• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Ubwanditsi 24 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Isi yose isanzwe ifata Ububiligi nk’igihugu cy’amacakubiri ashingiye ku moko abiri, Wallons na Flamands, bikaba bitangaje kuba mu kinyejana tugezemo, igihugu cyo ku mugabane w’Uburayi wiyita intangarugero muri demokarasi, kikibaswe na politiki nk’iyo iciriritse.

Iryo vangura Ababiligi n’ubu niryo bagicengeza mu karere k’Ibiyaga Bigari, nk’aho ibyo bigishije ubwo bakolonizaga u Rwanda, u Burundi na Kongo bitari bihagije. Ikibazo cya Hutu-Tusi aho kigejeje ibi bihugu uko ari bitatu, amateka azabiryoza Ababiligi.

Iyo politiki isanzwe iciriritse, ubu yarushijeho guhumira ku mirari, bigizwemo uruhare n’abadepite b’Ububiligi ariko bafite inkomoko muri Kongo. Abo nibo batamitse Ababiligi u Rwanda barushinja ibidashoboka, bikarushaho kuborohera kubera ruswa yamunze benshi mu bategetsi b’Ububiligi.

Amahirwe ariko ni uko burya udashobora kubeshya abantu bise, igihe cyose. Urugero ni abadepite b’Ububiligi (biganjemo Abazayirwa) bagerageje gutambamira inkunga Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wageneye Ingabo z’uRwanda ziri muri Mozambike, ariko bikarangira abo bagambanyi batsinzwe. Uwo muryango wimye amatwi ibigambo bisebanya by’abo bakongomani biyita Ababiligi, maze kuwa mbere ushize, icyemezo cyo guha miliyari hafi 30 z’amanyarwanda abasirikari n’abapolisi b’uRwanda bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Mozambike, gishyirwaho umukono ndakuka!

Aho ni politiki mbiligi yari yongeye guta ibaba!

Mu makoraniro mpuzamahanga, abadepite b’Ububiligi bakomoka muri Kongo ntibatinya kuvuga ko muri Kivu y’Amajyaruguru gusa, hari miliyoni 15 z’Abakongomani ” bishwe n’uRwanda”!

Ikibazo si umubare kuko n’umuntu umwe wishwe arababaje. Ariko se iryo barura ryakozwe nande, ryari, kuki bigerekwa ku Rwanda kandi bizwi ko ako gace ka Kongo kamaze imyaka isaga 30 karabaye isibaniro ry’imitwe yitwaje intwaro ikabakaba 260?

Uretse ko abo bakwizabinyoma batanahuriza ku mubare w’abishwe, kuko buri wese avuga umubare we bitewe n’uko yaramutse cyangwa ingano y’ibiyayuramutwe yafashe, n’iyo wateranya abatuye intara za Kivu zombi(Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo) ntiwasanga bageze kuri miliyoni 15!

Uko kudahuza imibare nabyo ni ikimenyetso cy’uko ibivugwa ari ibipapirano by’amakabyankuru, bitesha agaciro politiki mbiligi yiyemeje gutera ikirenge mu cy’abasazi b’i Kinshasa. Dore nk’ubu Madamu Lydia Mutyebele Ngoi, Umunyekongo uri mu nteko y’Ububiligi, avuga ko hishwe miliyoni 10, uhagarariye Kongo muri Loni akavuga miliyoni 15, ab’ i Kinshasa bati ni miliyoni 7, 8, 12…, buri wese mbese agahimba ibyo yumva byatera imbabazi abashukika bwangu.

Ubundi umuhanga mu kuyobya abantu, abeshya ibyo yabanje nibura gukorera “ubugororangingo”. Abategetsi ba Kongo n’ababashyikigiye bo ntacyo bibabwiye, kuko kwisebya babigize umuco.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa”X”, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, nawe yagaragaje amakabyankuru ari mu mibare abo babeshyi bavuga ko ari iy’abavanywe mu byabo n’umutwe wa M23, bo bemeza ko babarirwa muri 7.200.0000, kandi uwo mubare ari uw’abavanywe mu byabo muri Kongo yose uko yakabaye.

Nk’uko Amb. Nduhungirehe abyerekana ashingiye ku bitangazwa n’imiryango mpuzamahanga itagize aho ibogamiye, imibare yo kuwa 30/09/2024 yerekana ko abavanywe mu byabo muri Kivu y’Amajyaruguru bari 1.781000. Mu mezi make abanziriza iyo tariki kandi, ababarirwa mu 865.000 bari bamaze gusubira mu byabo, cyane cyane mu turere tugenzurwa na M23.

Ikindi gitesha agaciro ibivugwa n’abo badepite b’Ababiligi ariko bakorera mu kwaha kwa Perezida Tshisekedi, ni uko abishwe n’abavuye mu byabo bose bagerekwa kuri M23, kandi muri ako gace k’imirwano hari ingabo z’amahanga, ndetse n’indi mitwe y’abicanyi nka FDLR, Mayi-Mayi, CODECO, n’ indi isaga 260 nk’uko twabisobanuye haruguru

Muri make rero, nk’uko na Amb. Nduhungirehe yabitanzemo inama, igisubizo cy’ibibazo bya Kongo si ukuremekanya ibinyoma no kubigereka ku Rwanda.

Yewe igisubizo ntigikwiye gushakirwa mu nzira y’intambara, ahubwo Leta ya Kongo niyitandukanye n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR, nk’uko ibisabwa n’imyanzuro y’inama za Luanda, kandi iyoboke inzira y’ibiganiro hagati yayo n’abayirwanya, by’umwihariko AFC/ M23.

2024-11-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zafunguye Ambasade mu Rwanda

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zafunguye Ambasade mu Rwanda

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Leta ya Nkurunziza ntiyorohera Umurundi wifuza kujya mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi  mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Finland haravugwa umupasiteri ugambanira u Rwanda, akaba inshuti ya Bishop Rugagi

Finland haravugwa umupasiteri ugambanira u Rwanda, akaba inshuti ya Bishop Rugagi

Ubwanditsi 01 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pastor Ted Wilson uyobora itorero ry’Abadivantiste ku isi yageze i Kigali mu giterane cy’amavuna
Mu Mahanga

Pastor Ted Wilson uyobora itorero ry’Abadivantiste ku isi yageze i Kigali mu giterane cy’amavuna

Ubwanditsi 13 May 2016
NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara  mu Rwanda kuri uyu wambere”
ITOHOZA

NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara mu Rwanda kuri uyu wambere”

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Bagitifu bakomeje gutabwa muri yombi kubera Amanyanga ya Ruswa no gukoresha  Impapuro mpimbano batanga Amasoko
ITOHOZA

Bagitifu bakomeje gutabwa muri yombi kubera Amanyanga ya Ruswa no gukoresha Impapuro mpimbano batanga Amasoko

Ubwanditsi 08 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru