• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye

Ubwanditsi 02 Feb 2016 IMIKINO

Ibihugu byari bitegerejwe kwinjira mu mikino ya kimwe cya kabiri(1/2)cy’irangiza mu irushanwa rya CHAN rikomeje kubera mu Rwanda byara menyekanye nyuma y’aho Mali ikuriyemo Tuniziya na Gineya igasezerera Zambiya kuri za penaliti.

-1971.jpg

Inzovu ziri muri amwe mu ma kipe yakomeje

Amakipe ya Gineya na Mali akaba aje yiyongera kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yasezereye u Rwanda na Cote d’Ivoire yasezereye Cameroun.

Imikino ya 1/4 yabaye ejo ku wa gatandatu tariki 30 Mutarama 2016 n’uyu munsi ku cyumweru tariki 31 Mutarama 2016;aho Kongo yavanyemo u Rwanda irutsinze 2-1 naho Cote d’Ivoire itsinda Cameroun 3-0.

Ni imikino yagaragayemo ishyaka ku makipe yose n’ubwo amwe yasezerewe;kuko mu mukino w’u Rwanda na Kongo byasabye ko hakinwa iminota 120 yose amakipe yombi yananiranywe;aho yari yanganije igitego kimwe ku kindi.Cote d’Ivoire yo yabonye intsinzi bitayigoye cyane kuko yanyagiye Intare z’Inkazi za Cameroun 3 byose ku busa.

-1972.jpg
Congo nayo iri muza komeje

Umukino wa none wahuje Tuniziya na Mali na wo warimo ishyaka ryinshi aho Tuniziya yihariye igice cya mbere.Tunisia yatangiye isatira cyane binyuze kuri ba rutahizamu Akaichi na Bguir bagiye banigaragaza cyane kuva iri rushanwa rya CHAN ryatangira.

Ibintu ntibyakomeje bityo kuko Mali yigaranzuye abarabu ibishyura igitego inashyiramo ikindi cyo kubasezerera;birangira ari 2-1,ndetse bishyira akadomo ku makipe y’abarabu muri iri rushanwa.

Naho umukino wa Zambiya na Gineya wo hagombye kwitabazwa za penaliti ngo haboneke ikipe ikomeza nyuma y’aho iminota 120 yarangiye nta kipe ibashije kureba mu izamu ry’indi.
-1973.jpg
Impaka z’aya makipe zikaba zirangijwe n’abakinnyi ba Gineya bavanyemo Zambiya kuri penaliti eshanu kuri enye hagombye guterwa penaliti zirenga eshanu zisanzwe.

Mu mikino ya 1/2 izakinwa ku wa gatatu no ku wa kane w’icyumweru tuzatangira ejo;Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ikazakina na Gineya mu gihe Cote d’Ivoire izaba ihatana na Mali.


M.Fils

2016-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banamwana Camarade yagizwe Umutoza Mukuru wa Bugesera FC mu gihe gisigaye ngo umwaka w’imikino wa 2024/25 urangiye

Banamwana Camarade yagizwe Umutoza Mukuru wa Bugesera FC mu gihe gisigaye ngo umwaka w’imikino wa 2024/25 urangiye

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Amafoto – Mu isura nshya ibereye ijisho, Ivugururwa ry’inyubako y’imikino ya Petit Stade iragana ku musozo

Amafoto – Mu isura nshya ibereye ijisho, Ivugururwa ry’inyubako y’imikino ya Petit Stade iragana ku musozo

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports itsindiye Rutsiro FC, umutoza wayo wungirije Pedro Miguel yasubiye mu gihugu cya Portugal

Nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports itsindiye Rutsiro FC, umutoza wayo wungirije Pedro Miguel yasubiye mu gihugu cya Portugal

Ubwanditsi 18 Feb 2022
Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Ubwanditsi 14 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Finland haravugwa umupasiteri ugambanira u Rwanda, akaba inshuti ya Bishop Rugagi
INKURU NYAMUKURU

Finland haravugwa umupasiteri ugambanira u Rwanda, akaba inshuti ya Bishop Rugagi

Ubwanditsi 01 Dec 2018
CECAFA : Amavubi yatsinze umukino wa mbere, atsinze Tanzania ntibyayabuza gusezererwa
IMIKINO

CECAFA : Amavubi yatsinze umukino wa mbere, atsinze Tanzania ntibyayabuza gusezererwa

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2
Mu Rwanda

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Ubwanditsi 03 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru