb. Nduhungirehe yabitanzemo inama, igisubizo cy’ibibazo bya Kongo si ukuremekanya ibinyoma no kubigereka ku Rwanda.

Yewe igisubizo ntigikwiye gushakirwa mu nzira y’intambara, ahubwo Leta ya Kongo niyitandukanye n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR, nk’uko ibisabwa n’imyanzuro y’inama za Luanda, kandi iyoboke inzira y’ibiganiro hagati yayo n’abayirwanya, by’umwihariko AFC/ M23.

2024-11-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ubwanditsi 12 Jul 2017
Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2018
Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Madame Jeannette Kagame yagizwe umudamu w’indashyikirwa muri Afurika

Madame Jeannette Kagame yagizwe umudamu w’indashyikirwa muri Afurika

Ubwanditsi 30 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim
Mu Mahanga

Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention
POLITIKI

Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye
Amakuru

Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye

Ubwanditsi 30 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru