• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri iki cyumweru, mu karere ka Bugesera nibwo hatangijwe amarushanwa yateguwe ku bufatanye bw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA ndetse n’Ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri, FRSS.
Mu mikino yakinwe izajya iba ngarukamwaka ihuza abanyeshuri, mu bahungu Groupe Scolaire Kanazi yanganyije na Groupe Scolaire Nyamata Catholique 2-2, naho mu bakobwa Groupe Scolaire Kayenzi yatsinze Groupe Scolaire Catholique 1-0.

Ni irushanwa ryahawe izina rya CAF African School Championship 2022/ 2023 kubera ko ririmo gukinwa ubu ndetse mu mwaka utaha wa 2023, ni umuhango witabiriwe na Perezida wa FERWAFA Olivier Nizeyimana, umunyamabanga w’iryo shyirahamwe Muhire Henry Padiri Gatete, umuyobozi w’ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri.

Mu bandi bitabiriye iki gikorwa harimo komiseri ushinzwe tekinike n’iterambere ry’umupira w’Amaguru muri FERWAFA, Nkusi Edmond, Rutahizamu w’Amavubi Tuyisenge Jeacques ndetse n’Umuyobozi w’akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage,  Imanishimwe Yvette.

Kuri uyu wa gatandatu kandi mu mupira w’amaguru kandi ikipe ya Rayon Sports yari yerekeje mu karere ka Muhanga gukina n’ikipe yo muri ako karere, ni umukino warangiye ikipe izwi nka Gikundiro itsinze ibitego bitatu kuri kimwe.

Ku ruhande rw’ikipe ya Rayon Sports yari yasuye iyi kipe ya AS muhanga,ibitego byayo  byatsinzwe na Kwizera Pierre uzwi nka Pierrot, rutahizamu Mael Dinjeke ndetse na kapiteni w’ikipe ya Gikundiro Muhire Kevin.

Rayon Sports yishimira igitego cya mbere cya Kwizera Pierrot

Mu bindi byaranze iyi mpera z’iki cyumweru, mu mukino w’intoki wa Basketball ikipe ya REG Basketball Club yari yakiriye ikipe ya Patriots BBC ubera mu nyubako ya Kigali Arena ku mugoroba wo kuwa Gatandatu.

Muri uyu mukino, ikipe ya REG yahabwaga amahirwe menshi yo gutsinda uyu mukino yatsinzwe na Patriots BBC amanota 70 – 63.

Mu mukino wa Volleyball, mu karere ka Gisagara habereye amarushanwa yari yateguwe n’ikipe ya Gisagara VC itangiza irero ry’ikipe yabo y’abana, mu mikino yakinwe mu mpera z’iki cy’umweru mu bagabo ikipe ya UVC yegukanye igikombe itsinze Gisagara VC  amaseti 3-0.

Mu bagore ikipe ya Rwanda Revenue Volleyball Club yegukanye igikombe itsinze ikipe ya Ruhango VC naho mu kiciro cya kabiri cy’abahungu ikipe ya Christ Roi VC .

2022-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Ubwanditsi 30 Aug 2023
Profesa Malonga yabonye umudali wo guteza imbere Igiswahili

Profesa Malonga yabonye umudali wo guteza imbere Igiswahili

Ubwanditsi 12 Oct 2016
Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Ubwanditsi 10 Jun 2024
Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Ongera Umenye Abana b’Interahamwe mu Ihuriro ry’urwango JAMBO ASBL

Ubwanditsi 21 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo kwirukana abakinnyi 5 muri Rayon  hakurikiyeho  uwari Manager
IMIKINO

Nyuma yo kwirukana abakinnyi 5 muri Rayon hakurikiyeho uwari Manager

Ubwanditsi 23 Feb 2016
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere
Amakuru

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi

Ubwanditsi 18 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru