• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg

Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg

Ubwanditsi 10 Dec 2019 IMIKINO

Ibitego bitatu byo mu gice cya kabiri byafashije Arsenal kubona intsinzi y’ibitego 3-1, itsindiye West Ham iwayo mu mukino w’umunsi wa 16 wa Premier League y’u Bwongereza wabaye kuri uyu wa Mbere.

Yabaye intsinzi ya mbere iyi kipe ibonye, mu mikino itatu, kuva itangiye gutozwa na Freddie Ljungberg nk’umutoza w’agateganyo nyuma yo kwirukanwa kwa Unai Emery. Arsenal yari imaze imikino icyenda yikurikiranya idatsinda.

Muri uyu mukino, Arsenal yagowe n’iminota 45 ibanza ndetse iki gice cya mbere cyarangiye West Ham United yari imbere y’abafana bayo, ifite igitego cyatsinzwe na Angel Ogbona ku munota wa 38.

Arsenal yagaragaje imikinire itandukanye mu gice cya kabiri, ibona igitego cyo kwishyura cyatsinzwe n’Umunya-Brésil Gabriel Martinelli ku munota wa 60, kikaba icya mbere yari atsinze muri Shampiyona y’u Bwongereza.

Nyuma y’iminota itandatu, Umunya-Côte d’Ivoire Nicolas Pépé utarahiriwe kuva ageze muri iyi kipe aciye agahigo ko kugurwa menshi, yatsinze igitego cya kabiri ku mupira wari uvuye kuri Pierre-Emerick Aubameyang ndetse uyu Munya-Gabon na we ashimangira intsinzi ya 3-1 nyuma y’iminota itatu.

Arsenal yahise ifata umwanya wa cyenda n’amanota 22 mu gihe West Ham iri ku mwanya wa 16 n’amanota 16, aho kugeza ubu umutoza wayo Manuel Pellegrini ashobora gusezererwa.

Arsenal izagaruka mu kibuga ku wa Kane, yakirwa na Standard Liège yo mu Bubiligi, mu mukino w’umunsi wa nyuma w’amatsinda ya Europa League.

Iyi kipe yamamaza Ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze ku magambo ‘’Visit Rwanda ‘’ yanditse ku kuboko kw’ibumoso ku myenda yayo, irasabwa byibuze inota cyangwa kudatsindwa ibitego byinshi kugira ngo yizere gukomeza muri 1/6.

Muri Shampiyona y’u Bwongereza, izongera gukina ku Cyumweru, aho izaba yakiriye Manchester City mu mukino w’umunsi wa 17 uzabera kuri Emirates Stadium.

Kieran Tierney yavuye mu kibuga nyuma yo kuvunika ku munota wa 29

 

Arsenal yabanje guhusha uburyo bwabonywe na Mesut Ozil

 

Abakinnyi ba West Ham bishimira igitego babonye muri uyu mukino

 

Angel Ogbona yatsindiye West Ham mu gice cya mbere

 

Gabriel Martinelli yishyurira Arsenal

 

Martinelli yishimira igitego cye cya mbere muri Premier League

 

Nicolas Pepe yitegereza uko umupira we umanukira mu izamu

 

Nicolas Pepe yishimira igitego cyahaye Arsenal kuyobora umukino

 

Aubameyang yatsindiye Arsenal igitego cyashimangiye intsinzi

 

Uko amakipe akurikirana muri Premier League nyuma y’umunsi wa 16
Src: IGIHE

 

2019-12-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13

Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13

Ubwanditsi 09 Mar 2024
U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge

U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge

RUSHYASHYA 21 Apr 2026
Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Ubwanditsi 06 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi  wasuye  u Rwanda
Mu Rwanda

Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi wasuye u Rwanda

Ubwanditsi 15 Aug 2017
Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza
UBUKUNGU

Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Mitali Protais ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda yagaraye mu nteko ishingamategeko y’Ububiligi
INKURU NYAMUKURU

Mitali Protais ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda yagaraye mu nteko ishingamategeko y’Ububiligi

Ubwanditsi 30 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru