• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Ubwanditsi 06 Dec 2018 IMIKINO

Mu mukino utari woroshye ku munsi w’ejo i Huye, Mukura Victory Sport  yatsinze Free State Stars yo muri Africa y’Epfo 1-0.  Iki gitego cyatsinzwe na  Nshimirimana David ku munota wa 55’ w’umukino.

Kikaba cyahaye i ticket Mukura VS yo kuzakomeza mu kiciro gikurikiraho mu irushanwa rya wa CAF Confederetions Cup.

Mukura Victory Sport yanyuzagamo ikarinda izamu cyane mu gice cya mbere

Uko umukino wagenze nkuko Umuseke dukesha iyi nkuru ubyandika, ngo Mukura yagiye isatira mu gice cya mbere ariko amahirwe menshi yabonye ntiyakoreshejwe neza n’abasatira izamu, amakipe yombi arangiza igice cya mbere anganya 0-0.

Mukura Victory Sport yasaga n’ifite amahirwe kurusha Free State Stars, yatangiye igice cya kabiri yahinduye uburyo bwo gukina, noneho isatira cyane bitanga umusaruro ubwo Nshimiyimana David yabonaga inshundura ku munota wa 55.

Wari umukino utaryoheye ijisho cyane kugeza igice cya kabiri kigeze hagati amakipe yombi agafungura umukino ashaka gutsinda.

Mu gusimbuza umutoza wa Free state stars David Vilakaze mu mpinduka yakoze harimo n’iya Kapiteni Leamoha Masehe wavunitse amsimbuza  Hlubi Sibusiso na Jappie Mogamad asimbura Mobbie Nyiko mu gihe umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi,  Kwizera Olivier yinjiye mu kibuga na we asimbuye Mambo Samkelo.

Ku ruhande rwa Mukura VS umutoza Haringingo Francis yakuyemo Twizerimana Onesme amusimbuza Romami Frank naho Iadukunda Bertrand asimburwa na Iddy Said Djuma  mu gihe Kapiteni Ciza Hussein yasimbujwe Ntahobari Assouman Moussa.

Umukino warinze urangira Free State Stars utishyuye igitego yatsinzwe bituma Mukura ikomeza kuko umukino ubanza yari yabashije kunganyiriza ubusa ku busa i Johannesburg.

Mu kiciro gikurikiyeho cy’iri rushanwa Mukura izahura n’ikipe ya Hilal Obayed yo muri Sudan, umukino ubanza uzabera muri Sudan tariki 14 Ukuboza 20018 uwo kwishyura ubere mu Rwanda tariki 21 Ukuboza.

Abafana ba Mukura bari bakereye uyu munsi

Abafana ba Mukura bari bakereye uyu munsi

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Mukura VS :Rwabugiri Omar ,Rugirayabo Hassan, Mutijima Janvier, Iragire said,Nshimirimana David, Nkomezi Alexis, Gaël Duhayindavyi, Iradukunda Bertrand, na Ciza Hussein Mugabo, Twizerimana Onesme na Ndayishimiye Christopher.

Free State Stars: Mbambo Samkelo, Mobbie Nyiko, Mbhele Richard na Keita Bangaly, Mbuly Treasure, Masahe Leamoha, Mokhouane Relebogile, na Dramani Sthembiso, Bhengu Linda, Moseamedi Judas na Masina Sibusiso.

Ikipe ya Free State Stars na yo igaragaza ko izi guhana umupira ariko uyu munsi ntibyatanze umusaruro

Umutoza wa Mukura VS yari afite ikizere kivanze n’ubwoba kuko ikipe ye ntiyarushije cyane Free State Stars

Muri rusange imisifurire y’umukino yagenze neza

Mukura imaz ekubona igitego bumvis eko byos ebishoboka barasatira

Iyo ni yo kipe yabanjemo ku ruhande rwa Mukura VS

Iyi kipe ya Free State Stars muri Africa y’Epfo isa naho ari nshya

src: Umuseke

2018-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Amafoto- Munyantwali Alphonse mu ihererekanyabubasha na Matiku Marcel wayoboroga FERWAFA basuye ibikorwaremezo byayo

Amafoto- Munyantwali Alphonse mu ihererekanyabubasha na Matiku Marcel wayoboroga FERWAFA basuye ibikorwaremezo byayo

Ubwanditsi 27 Jun 2023
Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Manchester City yegukanye igikombe cya kabili yikurikiranya nyuma yo gutsinda, Brighton ibitego 4-1

Ubwanditsi 13 May 2019
Salomon Nirisarike wifuzwaga n’amakipe yo mu bihugu by’Abarabu yongereye amasezerano muri Urartu FC yo muri Armenia.

Salomon Nirisarike wifuzwaga n’amakipe yo mu bihugu by’Abarabu yongereye amasezerano muri Urartu FC yo muri Armenia.

Ubwanditsi 15 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rebero : Abanyapolitiki barimo Kameya Andre, Ndasingwa Lando, Kavaruganda…bibutswe
INKURU NYAMUKURU

Rebero : Abanyapolitiki barimo Kameya Andre, Ndasingwa Lando, Kavaruganda…bibutswe

Ubwanditsi 13 Apr 2018
U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)
Amakuru

U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 19 Jun 2023
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.
Amakuru

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 21 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru