• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Mukura yerekeje mu kiciro gikurikiraho muri CAF Confederations

Ubwanditsi 06 Dec 2018 IMIKINO

Mu mukino utari woroshye ku munsi w’ejo i Huye, Mukura Victory Sport  yatsinze Free State Stars yo muri Africa y’Epfo 1-0.  Iki gitego cyatsinzwe na  Nshimirimana David ku munota wa 55’ w’umukino.

Kikaba cyahaye i ticket Mukura VS yo kuzakomeza mu kiciro gikurikiraho mu irushanwa rya wa CAF Confederetions Cup.

Mukura Victory Sport yanyuzagamo ikarinda izamu cyane mu gice cya mbere

Uko umukino wagenze nkuko Umuseke dukesha iyi nkuru ubyandika, ngo Mukura yagiye isatira mu gice cya mbere ariko amahirwe menshi yabonye ntiyakoreshejwe neza n’abasatira izamu, amakipe yombi arangiza igice cya mbere anganya 0-0.

Mukura Victory Sport yasaga n’ifite amahirwe kurusha Free State Stars, yatangiye igice cya kabiri yahinduye uburyo bwo gukina, noneho isatira cyane bitanga umusaruro ubwo Nshimiyimana David yabonaga inshundura ku munota wa 55.

Wari umukino utaryoheye ijisho cyane kugeza igice cya kabiri kigeze hagati amakipe yombi agafungura umukino ashaka gutsinda.

Mu gusimbuza umutoza wa Free state stars David Vilakaze mu mpinduka yakoze harimo n’iya Kapiteni Leamoha Masehe wavunitse amsimbuza  Hlubi Sibusiso na Jappie Mogamad asimbura Mobbie Nyiko mu gihe umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi,  Kwizera Olivier yinjiye mu kibuga na we asimbuye Mambo Samkelo.

Ku ruhande rwa Mukura VS umutoza Haringingo Francis yakuyemo Twizerimana Onesme amusimbuza Romami Frank naho Iadukunda Bertrand asimburwa na Iddy Said Djuma  mu gihe Kapiteni Ciza Hussein yasimbujwe Ntahobari Assouman Moussa.

Umukino warinze urangira Free State Stars utishyuye igitego yatsinzwe bituma Mukura ikomeza kuko umukino ubanza yari yabashije kunganyiriza ubusa ku busa i Johannesburg.

Mu kiciro gikurikiyeho cy’iri rushanwa Mukura izahura n’ikipe ya Hilal Obayed yo muri Sudan, umukino ubanza uzabera muri Sudan tariki 14 Ukuboza 20018 uwo kwishyura ubere mu Rwanda tariki 21 Ukuboza.

Abafana ba Mukura bari bakereye uyu munsi

Abafana ba Mukura bari bakereye uyu munsi

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Mukura VS :Rwabugiri Omar ,Rugirayabo Hassan, Mutijima Janvier, Iragire said,Nshimirimana David, Nkomezi Alexis, Gaël Duhayindavyi, Iradukunda Bertrand, na Ciza Hussein Mugabo, Twizerimana Onesme na Ndayishimiye Christopher.

Free State Stars: Mbambo Samkelo, Mobbie Nyiko, Mbhele Richard na Keita Bangaly, Mbuly Treasure, Masahe Leamoha, Mokhouane Relebogile, na Dramani Sthembiso, Bhengu Linda, Moseamedi Judas na Masina Sibusiso.

Ikipe ya Free State Stars na yo igaragaza ko izi guhana umupira ariko uyu munsi ntibyatanze umusaruro

Umutoza wa Mukura VS yari afite ikizere kivanze n’ubwoba kuko ikipe ye ntiyarushije cyane Free State Stars

Muri rusange imisifurire y’umukino yagenze neza

Mukura imaz ekubona igitego bumvis eko byos ebishoboka barasatira

Iyo ni yo kipe yabanjemo ku ruhande rwa Mukura VS

Iyi kipe ya Free State Stars muri Africa y’Epfo isa naho ari nshya

src: Umuseke

2018-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0

Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0

Ubwanditsi 01 Aug 2025
AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.

AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16

Tennis: U Rwanda na Kenya bihariye ibikombe mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 14 na 16

Ubwanditsi 10 May 2022
APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF

APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF

Ubwanditsi 18 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika
Amakuru

Hitabajwe penaliti ikipe ya Misiri na Equatorial Guinea ziyongereye kuyandi 6 kugera muri 1/4 cy’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 27 Jan 2022
Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa
Mu Rwanda

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda yasubije Polisi ya Kenya imodoka yari yaribwe
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yasubije Polisi ya Kenya imodoka yari yaribwe

Ubwanditsi 20 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru