• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 17 Mar 2020 UBUKUNGU

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yasohoye itangazo kuwa mbere tariki 16 Werurwe 2020, riburira abacuruzi batangiye kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa cyane cyane ibyo kurya, bitwaje icyorezo cya Coronavirus, ko abazabifatirwamo bazahanwa hakurikijwe itegeko.

Iyo Minisiteri ivuga ibi ishingiye ku itegeko nomero 36/2012 ryo ku wa 21 Nzeri 2012 rigenga ihiganwa mu bucuruzi no kurengera abaguzi.

Inashingira kandi ku igenzura ryakorewe kuri bimwe mu bicuruzwa mu masoko atandukanye yo hirya no hino mu gihugu, rikaba ryarasanze hari ibicuruzwa byazamuriwe ibiciro bitewe n’uko bamwe mu bacuruzi bihisha inyuma y’ibihe bigoye igihugu kirimo bitewe n’icyorezo cya Coronavirus.

Kubera iyo mpamvu, MINICOM irasaba abacuruzi bose ibi bikurikira:

  1. Kwirinda kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa, byaba iby’imbere mu gihugu cyangwa ibituruka hanze yacyo.
  2. Kumanika ibiciro ku buryo bigaragarira abaguzi.
  3. Kwirinda gutanga inyemezabuguzi zidahwanye n’amafaranga bakiriye.
  4. Kwirinda gukoresha ibipimo bitujuje ubuziranenge no gucuruza ibyarengeje igihe.
  5. Kwirinda kubangamira abagenzuzi b’ubucuruzi mu gihe baje babagana.

Iyo Minisiteri yaboneyeho kugaragaza ibiciro bya bimwe mu biribwa, ababicuruza batagomba kurenza haba mu masoko no mu mabutike.

Ibyo bicuruzwa ni:

Umuceri wa Tanzaniya (25Kg), igiciro cyo kurangura ntikigomba kurenga amafaranga ibihumbi 25.500 y’u Rwanda, naho ku badandaza igiciro ntikirenge 1,200Frw ku kilo, mu gihe umuceri w’umunyarwanda (Kigori 25Kg), utarenza 18,500Frw ku barangura na 800Frw ku kilo ku badandaza.

Umuceri w’umunyarwanda (muremure 25Kg), ntugomba kurenza 19,700Frw kurangura na 850Frw ku kilo ku badandaza, naho umuceri wa Pakistan (25Kg) urangurwa ku 21,000Frw ukadandazwa ku giciro kitarenze 900Frw ku kilo, mu gihe uwa Tayilande utagomba kurenza 26.500Frw ku barangura na 1,200Frw ku kilo ku badandaza.

Ibishyimbo by’umutuku ku barangura ntibigomba kurenza 600Frw ku kilo, naho kudandaza ntibirenze 650Frw ku kilo, mu gihe ibya Colta bigomba kurangurwa atarenze 850Frw ku kilo na 1,000Frw ku kilo ku badandaza.

Kawunga (MINIMEX na Iraboneye 25Kg), ntizigomba kurenza 17,000Frw kurangura na 800Frw ku kilo ku badandaza, naho izindi kawunga zikarangurwa ku 15,000Frw zikadandazwa kuri 620Frw ku kilo.

Ibirayi bya Kinigi ku barangura ntibigomba kurenza 380Frw ku kilo, naho abadandaza ntibagomba kurenza 420Frw ku kilo, mu gihe ibirayi by’umweru birangurwa ku yatarenga 280Frw bigacuruzwa ku yatarenze 300Frw ku kilo.

Amavuta yo kurya (5L) arangurwa ku yatarenga 9,000Frw akadandazwa ku 2,200Frw kuri litiro, naho igitoki kikarangurwa atarenze 280Frw ku kilo kigacuruzwa kuri 300Frw ku kilo.

Ifu y’imyumbati ku badandaza, ikilo kimwe kigomba kugura hagati ya 400 na 800, naho ifu ya Kinazi (40Kg) kurangura ntigomba kurenza 23,000Frw, ikagurishwa atarenga 900Frw ku kilo ku badandaza.

Isukari iva hanze (50Kg) ntigomba kurenza 39,500Frw ku barangura na 900Frw ku badandaza mu gihe iya Kabuye (50Kg) itagomba kurenza ibihumbi 42,000Frw ku barangura na 1,000Frw ku kilo ku badandaza.

MINICOM irasaba abaguzi gutanga amakuru mu gihe babona izamuka rikabije ry’ibiciro aho ari ho hose kugira ngo hafatwe ingamba byihuse, bahamagara ku murongo utishyurwa 3739, bakaba banawuherwaho n’andi makuru bifuza.

Iyo Minisiteri kandi ivuga ko abacuruzi batazubahiriza ibikubiye muri iryo tangazo bazahanwa hakurikijwe amategeko.

2020-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Ubwanditsi 05 Apr 2020
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 18 Sep 2019
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa
IMIKINO

Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Feb 2017
Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside
Mu Rwanda

Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Ubwanditsi 02 May 2018
Abayoboke 8 ba Agathon Rwasa  bamaze gutabwa muri yombi  n’inzego z’umutekano
POLITIKI

Abayoboke 8 ba Agathon Rwasa bamaze gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano

Ubwanditsi 05 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru