• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Feb 2017 IMIKINO

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Hatumimana Christian na Uwera Jeanette yabataye muri yombi, bakurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo no gutanga ruswa mu matora aheruka gukorwa mu Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda.

Aya matora yasize Nkurunziza Gustave usanzwe ari umuyobozi atsinze n’amajwi 18 ku icyenda ya Leandre Karekezi, yakurikiwe n’ amakuru yacicikanaga ko hari amafaranga atagira ingano yatanzwe kugira ngo bamwe mu bayobozi b’amakipe babe batora Nkurunziza Gustave.

Umuvugizi wa Police y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali SP Hitayezu Emmanuel, yavuze ko Hatumimana Christian usanzwe ari umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda hamwe na Uwera Jeanette usanzwe ari umubitsi waryo, bari mu maboko ya Police kuva kuwa gatatu tariki ya 8 Gashyantare 2017.

Avugana n’Igihe.com dukesha iyi nkuru yagize ati : “Ni byo abo bayobozi babiri bari mu maboko ya Police,ibyaha bakurikiranyweho harimo kunyereza umutungo w’iri shyirahamwe. Kuba bifite aho bihuriye no gutanga ruswa mu matora, biri mu byo tugikurikirana kuko iperereza riracyakomeje”.

SP Hitayezu Emmanuel yakomeje avuga ko iperereza ryabaye rifashe abo bayobozi bombi (umubitsi n’umunyamabanga) gusa ko kugeza ubu bagikurikirana ngo barebe niba haba hari abandi baba bari inyuma yabyo.

Kuwa gatandatu tariki ya 4/2/2017, kuri stade Amahoro, habereye amatora y’umuyobozi mushya mu ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball, FRVB, wagombaga gusimbura Nkurunziza Gustave wari usanzwe ayobora iri shyirahamwe gusa na we akaba yari mu biyamamaje kongera kuyobora nkuko amategeko abimwemerera.

Nkurunziza Gustave wari waragiye anengwa na benshi mu bakurikiranira hafi uyu mukino kubera uburyo wagendaga usubira inyuma umunsi ku munsi, yaje gutsinda amatora ku buryo butunguranye yegukana amajwi 18 kuri 27 y’abatoye kuri uwo munsi, ni ko kongera kuba umuyobozi w’ iri shyirahamwe atsinze Karekezi Leandre wahoze ari Mayor w’akarere ka Gisagara.

Amakuru yahise atangira gucicikana nyuma y’aya matora, ni uko abayobozi b’amakipe bagera kuri 20 muri 27 bagombaga gutora, ngo baje kuganirizwa mbere, aya makuru avuga ko buri umwe yaba yarahawe ibihumbi magana atandatu (600 000Frw) ngo azatore Nkurunziza Gustave asubire ku buyobozi.

Aya mafaranga agera kuri miliyoni 12 mu manyarwanda(12 000 000FRW), bivugwa ko yaje kuva kuri “Compte” ya komite olimpike icyumweru kimwe mbere y’amatora, ashyirwa kuya FRVB muri gahunda ya Solidarite Olimpike nkuko amakuru akomeza abitangaza. Aya mafaranga aho gukoreshwa mu iterambere ry’uyu mukino, akaba yarahise ashorwa mu matora nkuko bitangazwa, gusa iperereza rikaba rigikomeje.

Christian Hatumimana wari umunyamabanga ni umwe mu batawe muri yombi

2017-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ubwanditsi 05 Mar 2021
Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Ubwanditsi 10 Nov 2017
Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021
Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa

Kiyovu SC yasinyishije Aimable Nsabimana utarahiriwe muri Saudi Arabia, Bugesera FC na APR FC barakina umukino w’ikirarane, uwa Rayon na AS Kigali urasubikwa

Ubwanditsi 04 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yegukanye igikombe cy’Intwari itsindiye Police FC kuri Penaliti
Amakuru

APR FC yegukanye igikombe cy’Intwari itsindiye Police FC kuri Penaliti

Ubwanditsi 01 Feb 2025
Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza
INKURU NYAMUKURU

Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Ubwanditsi 26 May 2020
Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.
Amakuru

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Ubwanditsi 27 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru