• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo

Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo

Ubwanditsi 13 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Louise Mushikiwabo muri iki gitondo  yagiranye  ikiganiro n’abanyamakuru, ikiganiro asubizamo bimwe mu bibazo binyuranye bireba imibanire y’u Rwanda n’amahanga. Yavuze ko ku kibazo giheruka hagati y’u Rwanda na Uganda cyatewe n’aba Uganda kandi ko u Rwanda rudashobora kubagirira nabi kuko ari abavandimwe basangiye amaraso.

Impunzi n’abimukira

Ibinyamakuru muri Israel byagiye bitangaza ko hari abimukira bamaze kuvanwa yo bagera mu Rwanda ku bwumvikane bw’ibihugu byombi. Ibi Minisitiri Mushikiwabo yabihakanye.

Uyu muvugizi wa Guverinoma yavuze ko iby’abimukira ivugwa ko bavuye cyangwa bagombaga kuva muri Israel baza mu Rwanda ntabyabayeho.

Ashimangira ko ibyo bitarabaho ariko hari ibyo bavuganye na Israel ati “Twabwiye Leta ya Israel ko igihugu cyacu kiteguye kwakira abimukira bava muri Israel ariko bigendanye n’amategeko mpuzamahanga.”

Yanavuze ko n’abimukira bo muri Libya, bavuzwe ubwo byagaragaraga ko bacuruzwa, u Rwanda rwiteguye kugira abo rwakira ariko nta bwumvikana ubw’aribwo bwose burabaho ku buryo hari abazanwa mu Rwanda.

Gusa yemeza ko mu byumweru bicye biri imbere ubwo bwumvikane bushobora kugerwaho.

Iby’u Rwanda na Uganda

Mu mpera z’umwaka ushize umubano w’u Rwanda na Uganda wajemo igitotsi, bamwe mu banyarwanda bakoreraga muri Uganda barahohoterwa ndetse boherezwa mu Rwanda hari abakorewe iyicarubozo.

Ishingiro ry’iki kibazo Minisitiri Mushikiwabo ntiyarigiyemo cyane, gusa yemeje ko ‘ibibazo byaturutse ku gihugu cya Uganda aho abanyarwanda bagiriwe nabi’

Ati “twe hano ntabwo dushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso. Bimaze kuba twarabegereye, Perezida aganira na mugenzi we wa Uganda. Icyo twifuza ni uko bihagarara ariko bibaho.”

Avuga ko Leta y’u Rwanda itumvaga impamvu yabyo kuko ngo ubundi umubano w’u Rwanda na Uganda ari igihango.

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda cyadindije imishinga imwe n’imwe y’iterambere.

Iby’u Rwanda n’Ubufaransa

Umubano w’u Rwanda n’Ubufaransa usanzwe uhoramo igitotsi kenshi gishingiye ku mateka n’uruhare u Rwanda rushinja Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Minisitiri Mushikiwabo mukiganiro n’Abanyamakuru

Ubufaransa kugeza ubu ntiburemera iby’urwo ruhare, gusa Perezida Nicolas Salkozy ubwo yasuraga u Rwanda tariki 25 Gashyantare 2010 yemeye ko igihugu cye cyakoze amakosa mu gufata imyanzuro ku byabaye mu Rwanda.

Ubufaransa kandi butungwa urutoki n’u Rwanda ko bugicumbikiye benshi mu baregwa gukora Jenoside bashakishwa n’ubutabera mu Rwanda.

Perezida Emmanuel Macron kuva yatorerwa kuyobora Ubufaransa amaze guhura na Perezida Kagame inshuro eshatu baganira ku mubano w’ibihugu byombi, harimo n’ubwo baheruka guhurira mu Buhinde mu mpera z’icyumweru gishize.

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko aho ubuyobozi bushya bwa Perezida Emmanuel Macron buziye hari icyahindutse, ngo hari ubushake buboneka bwo guhindura ibintu. Ati “Kandi natwe twishimiye kuba hari ubwo bushake.”

Abakuru b’ibihugu 26 bazaza i Kigali vuba aha

Minisitiri Louise Mushikiwabo muri iki kiganiro yakomoje ku nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bya Africa ngo izabera i Kigali tariki 21 Werurwe.

Yavuze ko iyi nama mubyo izaganiraho harimo umurongo wa ya mavugururwa y’Umuryango w’Ubumwe bwa Africa yari ayobowe na Perezida Kagame, ubu unayoboye uyu muryango.

Muri iyi nama ngo abayobozi ba Africa bazasinya amasezerano y’isoko rusange rya Africa.

Yavuze ko abakuru b’ibihugu bya Africa bagera kuri 26, abayobozi ba za Guverinoma n’abayobozi b’ibihugu bungirije ngo bazitabira iyi nama.

Ndetse ngo kuva ejo kuwa gatatu ku bufatanye n’umugi wa Kigali abantu bazatangira kumenyeshwa imwe mu mihanda izafungwa kugira ngo aba banyacyubahiro bakirwe neza.

2018-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame yasabye abofisiye bashya binjiye mu Ngabo z’u Rwanda guhora bari maso

Kagame yasabye abofisiye bashya binjiye mu Ngabo z’u Rwanda guhora bari maso

Ubwanditsi 17 Nov 2019
Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Ubwanditsi 14 May 2018
Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Ubwanditsi 19 Nov 2018
AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

RUSHYASHYA 28 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.
Amakuru

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

Ubwanditsi 30 Mar 2021
RNC Ishaje m’uBwongereza  komite nshya itaramara n’ukwezi bararebana ayingwe
ITOHOZA

RNC Ishaje m’uBwongereza komite nshya itaramara n’ukwezi bararebana ayingwe

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo
UBUKERARUGENDO

Abanyekongo bakomeje kwishimira imibereho yo mu Rwanda kurusha iwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru