• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Umuzamu warindaga Umurenge Sacco yishwe n’abajura, undi arakomereka

Kigali: Umuzamu warindaga Umurenge Sacco yishwe n’abajura, undi arakomereka

Ubwanditsi 20 Jul 2016 Mu Mahanga

Mu ma saha saa saba z’ijoro zo kuri uyu wa 20 Nyakanga 2016, mu Murenge wa Kigali abantu bataramenyekana bateye Umurenge Sacco bica umuntu umwe wayirindaga undi baramukomeretsa.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko abo bagizi ba nabi bateye uwo Murenge Sacco, uherereye mu Kagali ka Ruliba hafi ya Nyabarongo mu Mujyi wa Kigali bakica umuzamu umwe witwa Nsengiyumva Kassim waharindaga nyuma yuko bamuboshye undi mugenzi witwa Uwimana Jean Claude bakamukomeretsa.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Hitayezu Emmanuel yavuze ko polisi ikimara kumenya ayo makuru yahise itabara, ubu iperereza rikaba ryatangiye gukorwa ngo hamenyekane amakuru yose y’iryo sanganya.

SP Hitayezu yagize ati “Muri iri joro ryakeye Polisi yamenyeshejwe ko mu Murege wa Kigali kuri Sacco yaho bita Kigali for Vision abantu bahateye, abantu tutari twamenya, tugishakisha, hateye noneho bica umuzamu waho, bamufashe baramuboha, bishoboke ko basanze asinziriye ntabwo twari twabimenya neza, hanyuma baramwica, mugenzi we baramukomeretsa.”

Polisi ikimara kubimeya yasanze uwo wakomeretse agihumeka, ajyanwa kwa muganga ku Bitaro bya CHUK na ho nyakwigendera akajyanwa ku Bitaro by’Akarere bya Kacyiru.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali yemeza ko abo bagizibanabi bari bagamije kwiba amafaranga ariko umugambi wabo ukaba utagezweho.

“Bigaragara ko bashakaga amafaranga ariko ntabwo babashije kuyageraho kuko aho yari ari yari muri cofre-fort ntabwo babashije kuhagera kuko habananiye kuhafungura, dukeka ko muri uko kurwana bafungura hari umuturage wabyumvise, agiye kureba agira impungenge ni ko kujya kubwira irondo ryari riri aho hafi, riraza ariko basanga bagiye.”

-3350.jpg

SP Hitayezu yemeza ko irondo ryo muri ako gace kabereyemo iryo sanganya rikora n’ubwo ryatabaye rigasanga byabaye ndetse n’ababikoze bamaze kugenda.

Umwanditsi wacu

2016-07-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakiriye abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakiriye abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Muhanga : Perezida Kagame yatangije ikoreshwa rya Drones  mu kugeza amaraso ku barwayi

Muhanga : Perezida Kagame yatangije ikoreshwa rya Drones mu kugeza amaraso ku barwayi

Ubwanditsi 15 Oct 2016
Kenya: Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo cya burundu ahamijwe ubwicanyi

Kenya: Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo cya burundu ahamijwe ubwicanyi

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Ubwanditsi 15 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye
IMIKINO

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye

Ubwanditsi 02 Feb 2016
AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali
Amakuru

AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali

Ubwanditsi 26 Jun 2025
Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi

Ubwanditsi 09 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru