• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 May 2017 UBUKUNGU

Tekereza wifitiye akazi kagunganye n’abiwawe, ugakora by’intangarugero, ariko umunsi umwe mu gitondo ukakageraho bati tuvire aha nta kazi gahari !

Kuko uba uzi neza yuko wirukanywe nta kosa ufite, utangira gushakisha uwaba yagize uruhare muri iryo yirukanwa ryawe, abantu bagahimbirwa, inzangano z’ubusa zikaba ziratangiye !

Iyo noneho ugize amahirwe, meza cyangwa mabi, ukamenya uwatumye utakaza akazi ahita aba umwanzi wawe burundu. Waba utari “umutoza w’Intore”, cyane “impamyabigwi”, ugatangira kumuhiga ngo umwihimureho nawe umugirira nabi.
Uko kumwihimuraho bishyirwamo umwete iyo uba wamenye neza yuko aramutse akuviriye mu inzira wahita usubira ku mirimo yawe.

Reka uyu mukozi twavugaga watakaje akazi, nta makosa yagize tumugire wa mukomvayeri (Conductor) wakoraga muri tagisi (Bus) ya Gikondo-mu Mujyi, Gikondo-Remera, Gikondo-Nyabugogo cyangwa Gikondo-Kimironko. Ubusanzwe akazi ka komvayeri ni ako kwishyuza amafaranga , gukinga cyangwa gukingura urugi rw’iyo tagisi iba yarahindutse biro (ofisi) ye.

Iyo mirimo ariko uwo konvayeri wa Gikondo yakoraga, ikoranabuhanga ryarangije kuyimukuraho. Umugenzi yishyura akamashini kometse imbere y’intebe yahoze ari iya komvayeri, akoresheje agakarita yikorezaho gusa ! Naho gukinga cyangwa gukingura urugi bigakorwa na shoferi (driver) aho aba yiyicariye kuri vora (stearing).

Twahisemo Gikondo nk’urugero gusa, ariko n’ahandi henshi muri Kigali bimaze kuhagera, n’aho bitaragera buracya bihageze. Akazi k’ubukomvayeri muri Kigali karagenda gashira vuba vuba nk’uko karangiye kera muri za modoka (Express) ziva muri Kigali zijya hirya no hino mu ntara !

Twahisemo urugero rw’abakomvayeri, kuko twatekereje yuko akazi kabo katumaga bahura n’abantu benshi, ariko imirimo imaze kuvaho (kwicwa) n’ikoranabuhanga ni myinshi, kandi bimaze igihe nk’uko nan’ubu bigikomeje.

Itangazamakuru ryandika (newspapers ) riri mu byambere byahungabanyijwe n’ikoranabuhanga. Kuba utakibona ya mbaga y’abasore bacuruzaga ibinyamakuru muri za gare cyangwa za rompuwe, ntabwo ari uko banze ako kazi ahubwo n’uko katakibaho. Internet yarangije kwica umubare munini cyane w’ibinyamakuru bisohoka ku mpapuro (newspapers), akazi ko kubicuruza nako kajyana na byo !

Abo ikoranabuhanga rimaze kwicira akazi bari basanzwe bakora ni benshi, kandi mu mishinga itandukanye. Abari basanzwe bazi ukuntu i Posita cyari ikomeye cyane, biboneye ukuntu yishwe vuba vuba n’ikoranabuhanga ryaje rifite imikorere yihuse kurusha iya posita. Ibyo ni nka za internet (E-mail) n’ibindi nka Western Union, Tigo Cash cyangwa Mobilo Money !

Hari ibintu Abanyarwanda bakunda, bakaba barabigize umuco ku buryo batabaho neza batabifite. Ibyo ni amasaha n’amaradiyo. Kubera yuko ibyo bikoresho bikunzwe na benshi, n’abantu batari bake bakomeje gushora imari mu bucuruzi bwabyo. Ariko ubwo bucuruzi bw’amasaha n’amaradiyo nabwo bumaze guhungabana ku buryo bushobora no kuzapfa vuba, nabwo bwishwe n’ikoranabuhanga. Ubu umuntu agura telefone (mobile) agasangamo isaha n’iradiyo.

-6585.jpg

Amaradiyo nta bantu benshi bakiyagura kubera yuko baba bayifitiye muri talefone zabo. N’abakigerageza kugura amasaha ni byabindi by’akamenyero kuko iyo atayifite ku kaboko hari ubwo wibona ufite ubwambure ukuntu. Hari n’abazambarira umurimbo, kuko iyo umubajije isaha aho kureba kuyo ku kaboko, akora mu mufuka akareba iyo kuri telefone kuko kenshi iba ariyo iri ku gihe !

Ni ibintu byumvikana yuko abatakaza akazi kabo kubera ikoranabunga bagomba kuba barakarira iryo koranabuhanga. Uwa bwira komvayeri yuko haje ikibazo twa tumashini abagenzi bishyura amatike twapfuye ubutazagaruka, yakwishima cyane kuko yaba agiye guhita asubira ku kazi. Uwaranguye amasaha n’amaradiyo akaba yarabuze abakiriya kubera za telephone zigendanwa abwiwe yuko haje ikibazo tekinike ku buryo nta telephone izaba ifitemo isaha na radiyo, yahita ajya kwisengerera agacupa n’aho yaba yari amaze igihe ahagaritse inzoga !

Ibi by’abantu kwijundika ikoranabuhanga ni ibya kera, tujya tubyiga mu mateka muri cyakindi cyiswe industrial revolution. Mu myaka y’igihumbi maganinani na za mirongo, ikoranabuhanga ryateye imbere cyane mu bihugu by’i Bulayi, aho amamashine yagiye asimbura abantu mu mirimo yabo bikoreraga mu nganda.

Kuko izo mashine zatumye abantu benshi cyane bahinduka abashomeri, abo bantu bafashe gahunda yo kuzajya bagaba ibitero kuri zamashine bakazangiza, ngo babone uko basubirazwa ku kazi !

Ariko ntacyo wageraho urwanije ikoranabuhanga kuko udashobora no kurinesha. Nta kundi ikoranabuhanga tugomba kubana naryo, ahubwo tugerageza uko natwe twarikoresha ku nyungu zacu. Abanyamakuru bo mwitangazamakuru ryandika internet yatangiye kubakuramo nabo bayereka yuko itabarusha ubwenge, bya binyamakuru byabo batangira kubisohorera kuri iyo internet kandi noneho bikagera kure kurusha uko byari bimeze bigisohoka ku mpapuro !

Kayumba Casmiry

2017-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Raporo y’Umuvunyi yagaragaje miliyari za Leta zakoreshejwe nabi n’izarigishijwe mu 2017/2018

Ubwanditsi 31 Dec 2018
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa 7, umukino wa Police FC na Gicumbi FC wahinduriwe amasaha

Ubwanditsi 04 Dec 2021
‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya
HIRYA NO HINO

‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze
Amakuru

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

RUSHYASHYA 03 Jun 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru