• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: CMI yakwirakwije umujyi wa Kampala inkoramutima za RNC mu guhiga bukware abanyarwanda 

Uganda: CMI yakwirakwije umujyi wa Kampala inkoramutima za RNC mu guhiga bukware abanyarwanda 

Ubwanditsi 04 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Amakuru tugikomeza gukusanya tuzabagezaho neza mu minsi iri imbere aturuka I Kampala muri Uganda avuga ko Kayumba Nyamwasa, kuva kuri uyu wa kane w’icyumweru dushoje ari kwidegembya k’ubutaka bwa Uganda mu gihe yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi.

Aya makuru avuga ko yagaragaye ari kumwe na bamwe mu bantu bakomeye muri Uganda  ahitwa Garuga hafi ya Lake Victoria ndetse yongera no kugaragara Entebbe.

Aya makuru kandi duhabwa n’umuntu wizewe mu nzego z’ubutasi bwa Uganda avuga ko inzego z’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda [ CMI ] ziri gukoresha inkoramutima za RNC mu rwego rwo guhiga abanyarwanda.

Kayumba Nyamwasa

Hashyizweho kandi amatsinda ndetse n’uduhimbaza musyi tugenerwa aberekanye aho Umunyarwanda yaba ari hose, ucyekwaho kuba akorana n’u Rwanda, muri aba harimo aba motari ba Boda boda ndetse bashobora kuba ari abamotari b’abanyarwanda bakorera akazi kabo muri Uganda, cyangwa se abashoferi , abakomvayeri ba za bisi  ndetse n’abashoferi baba bari kuri za Gare zinyuranye ziparikamo Bus ziturutse mu Rwanda  ndetse n’abandi bantu baba bihagarariye badafite icyo barimo gukora.

Ibi byashyizwe ahagaragara na  Rogers Donne Kayibanda, w’imyaka  43,waje kwirukanwa n’ubuyobozi bwa Uganda ku wa Gatanu  1 Werurwe 2019,  kuva  I Kampala aho yari amaze imin si 49 mu buroko bwa gisirikare Mbuya mu Mujyi wa Uganda Kampala.

Kayibanda waje gushimutwa n’inzego z’ubutasi bwa gisirikare cya Uganda ku wa 11 Mutarama 2019, ifatwa rye ryaje gutangazwa mu binyamakuru bitari bike, aho yaje kumenya amakuru menshi ubwo yari mu buroko amakuru yabwirwaga n’imfungwa bagenzi be, abenshi muri bo bakaba bari Abanyarwanda.

“Iyo uri mu buroko, uhigira byinshi kubera ibyo uba urimo kumva,” amagambo yavuzwe na  Kayibanda. “ Ibyo abantu bakundaga kujya basubiramo inshuro nyinsi nuko ngo urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda burimo gutanga igihembo ku muntu wese werekanye umunyarwanda ukekwaho kuba intasi y’URwanda amadolari ya Amerika ari hagati ya US$ 80-100O, abamenyereye aho baba bazi neza ururimi rw’ikigande bazwi nk’ABAYAYE (INGEGERA ZO MU MUJYI).

“Ubusanzwe bene aba bantu baba bahora bashonje, iyo rero babonye uburyo bwo kubona amaramuko ntibazuyaza, bahita berekana uwariwe wese ngo n’Intasi y’URwanda bityo iyo nzirakarengane igatabwa muri yombi ikahagorerwa bigatinda, nkuko bitangazwa na,” Rogers. “Mbese ni ugukurikira munyarwanda uwariwe wese uvuye muri bisi uvuga ikinyarwanda maze bakamutanga  nta cyindi.”

Akaga Kayibanda yahuye nako katangiriye ku munsi wa  (11 Mutarama 2019 ) ubwo yari ahitwa Kisaasi mu cyengero z’Umujyi wa Kampala , ubwo yarimo gusangira n’inshuti ze. Nyuma yaje kujya mu Mujyi agiye gutaha ubukwe bwa murumuna we. Nyuma, ubwo bari bagiye muri sawuna, mu kuvayo bagiye mu kabari n’inshuti ze za cyera. Rogers yavukiye muri Uganda kandi akaba agifite yo Inshuti nyinshi. Afite abavandimwe bagituye yo, kandi na nyina akaba ariho  agituye. Avuga ko yarimo kwibuka ibihe bya cyera n’inshuti ze basangira icyo kunywa ubwo umuntu yahingukiraga mu mbuga y’akabari agahita amusanga.

“Uyu mugabo yambwiye ko njya iruhande tukagira ibyo tuvugana mu gihe cyingana n’umunota.” Rogers akavuga ko yakoze ibyo yari yasabwe ariko mbere yo kumenya ibyari bigenderewe, abagabo bandi batanu bari bamaze kumuzenguruka, mu gukomeza kubasobanurira ko ntacyo yari yakoze cyibi, baramufashe bamujugunya mu mudoka yari ifite ibirahure bya fime . “Mu mudoka bari banzengurutse impande zombi, nuko batangira gukurayo imbunda, ndavuga nti akanjye kararangiye, ndi umupfu ubungubu!”

Wenda hari umuntu wari wamwumvise we n’inshuti ze bavuga iby’iKigali, nuko akajya kubwira CMI, akaba ari uko Rogers yibajije.

Rogers Donne Kayibanda, yafatiwe  i Kampala ubwo yajyaga mubukwe bw’umuvandimwe we

Kayibanda si we munyarwanda wambere washimuswe, akanakorerwa iyicarubozo na (CMI), no gufungirwa ahantu hatazwi.

Abanyarwanda batabarika bafashwe muri bene ubu buryo, ari nako bafungirwa ahantu hatazwi, ku buryo muri iki cyumweru URwanda rurimo kugira inama abenegihugu barwo kutajya bagirira ingendo muri Uganda mu rwego rwo gukingira ubuzima bwabo.

Nkuko ubuyobozi bwo mu Rwanda bubitangaza, ngo ni uburyo bwo kurinda abaturage barwo bene iri shimutwa, ifungwa rya hato na hato.

Kayibanda avuga ko ubwo yari muri iyo mudoka, ngo bafashe icyintu cyiremereye bakimugereka ku mutwe, ngo cyari ikintu cyimeze nk’ingofero nini, kandi ngo bari bamwambitse amapingu ku maboko. Ibi ni kimwe nk’ibyabaye kuri Muhawenimana, Umunyarwanda waje gufatwa n’inzego z’ubutasi z’igisirikare cya Uganda ubwo yari yagiye gushakisha aho umuvandimwe  we ari.

Undi Munyarwanda nawe wafashwe mu buryo bumwe nawe yasobanuye ko nawe bamushyizeho  icyintu cyimeze nk’ingofero nini, bakanamwambika amapingu ubwo bamutwaraga ahoyari agiye gufungirwa.

Rogers avuga ko ubwo bageraga Mbuya, ariko ntiyari ahazi, ariko nyuma y’iminsi mike, yaje kumenya ko aho yari afungiye hitwa Mbuya, ubwo bajyaga kumwambura umukandara, ikotomoni, isaha n’inkweto.

Ubwo yari kuri CMI, Rogers avuga ko umuntu wambere wamuhase ibibazo yamubajije niba yari umu majoro mu ngabo z’URwanda.

“Namubwiye ko ntigeze mba mu gisirikare icyo aricyo cyose,” Ati :Rogers nta mikino hano, uri umusirikare w’URwanda Majoro!” Ntabwo ndiwe!”

“Urashaka nzane umuntu wo kugukubita? Vugisha ukuri mu rwego rwo kwirinda kubabazwa!” Ndavugisha ukuriI!”

Rogers avuga ko uwo mugabo yaje kongera kumushyiraho cya kintu cyimeze nk’ingofero ku mutwe nuko bahita bamutwara muri korodori acyambaye amapingu. Aho yahamaze indi iminsi itatu, nuko ubwo baje kongera kumushyira undi muntu wamuhataga ibibazo waje gusubira mu bibazo yari yabajijwe nu uwari wabanje kumuhata ibibazo. Ubwo yari muri korodori, baje kongera kumusunika.

Rogers avuga ko ubwo yari aho, yahamaze nibyumweru bibiri, ari naho yaryamaga, akahicara bakanamugaburira akawunga kaboze yariraga kuri sima hasi. Nuko bamutwaye mu gice cyo hasi yitaje, ahabera ibintu bibi byinshi, imfungwa nyinshi ziriyo ni abanyarwanda, kandi benshi muri bo bakomeretse bikabije kubera inkoni, kuko hari iyicarubozo rikabije!

Umwe mu bagabo bahafungiye yakubiswe cyane ku buryo amaguru ye yavunitse.Undi nawe yavunitse akaboko.” Rogers akaba avuga ko we yagize amahirwe kuba atarigeze akubitwa nkuko abandi banyarwanda bakubitwab ndetse no gukorerwa iyicaruboz ritandukanye.

Ariko kandi ngo umuryango wa Kayibanda ukaba wari usanzwe uziranye nuwa Shefu wa (CMI), Brig. Gen. Abel Kandiho ufite nyina w’umunyarwandakazi  mu bihe byashize,  Kandiho yari umuntu watinywaga bikabije muri Uganda, mbese yaricaga akanacyiza, yakoraga icyo ashatse, abo bambari be mameze nk’ingegera bafata bakanafunga inzirakarengane mu buryo bunyuranye n’amategeko .

Kandiho Abel  ubwo yagirwaga  Brig. Gen.

Mu gihugu cyirangwa n’akavuyo nka Uganda Kandiho ni umugenzacyaha, akaba n’umushinjacyaha ndetse akaba n’umucamanza ku nzirakarengane aba yafashe.

2019-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!

Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!

Ubwanditsi 11 Aug 2022
Alex Kanyankole wayoboraga BRD yirukanywe

Alex Kanyankole wayoboraga BRD yirukanywe

Ubwanditsi 07 Dec 2017
“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

Ubwanditsi 07 Oct 2024
Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Ubwanditsi 05 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.
Amakuru

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ubwanditsi 30 Apr 2021
Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin
Amakuru

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Ubwanditsi 27 Oct 2023
Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu
Amakuru

Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 21 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru