• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri iki cyumweru, mu karere ka Bugesera nibwo hatangijwe amarushanwa yateguwe ku bufatanye bw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA ndetse n’Ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri, FRSS.
Mu mikino yakinwe izajya iba ngarukamwaka ihuza abanyeshuri, mu bahungu Groupe Scolaire Kanazi yanganyije na Groupe Scolaire Nyamata Catholique 2-2, naho mu bakobwa Groupe Scolaire Kayenzi yatsinze Groupe Scolaire Catholique 1-0.

Ni irushanwa ryahawe izina rya CAF African School Championship 2022/ 2023 kubera ko ririmo gukinwa ubu ndetse mu mwaka utaha wa 2023, ni umuhango witabiriwe na Perezida wa FERWAFA Olivier Nizeyimana, umunyamabanga w’iryo shyirahamwe Muhire Henry Padiri Gatete, umuyobozi w’ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri.

Mu bandi bitabiriye iki gikorwa harimo komiseri ushinzwe tekinike n’iterambere ry’umupira w’Amaguru muri FERWAFA, Nkusi Edmond, Rutahizamu w’Amavubi Tuyisenge Jeacques ndetse n’Umuyobozi w’akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage,  Imanishimwe Yvette.

Kuri uyu wa gatandatu kandi mu mupira w’amaguru kandi ikipe ya Rayon Sports yari yerekeje mu karere ka Muhanga gukina n’ikipe yo muri ako karere, ni umukino warangiye ikipe izwi nka Gikundiro itsinze ibitego bitatu kuri kimwe.

Ku ruhande rw’ikipe ya Rayon Sports yari yasuye iyi kipe ya AS muhanga,ibitego byayo  byatsinzwe na Kwizera Pierre uzwi nka Pierrot, rutahizamu Mael Dinjeke ndetse na kapiteni w’ikipe ya Gikundiro Muhire Kevin.

Rayon Sports yishimira igitego cya mbere cya Kwizera Pierrot

Mu bindi byaranze iyi mpera z’iki cyumweru, mu mukino w’intoki wa Basketball ikipe ya REG Basketball Club yari yakiriye ikipe ya Patriots BBC ubera mu nyubako ya Kigali Arena ku mugoroba wo kuwa Gatandatu.

Muri uyu mukino, ikipe ya REG yahabwaga amahirwe menshi yo gutsinda uyu mukino yatsinzwe na Patriots BBC amanota 70 – 63.

Mu mukino wa Volleyball, mu karere ka Gisagara habereye amarushanwa yari yateguwe n’ikipe ya Gisagara VC itangiza irero ry’ikipe yabo y’abana, mu mikino yakinwe mu mpera z’iki cy’umweru mu bagabo ikipe ya UVC yegukanye igikombe itsinze Gisagara VC  amaseti 3-0.

Mu bagore ikipe ya Rwanda Revenue Volleyball Club yegukanye igikombe itsinze ikipe ya Ruhango VC naho mu kiciro cya kabiri cy’abahungu ikipe ya Christ Roi VC .

2022-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025
Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mozambique: Igipolisi cyakajije umutekano w’Umunyarwanda Hitimana Vital uherutse kuraswa
Mu Mahanga

Mozambique: Igipolisi cyakajije umutekano w’Umunyarwanda Hitimana Vital uherutse kuraswa

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées
INKURU NYAMUKURU

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Ubwanditsi 21 May 2018
Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23
Amakuru

Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

RUSHYASHYA 01 Jun 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru