• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Leta ya Kongo ku rugamba byayicikanye, Perezida Tshisekedi agafunga umuhisi n’umugenzi ngo ni ibyitso by’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ubundi ikikubwira umuntu uzatsindwa intambara, ntamenya umwanzi we nyawe n’impamvu zatumye afata intwaro. Uku niko bimeze kuri Leta ya Perezida Tshisekedi, yitiranya u Rwanda n’abayirwanya, ntinagire ubushake cyangwa ubushobozi bwo kumva intandaro y’ibibazo.

Byari bisanzwe ko iyo umutwe wa M23 umukubise ikibatsi cy’umuriro Tshisekedi avuza induru ngo ni u Rwanda rubiri inyuma. Yarasakuje amahanga amuhindura umurwayi wo mu mutwe, ahubwo amugira inama yo gushyikirana n’imitwe yitwaje intwaro, irimo na M23. Yabyimye amatwi, ahitamo inzira y’intambara none nayo arimo kuyitsindwa.

Perezida Tshisekedi yabuze ayo acira n’ayo amira, ashaka uwo yegekaho umusaraba umuremereye. Nguko uko yibasira Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’abatutsi, abica, abafungira ubusa, abangiriza n’imitungo, harimo no kubarira inka. Ni ingengabitekerezo ya Jenoside asangiye na ba rukarabankaba bo muri FDLR, dore ko aribo nkoramutima asigaranye.

Ibi Leta ya Tshisekedi yasanze bidahagije kuko bitahagaritse umuvuduko wa M23, atangira guhiga “ibyitso” ngo bikorana n’u Rwanda, neza neza nk’uko ubutegetsi bwa Yuvenali bwabigenje ubwo bwari busumbirijwe ku rugamba na FPR-Inkotanyi. Gutoteza no kwica Abatutsi n’abatari bashyigikiye politiki y’akazu ntibyabujije ingoma ya Habyarimana guhirima. No kwa Tshisekedi biraca amarenga!

Tukiri kuri ibyo byo guhiga bukware”ibyitso”, ubu inkuru ivugwa muri Kongo ni ifungwa rya Freddy Kangudia na Didier Baitopla bari abakozi bakuru mu biro bya Perezida Tshisekedi, bakaba bashinjwa gukorana n’u Rwanda.

Amakuru yizewe kandi aravuga ko uwitwa Jean-Claude Ekolomba Ibalanky wari uhagarariye leta ya Kongo mu biganiro by’amahoro bya Nairobi, yabujijwe gusohoka mu gihugu ndetse ngo akaba yaba yamaze no gutabwa muri yombi. Aba bose bakurikiranyweho “gusohora amabanga y’igihugu no kuyaha u Rwanda”.

Igisiga cy’urwara rurerure cyimena inda. Ngaho Tshisekedi nakomeze yimareho amaboko, amaherezo ubwo buhubutsi azabwicuza.

Mu gihe Perezida Tshisekedi ahugiye mu guhiga”ibyitso by’u Rwanda”, ku rugamba ibintu bikomeje kumucikana.

Nyuma y’aho yifotoreje ngo yazanye indege kabuhariwe mu kurwana, kandi mu by’ukuri ari ukurangaza abaturage, umutwe wa M23 umaze kwigarurira utundi duce. Amakuru ava muri Kivu y’Amajyaruguru arahamya ko kuva tariki 09 Ugushyingo 2022, abarwanyi ba M23 bigaruriye Kanyarucinya, Kamahoro na Kibumba, uduce turi mu bilometero bike cyane uvuye mu mujyi wa Goma, n’umupaka wa Kabuhanga uhuza Kongo n’u Rwanda. Utu duce turaza twiyongera kuri Bunagana, Centre ya Rutshuru, Kiwanja, Rumangabo n’utundi twinshi tugenzurwa na M23 kuva mu mezi make ashize.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na M23 ejo tariki 12 Ugushyingo, riravuga ko uwo mutwe washoboye gusenya ibimodoka by’intambara byinshi by’ingabo za Leta, ndetse unashimangira ko Leta ya Kongo nidahagarika kurasa ahatuwe n’abaturage b’abasivili ”….M23 izajya gufata aho indege n’ibindi bitwaro bihagurukira”, ni ukuvuga mu mujyi wa Goma.

Aho ibyo muri kongo birushirizaho kujya habi, ni uko usanga nta mukuru urusha abandi gushishoza, ngo atange inama yatuma igihugu kidakomeza kwerekeza mu manga. Dore nk’ubu kuwa gatatu ushize, abasenyeri gatolika muri Kongo basohoye itangazo ryemeza ko u Rwanda na Uganda ari byo bihungabanya umutekano wa Kongo, ngo bigamije gusahura ubukungu bwayo. Nyamara iyo baza kureka ubufana no gushyushya abaturage umutwe, ahubwo bagakoresha umutima ushyira mu gaciro, bari gusaba ko imirwano ihagarara, Abanyekongo bakayoboka inzira y’imishyikirano nk’uko badasiba kubigirwamo inama.

Ukwanga atiretse agira ati”ngo turwane”.

 

 

2022-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda

Abanyarwanda 2 bamaze kwitaba imana bazize iyicarubozo bakorewe muri gereza ya CMI – Uganda

Ubwanditsi 05 Sep 2019
Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021

Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021

Ubwanditsi 16 Mar 2021
Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka

Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka

Ubwanditsi 17 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye
POLITIKI

Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Virginia  : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami  Kigeli
ITOHOZA

Virginia : Byatahuwe ko Boniface Bensinge ataracyumvikana n’Umwami Kigeli

Ubwanditsi 04 Jan 2017
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!
Amakuru

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Ubwanditsi 18 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru