• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ubundi ikikubwira umuntu uzatsindwa intambara, ntamenya umwanzi we nyawe n’impamvu zatumye afata intwaro. Uku niko bimeze kuri Leta ya Perezida Tshisekedi, yitiranya u Rwanda n’abayirwanya, ntinagire ubushake cyangwa ubushobozi bwo kumva intandaro y’ibibazo.

Byari bisanzwe ko iyo umutwe wa M23 umukubise ikibatsi cy’umuriro Tshisekedi avuza induru ngo ni u Rwanda rubiri inyuma. Yarasakuje amahanga amuhindura umurwayi wo mu mutwe, ahubwo amugira inama yo gushyikirana n’imitwe yitwaje intwaro, irimo na M23. Yabyimye amatwi, ahitamo inzira y’intambara none nayo arimo kuyitsindwa.

Perezida Tshisekedi yabuze ayo acira n’ayo amira, ashaka uwo yegekaho umusaraba umuremereye. Nguko uko yibasira Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’abatutsi, abica, abafungira ubusa, abangiriza n’imitungo, harimo no kubarira inka. Ni ingengabitekerezo ya Jenoside asangiye na ba rukarabankaba bo muri FDLR, dore ko aribo nkoramutima asigaranye.

Ibi Leta ya Tshisekedi yasanze bidahagije kuko bitahagaritse umuvuduko wa M23, atangira guhiga “ibyitso” ngo bikorana n’u Rwanda, neza neza nk’uko ubutegetsi bwa Yuvenali bwabigenje ubwo bwari busumbirijwe ku rugamba na FPR-Inkotanyi. Gutoteza no kwica Abatutsi n’abatari bashyigikiye politiki y’akazu ntibyabujije ingoma ya Habyarimana guhirima. No kwa Tshisekedi biraca amarenga!

Tukiri kuri ibyo byo guhiga bukware”ibyitso”, ubu inkuru ivugwa muri Kongo ni ifungwa rya Freddy Kangudia na Didier Baitopla bari abakozi bakuru mu biro bya Perezida Tshisekedi, bakaba bashinjwa gukorana n’u Rwanda.

Amakuru yizewe kandi aravuga ko uwitwa Jean-Claude Ekolomba Ibalanky wari uhagarariye leta ya Kongo mu biganiro by’amahoro bya Nairobi, yabujijwe gusohoka mu gihugu ndetse ngo akaba yaba yamaze no gutabwa muri yombi. Aba bose bakurikiranyweho “gusohora amabanga y’igihugu no kuyaha u Rwanda”.

Igisiga cy’urwara rurerure cyimena inda. Ngaho Tshisekedi nakomeze yimareho amaboko, amaherezo ubwo buhubutsi azabwicuza.

Mu gihe Perezida Tshisekedi ahugiye mu guhiga”ibyitso by’u Rwanda”, ku rugamba ibintu bikomeje kumucikana.

Nyuma y’aho yifotoreje ngo yazanye indege kabuhariwe mu kurwana, kandi mu by’ukuri ari ukurangaza abaturage, umutwe wa M23 umaze kwigarurira utundi duce. Amakuru ava muri Kivu y’Amajyaruguru arahamya ko kuva tariki 09 Ugushyingo 2022, abarwanyi ba M23 bigaruriye Kanyarucinya, Kamahoro na Kibumba, uduce turi mu bilometero bike cyane uvuye mu mujyi wa Goma, n’umupaka wa Kabuhanga uhuza Kongo n’u Rwanda. Utu duce turaza twiyongera kuri Bunagana, Centre ya Rutshuru, Kiwanja, Rumangabo n’utundi twinshi tugenzurwa na M23 kuva mu mezi make ashize.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na M23 ejo tariki 12 Ugushyingo, riravuga ko uwo mutwe washoboye gusenya ibimodoka by’intambara byinshi by’ingabo za Leta, ndetse unashimangira ko Leta ya Kongo nidahagarika kurasa ahatuwe n’abaturage b’abasivili ”….M23 izajya gufata aho indege n’ibindi bitwaro bihagurukira”, ni ukuvuga mu mujyi wa Goma.

Aho ibyo muri kongo birushirizaho kujya habi, ni uko usanga nta mukuru urusha abandi gushishoza, ngo atange inama yatuma igihugu kidakomeza kwerekeza mu manga. Dore nk’ubu kuwa gatatu ushize, abasenyeri gatolika muri Kongo basohoye itangazo ryemeza ko u Rwanda na Uganda ari byo bihungabanya umutekano wa Kongo, ngo bigamije gusahura ubukungu bwayo. Nyamara iyo baza kureka ubufana no gushyushya abaturage umutwe, ahubwo bagakoresha umutima ushyira mu gaciro, bari gusaba ko imirwano ihagarara, Abanyekongo bakayoboka inzira y’imishyikirano nk’uko badasiba kubigirwamo inama.

Ukwanga atiretse agira ati”ngo turwane”.

 

 

2022-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ubwanditsi 08 May 2021
Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ubwanditsi 21 Jan 2021
Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal

Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal

Ubwanditsi 06 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside
Amakuru

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.
Amakuru

Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Ubwanditsi 27 Sep 2021
Nirukiye ubutunzi nsiga urukundo nyakuri none mbuze byose, nkore iki?
HIRYA NO HINO

Nirukiye ubutunzi nsiga urukundo nyakuri none mbuze byose, nkore iki?

Ubwanditsi 04 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru