• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Ubwanditsi 05 Apr 2020 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko inguzanyo ya miliyoni 100.4$ ni ukuvuga miliyari 104 Frw, yagurijwe n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF, azakoreshwa mu rwego rw’ubuzima ndetse no kugoboka abaturage bagizweho ingaruka n’ingamba zo kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus, bahabwa ibiribwa.

Aya mafaranga yatanzwe mu rwego rw’inguzanyo zihuse (Rapid Credit facility), zihabwa ibihugu biri mu nzira y’amajyambere igihe bifite impamvu zihutirwa zikeneye gushyirwamo amafaranga, zikishyurwa by’igihe kirekire kandi zihendutse.

Ni inguzanyo u Rwanda rwahawe nyuma y’icyumweru kimwe ruyisabye, ikaba iri ku nyungu ya 0%, ikazishyurwa mu gihe cy’imyaka 10 uhereye mu myaka itanu n’igice iri imbere.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yabwiye RBA, ko aya mafaranga atagenewe umushinga runaka, ahubwo ari ayajya mu ngengo y’imari akaziba icyuho giterwa n’uko muri iki gihe leta igomba gukoresha amafaranga menshi cyane cyane nko mu rwego rw’ubuzima.

Ati “Kugira ngo haboneke ibyangombwa byose byo gupima abantu, kuvuza ababonetseho uburwayi no kubona ibikoresho bitandukanye ndetse no gutabara abaturage badafite imirimo bakeneye iby’ibanze cyane cyane nk’ibyo kurya, ibyo ni ibintu bitari biteganyijwe mu ngengo y’imari byasabye ko dukoresha ayo dufite ariko dushaka n’andi yo kugira ngo azibe icyo cyuho”.

Minisitiri Ndagijimana avuga ko kimwe n’ahandi ku Isi, icyorezo cya Coronavirus kizagira ingaruka ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda, aho muri uyu mwaka bushobora kuzazamuka kuri 5.1% aho kuba 8.1% nk’uko byari byitezwe.

Ati “Ingengo y’imari izagirwaho ingaruka n’ubwoko bubiri; icya mbere ni uko amafaranga yagombaga kwinjira mu isanduku ya leta ava mu misoro azagabanuka urebye no ku bucuruzi byagaragaye ko amahoro yatangiye kugabanuka avuye ku bitumizwa hanze ariko n’imisoro y’imbere mu gihugu bitewe n’uko ibikorwa nabyo byasubiye inyuma, birasobanura ko n’imisoro ivamo nayo izagabanuka”.

“Icyuho cya kabiri kijyanye no gukoresha amafaranga menshi mu bintu bitunguranye. Twasubiye mu mibare yacu ijyanye n’imizamukire y’ubukungu, muzi ko umwaka ushize twari twageze ku muvuduko w’umusaruro mbumbe wa 9.4% ubwo ni 2019, muri uyu mwaka kubera nyine icyorezo, ubu twasubiye mu mibare dufatanyije n’ikigega mpuzamahanga cy’imari turateganya ko umuvuduko wamanuka ukagera kuri 5.1%”.

Uretse guhabwa inguzanyo na IMF, u Rwanda ruri mu biganiro na Banki y’Isi na Banki Nyafurika Itsura amajyambere, mu gushaka amafaranga yo kuziba icyuho mu bukungu bwarwo no guhangana na Coronavirus.

Minisitiri Ndagijimana asobanura ko izi nguzanyo nta kibazo zizateza ubukungu bw’igihugu kuko nk’iyatanzwe na IMF, izatangira kwishyura mu myaka itanu n’igice kandi ubukungu buzaba bwarazamutse ku buryo n’ubushobozi bwo kwishyura buzaba bwaramaze kwiyongera.

Ikindi kandi ni uko buri gihugu kiguza gishingiye ku bushobozi bwo kwishyura, bityo kikaba kitafata amafaranga arengeje ubushobozi busanzwe buteganyijwe bwo gukoresha inguzanyo.

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko kugeza kuri uyu wa 3 Mata 2020, umubare w’abarwayi ba Coronavirus mu gihugu umaze kugera kuri 89.

Src: IGIHE

2020-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017
BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Ubwanditsi 19 Mar 2020
U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Ubwanditsi 24 Jul 2018
U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

Ubwanditsi 13 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya- Argentine Marco Trungelliti yegukanye igikombe cy’icyumweru cya kabiri cya Rwanda Challenger atsinze Clément Tabour amaseti 2-0
Amakuru

Umunya- Argentine Marco Trungelliti yegukanye igikombe cy’icyumweru cya kabiri cya Rwanda Challenger atsinze Clément Tabour amaseti 2-0

Ubwanditsi 11 Mar 2024
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP
UBUKUNGU

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga
UBUKUNGU

Perezida Kagame yasabye imbaraga mu gukurikirana ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 30 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru