• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatsinzwe na APR FC y’abakinnyi 10, Muhadjiri ahabwa indi karita y’umutuku

Rayon Sports yatsinzwe na APR FC y’abakinnyi 10, Muhadjiri ahabwa indi karita y’umutuku

Ubwanditsi 26 Feb 2018 IMIKINO

Rayon Sports yatsinzwena APR FC igitego 1-0 cyatsinzwe na Muhadjiri Hakizimana waje no guhabwa indi karita y’umutuku mu gice cya mbere cy’umukino w’ikirarane cy’umunsiwa 10 wa Azam Rwanda Premier League.

Abakinnyibabanjemo kumpande zombi:

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric (1) (C), Mutsinzi Ange (5), Rutanga Eric (3), UsengimanaFaustin (15), Manzi Thierry (4), Niyonzima Olivier (21), Muhire Kevin (8), Kwizera Pierrot (23), Ismailla Diarra (20), Nahimana Shassir (10), Manishimwe Djabel (28)

APR FC: Kimenyi Yves (21), Omborenga Fitina (25), Imanishimwe Emmanuel (24), Buregeya Prince (18), Rugwiro Herve (4), Mugiraneza Jean Baptiste (7) (C), Nshimiyimana Amran (5), Iranzi Jean Claude (12), Rukundo Dennis(28), Issa Bigirimana (26), Muhadjiri Hakizimana (10).

Umukino watangiye amakipe yombi asa n’acungana ku jisho nk’uko bisanzwe mu mikino ihuza aya makipe, Rayon Sports igakunda kwiharira umupira ariko APR FC ikanyuzamo igasatira bitunguranye, ari na cyo cyayifashaga gukorerwaho amakosa menshi mu minota 30 ya mbere.

Gusatira itunguranye no gutindana umupira kwa Rayon Sports, byabaye amahirwe kuri APR FC kuko ku munota wa 27, ku mupira wari utakajwe na ba myugariro b’iyokipe yambara ubururu n’umweru, Muhadjiri Hakizimana yaje gufata umupira acenga neza ashakisha uburyo abona neza izamu, maze atera ishoti mu nguni yaryo, igitego kiba kirinjiye.

Nyuma y’umunota umwe gusa, Muhadjiri Hakizimana yongeye gusatira atunguranye, atera ishoti rikomeye ariko umupira ukubita ku mutambiko w’izamu maze ujya hanze, abafana ba Rayon Sports barushaho kudagadwa, bibaza ko bagiye gutsindwa byinshi.

Rayon Sports yabaye nk’iyinyaye mu isunzu, ishakisha uburyo yakwishyura igitego ari na ko ikomeza kwiharira umupira, maze ku munota wa 30, Muhire Kevin ahindura umupira imbere y’izamu maze Migi araserebeka awushyira muri koroneri yatewe neza ariko Shassir Nahimana akojejeho ikirenge ngo asunikire umupira mu rushundura, Umunyezamu Kimenyi Yves arawufata.

Nyuma y’umunota umwe, Rayon Sports yongeye gusatira ku mupira Mutsinzi Ange yambuye Iranzi Jean Claude, azamuka yiruka, ahereza Kwizera Pierrot wagerageje atera ishoti maze umupira uca ku ruhande.

Mu kibuga ibintu byaje kuba ibindi ku munota wa 40 ubwo Muhadjiri Hakizimana yerekwaga ikarita y’umutuku nyuma y’aho umusifuzi w’umukino atangaje ko yigushije mu rubuga rw’amahina ubwo yahuriraga na Usengimana Faustin ku mupira, ibyo akabihanishirizwa ikarita y’umuhondo yabaye iya kabiri kuri we kuko yari yahawe indi ubwo yatsindaga igitego agahita akuramo umwambaro we wo hejuru.

N’ubwo Muhadjiri yahawe ikarita y’umutuku hasigaye iminota 5 ngo igice cya mbere kirangire, ntacyo byahinduye ku migendekere y’umukino kuko igice cya mbere cyarangiye ari igitego 1-0.

Ubwo igice cya kabiri cyatangiraga, Umutoza wa Rayon Sports, Karekezi Olivier yatangiye gushakira ibisubizo ku ntebe y’abasimbura, yinjiza Bimenyimana Bonfils Caleb akuramo Nahimana Shassir utahiriwe n’uyu mukino, ndetse nyuma y’iminota ibiri akuramo Niyonzima Olivier ‘Sefu’ hinjira Yannick Mukunzi.

Rayon Sports yakomeje kugerageza mu buryo bwinshi butandukanye dore ko igice kinini cy’umukino yagikiniye mu gice cy’ikibuga cya APR FC.

Nyuma yo kubona ko asumbirijwe, ku munota wa 63, Umutoza wa APR FC, Jimmy Mulisa yakuyemo Iranzi Jean Claude yinjiza Nshuti Innocent kugirango arebe ko ubusatirizi bwe bwakwiyongeramo imbaraga bityo Rayon Sports igabanye kumwotsa igitutu.

Ibyo bisa n’aho na byo nta kinini byahinduye ku mukino kuko Rayon Sports yakomeje kwiharira umupira no gusatira APR FC, bituma ku munota wa 71, Umutoza Jimmy Mulisa yongera gusimbuza, akuramo Rukundo Dennis yinjiza Martin Fabrice Twizerimana.

Igitego cyakomeje kuba ingume ku mpande zombi, maze ku munota wa 75 Umutoza Karekezi akuramo Ismailla Diarra utagize kinini afasha Rayon Sports muri uyu mukino yinjiza Irambona Gisa Eric.

Umukino wakomeje kuba utyo kugeza ubwo iminota isanzwe y’umukino yarangiraga hongerwaho itatu, na yo ntiyagira impinduka izana, umusifuzi Louis Hakizimana wari uyoboye umukino arinda awurangiza, APR FC yegukana intsinzi y’igitego 1-0.

Nyuma yo gutsinda uyu mukino APR FC yahise ifata umwanya wa 3 n’amanota 20 mu mikino 11, mu gihe Rayon Sports yo ari iya kane n’amanota 18 ku rutonde ruyobowe na Kiyovu Sports ifite amanota 23 igakurikirwa na AS Kigali ifite 21.

Source : Ruhago yacu

2018-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ubwanditsi 30 Apr 2021
Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League

RUSHYASHYA 05 May 2026
Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg

Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg

Ubwanditsi 10 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe 4 y’u Rwanda, 2 mu bagabo n’andi 2 mu bagore yerekeje i Mombasa gukina imikino ya Beach-Volleyball
Amakuru

Amakipe 4 y’u Rwanda, 2 mu bagabo n’andi 2 mu bagore yerekeje i Mombasa gukina imikino ya Beach-Volleyball

Ubwanditsi 19 Dec 2023
Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure
HIRYA NO HINO

Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)

Ubwanditsi 28 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru