• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 17 Mar 2020 UBUKUNGU

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yasohoye itangazo kuwa mbere tariki 16 Werurwe 2020, riburira abacuruzi batangiye kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa cyane cyane ibyo kurya, bitwaje icyorezo cya Coronavirus, ko abazabifatirwamo bazahanwa hakurikijwe itegeko.

Iyo Minisiteri ivuga ibi ishingiye ku itegeko nomero 36/2012 ryo ku wa 21 Nzeri 2012 rigenga ihiganwa mu bucuruzi no kurengera abaguzi.

Inashingira kandi ku igenzura ryakorewe kuri bimwe mu bicuruzwa mu masoko atandukanye yo hirya no hino mu gihugu, rikaba ryarasanze hari ibicuruzwa byazamuriwe ibiciro bitewe n’uko bamwe mu bacuruzi bihisha inyuma y’ibihe bigoye igihugu kirimo bitewe n’icyorezo cya Coronavirus.

Kubera iyo mpamvu, MINICOM irasaba abacuruzi bose ibi bikurikira:

  1. Kwirinda kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa, byaba iby’imbere mu gihugu cyangwa ibituruka hanze yacyo.
  2. Kumanika ibiciro ku buryo bigaragarira abaguzi.
  3. Kwirinda gutanga inyemezabuguzi zidahwanye n’amafaranga bakiriye.
  4. Kwirinda gukoresha ibipimo bitujuje ubuziranenge no gucuruza ibyarengeje igihe.
  5. Kwirinda kubangamira abagenzuzi b’ubucuruzi mu gihe baje babagana.

Iyo Minisiteri yaboneyeho kugaragaza ibiciro bya bimwe mu biribwa, ababicuruza batagomba kurenza haba mu masoko no mu mabutike.

Ibyo bicuruzwa ni:

Umuceri wa Tanzaniya (25Kg), igiciro cyo kurangura ntikigomba kurenga amafaranga ibihumbi 25.500 y’u Rwanda, naho ku badandaza igiciro ntikirenge 1,200Frw ku kilo, mu gihe umuceri w’umunyarwanda (Kigori 25Kg), utarenza 18,500Frw ku barangura na 800Frw ku kilo ku badandaza.

Umuceri w’umunyarwanda (muremure 25Kg), ntugomba kurenza 19,700Frw kurangura na 850Frw ku kilo ku badandaza, naho umuceri wa Pakistan (25Kg) urangurwa ku 21,000Frw ukadandazwa ku giciro kitarenze 900Frw ku kilo, mu gihe uwa Tayilande utagomba kurenza 26.500Frw ku barangura na 1,200Frw ku kilo ku badandaza.

Ibishyimbo by’umutuku ku barangura ntibigomba kurenza 600Frw ku kilo, naho kudandaza ntibirenze 650Frw ku kilo, mu gihe ibya Colta bigomba kurangurwa atarenze 850Frw ku kilo na 1,000Frw ku kilo ku badandaza.

Kawunga (MINIMEX na Iraboneye 25Kg), ntizigomba kurenza 17,000Frw kurangura na 800Frw ku kilo ku badandaza, naho izindi kawunga zikarangurwa ku 15,000Frw zikadandazwa kuri 620Frw ku kilo.

Ibirayi bya Kinigi ku barangura ntibigomba kurenza 380Frw ku kilo, naho abadandaza ntibagomba kurenza 420Frw ku kilo, mu gihe ibirayi by’umweru birangurwa ku yatarenga 280Frw bigacuruzwa ku yatarenze 300Frw ku kilo.

Amavuta yo kurya (5L) arangurwa ku yatarenga 9,000Frw akadandazwa ku 2,200Frw kuri litiro, naho igitoki kikarangurwa atarenze 280Frw ku kilo kigacuruzwa kuri 300Frw ku kilo.

Ifu y’imyumbati ku badandaza, ikilo kimwe kigomba kugura hagati ya 400 na 800, naho ifu ya Kinazi (40Kg) kurangura ntigomba kurenza 23,000Frw, ikagurishwa atarenga 900Frw ku kilo ku badandaza.

Isukari iva hanze (50Kg) ntigomba kurenza 39,500Frw ku barangura na 900Frw ku badandaza mu gihe iya Kabuye (50Kg) itagomba kurenza ibihumbi 42,000Frw ku barangura na 1,000Frw ku kilo ku badandaza.

MINICOM irasaba abaguzi gutanga amakuru mu gihe babona izamuka rikabije ry’ibiciro aho ari ho hose kugira ngo hafatwe ingamba byihuse, bahamagara ku murongo utishyurwa 3739, bakaba banawuherwaho n’andi makuru bifuza.

Iyo Minisiteri kandi ivuga ko abacuruzi batazubahiriza ibikubiye muri iryo tangazo bazahanwa hakurikijwe amategeko.

2020-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Ubwanditsi 24 Mar 2018
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Ubwanditsi 11 Dec 2019
Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Ubwanditsi 29 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye
SHOWBIZ

MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara
UBUKUNGU

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Umugore utwite yakubiswe n’umugabo we ngo nk’ukubita imbwa ye atitaye ko anatwite Aramukomeretsa
HIRYA NO HINO

Umugore utwite yakubiswe n’umugabo we ngo nk’ukubita imbwa ye atitaye ko anatwite Aramukomeretsa

Ubwanditsi 07 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru