• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakiriye abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakiriye abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 26 Feb 2016 Mu Mahanga

​​“Tubahaye ikaze mu gihugu cyanyu, twizeye ko ibitekerezo muzanye, ubwenge, ubumenyi mwungukiye mu bihugu muvuyemo bizadufasha kubaka Polisi y’u Rwanda ndetse no guteza imbere akazi kayo muri rusange.”

Aya ni amwe mu magambo umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda , IGP Emmanuel K. Gasana yagejeje ku bapolisi 27 bari bavuye mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mu bihugu bya Cote d’Ivoire(ONUCI) havuye 23 na Centrafrika(MINUSCA) havuye 4, mu muhango wo kubakira kuri uyu wa kane taliki ya 25 Gashyantare 2015, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

IGP Gasana yagize ati:” Turashima akazi mwakoze kuko mwahesheje ishema igihugu cyacu, mwatanze inkunga yanyu ku mahoro mpuzamahanga, aha nkaba nizeyeko ubunararibonye mwakuyeyo muzabukoresha neza mu kazi k’imbere mu gihugu kandi mukabusangiza abo mugiye gukorana kugira ngo ishingano za Polisi y’u Rwanda zigerweho.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yongeye ati:” Mu gihe tubashima ariko, namwe mugomba gushimira ubuyobozi bw’iki gihugu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, ku byiza agejejeho igihugu na Polisi y’u Rwanda by’umwihariko byatumye ubu ibarirwa mu Polisi zikomeye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.”

Yavuze ko ubuyobozi bw’igihugu bwemeye ko Polisi y’u Rwanda yakohereza mu gihe cya vuba mu butumwa bw’amahoro itsinda ry’abapolisi b’abagore rishinzwe kurinda abayobozi n’abaturage(FPU), bikaba biri muri gahunda Polisi y’u Rwanda ifite yo kugira amatsinda nk’ayo arindwi mu butumwa bw’amahoro.

Yababwiye ko ibi byose bigomba no ubatera imbaraga zo kongera umurava mu kazi aho bagiye kuko abo bagiye gukorana nabo bazibye icyuho cyabo badahari.
Yakomeje ababwira kandi ko Polisi y’u Rwanda, ubu ihanganye n’ibyaha ndengamipaka byabaye byinshi ikaba ifatanyije n’izindi Polisi zo mu karere n’izo mu bindi bihugu mu gucunga umutekano , aho yabasabye kubigiramo uruhare.

Polisi y’u Rwanda yatangiye kohereza abapolisi mu butumwa bw’amahoro muw’2005, aho batangiye kugira uruhare mu kugarura amahoro , guhindura no guteza imbere imibereho y’abatuye ibihugu bagiye bakoreramo ubwo butumwa.
Kuri ubu, ikaba ifite abapolisi barenga 900 mu butumwa bw’amahoro bugera kuri burindwi barimo n’abakora mu myanya yo mu rwego rwo hejuru.

RNP

2016-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu

Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Karongi : Perezida Kagame yafunguye uruganda rwa KivuWatt

Karongi : Perezida Kagame yafunguye uruganda rwa KivuWatt

Ubwanditsi 17 May 2016
Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubwanditsi 19 Apr 2016
Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Ubwanditsi 21 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano
Mu Rwanda

Nyarugenge: Yafatanywe Impushya ebyiri zo gutwara ibinyabiziga z’inyiganano

Ubwanditsi 08 May 2017
U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC
POLITIKI

U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

Ubwanditsi 12 Jan 2019
Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo

Ubwanditsi 28 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru