• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo

Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo

Ubwanditsi 13 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Louise Mushikiwabo muri iki gitondo  yagiranye  ikiganiro n’abanyamakuru, ikiganiro asubizamo bimwe mu bibazo binyuranye bireba imibanire y’u Rwanda n’amahanga. Yavuze ko ku kibazo giheruka hagati y’u Rwanda na Uganda cyatewe n’aba Uganda kandi ko u Rwanda rudashobora kubagirira nabi kuko ari abavandimwe basangiye amaraso.

Impunzi n’abimukira

Ibinyamakuru muri Israel byagiye bitangaza ko hari abimukira bamaze kuvanwa yo bagera mu Rwanda ku bwumvikane bw’ibihugu byombi. Ibi Minisitiri Mushikiwabo yabihakanye.

Uyu muvugizi wa Guverinoma yavuze ko iby’abimukira ivugwa ko bavuye cyangwa bagombaga kuva muri Israel baza mu Rwanda ntabyabayeho.

Ashimangira ko ibyo bitarabaho ariko hari ibyo bavuganye na Israel ati “Twabwiye Leta ya Israel ko igihugu cyacu kiteguye kwakira abimukira bava muri Israel ariko bigendanye n’amategeko mpuzamahanga.”

Yanavuze ko n’abimukira bo muri Libya, bavuzwe ubwo byagaragaraga ko bacuruzwa, u Rwanda rwiteguye kugira abo rwakira ariko nta bwumvikana ubw’aribwo bwose burabaho ku buryo hari abazanwa mu Rwanda.

Gusa yemeza ko mu byumweru bicye biri imbere ubwo bwumvikane bushobora kugerwaho.

Iby’u Rwanda na Uganda

Mu mpera z’umwaka ushize umubano w’u Rwanda na Uganda wajemo igitotsi, bamwe mu banyarwanda bakoreraga muri Uganda barahohoterwa ndetse boherezwa mu Rwanda hari abakorewe iyicarubozo.

Ishingiro ry’iki kibazo Minisitiri Mushikiwabo ntiyarigiyemo cyane, gusa yemeje ko ‘ibibazo byaturutse ku gihugu cya Uganda aho abanyarwanda bagiriwe nabi’

Ati “twe hano ntabwo dushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso. Bimaze kuba twarabegereye, Perezida aganira na mugenzi we wa Uganda. Icyo twifuza ni uko bihagarara ariko bibaho.”

Avuga ko Leta y’u Rwanda itumvaga impamvu yabyo kuko ngo ubundi umubano w’u Rwanda na Uganda ari igihango.

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda cyadindije imishinga imwe n’imwe y’iterambere.

Iby’u Rwanda n’Ubufaransa

Umubano w’u Rwanda n’Ubufaransa usanzwe uhoramo igitotsi kenshi gishingiye ku mateka n’uruhare u Rwanda rushinja Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Minisitiri Mushikiwabo mukiganiro n’Abanyamakuru

Ubufaransa kugeza ubu ntiburemera iby’urwo ruhare, gusa Perezida Nicolas Salkozy ubwo yasuraga u Rwanda tariki 25 Gashyantare 2010 yemeye ko igihugu cye cyakoze amakosa mu gufata imyanzuro ku byabaye mu Rwanda.

Ubufaransa kandi butungwa urutoki n’u Rwanda ko bugicumbikiye benshi mu baregwa gukora Jenoside bashakishwa n’ubutabera mu Rwanda.

Perezida Emmanuel Macron kuva yatorerwa kuyobora Ubufaransa amaze guhura na Perezida Kagame inshuro eshatu baganira ku mubano w’ibihugu byombi, harimo n’ubwo baheruka guhurira mu Buhinde mu mpera z’icyumweru gishize.

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko aho ubuyobozi bushya bwa Perezida Emmanuel Macron buziye hari icyahindutse, ngo hari ubushake buboneka bwo guhindura ibintu. Ati “Kandi natwe twishimiye kuba hari ubwo bushake.”

Abakuru b’ibihugu 26 bazaza i Kigali vuba aha

Minisitiri Louise Mushikiwabo muri iki kiganiro yakomoje ku nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bya Africa ngo izabera i Kigali tariki 21 Werurwe.

Yavuze ko iyi nama mubyo izaganiraho harimo umurongo wa ya mavugururwa y’Umuryango w’Ubumwe bwa Africa yari ayobowe na Perezida Kagame, ubu unayoboye uyu muryango.

Muri iyi nama ngo abayobozi ba Africa bazasinya amasezerano y’isoko rusange rya Africa.

Yavuze ko abakuru b’ibihugu bya Africa bagera kuri 26, abayobozi ba za Guverinoma n’abayobozi b’ibihugu bungirije ngo bazitabira iyi nama.

Ndetse ngo kuva ejo kuwa gatatu ku bufatanye n’umugi wa Kigali abantu bazatangira kumenyeshwa imwe mu mihanda izafungwa kugira ngo aba banyacyubahiro bakirwe neza.

2018-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese Twagiramungu Faustin yaba ari mu rugamba rwo kurwanya Leta ebyiri icyarimwe?

Ese Twagiramungu Faustin yaba ari mu rugamba rwo kurwanya Leta ebyiri icyarimwe?

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Ubwanditsi 17 Apr 2024
Tom Ndahiro asanga Ingabire aberewe no kuba muri gereza

Tom Ndahiro asanga Ingabire aberewe no kuba muri gereza

Ubwanditsi 15 May 2019
Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Ubwanditsi 28 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iratangira imyitozo kuri uyu wa gatatu hitegurwa imikino ibiri azahura na Uganda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iratangira imyitozo kuri uyu wa gatatu hitegurwa imikino ibiri azahura na Uganda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Ubwanditsi 28 Sep 2021
Icyimenyetso  ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda
ITOHOZA

Icyimenyetso ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Oct 2016
Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad
Amakuru

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Ubwanditsi 13 Apr 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru