• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo

Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo

Ubwanditsi 13 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Louise Mushikiwabo muri iki gitondo  yagiranye  ikiganiro n’abanyamakuru, ikiganiro asubizamo bimwe mu bibazo binyuranye bireba imibanire y’u Rwanda n’amahanga. Yavuze ko ku kibazo giheruka hagati y’u Rwanda na Uganda cyatewe n’aba Uganda kandi ko u Rwanda rudashobora kubagirira nabi kuko ari abavandimwe basangiye amaraso.

Impunzi n’abimukira

Ibinyamakuru muri Israel byagiye bitangaza ko hari abimukira bamaze kuvanwa yo bagera mu Rwanda ku bwumvikane bw’ibihugu byombi. Ibi Minisitiri Mushikiwabo yabihakanye.

Uyu muvugizi wa Guverinoma yavuze ko iby’abimukira ivugwa ko bavuye cyangwa bagombaga kuva muri Israel baza mu Rwanda ntabyabayeho.

Ashimangira ko ibyo bitarabaho ariko hari ibyo bavuganye na Israel ati “Twabwiye Leta ya Israel ko igihugu cyacu kiteguye kwakira abimukira bava muri Israel ariko bigendanye n’amategeko mpuzamahanga.”

Yanavuze ko n’abimukira bo muri Libya, bavuzwe ubwo byagaragaraga ko bacuruzwa, u Rwanda rwiteguye kugira abo rwakira ariko nta bwumvikana ubw’aribwo bwose burabaho ku buryo hari abazanwa mu Rwanda.

Gusa yemeza ko mu byumweru bicye biri imbere ubwo bwumvikane bushobora kugerwaho.

Iby’u Rwanda na Uganda

Mu mpera z’umwaka ushize umubano w’u Rwanda na Uganda wajemo igitotsi, bamwe mu banyarwanda bakoreraga muri Uganda barahohoterwa ndetse boherezwa mu Rwanda hari abakorewe iyicarubozo.

Ishingiro ry’iki kibazo Minisitiri Mushikiwabo ntiyarigiyemo cyane, gusa yemeje ko ‘ibibazo byaturutse ku gihugu cya Uganda aho abanyarwanda bagiriwe nabi’

Ati “twe hano ntabwo dushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso. Bimaze kuba twarabegereye, Perezida aganira na mugenzi we wa Uganda. Icyo twifuza ni uko bihagarara ariko bibaho.”

Avuga ko Leta y’u Rwanda itumvaga impamvu yabyo kuko ngo ubundi umubano w’u Rwanda na Uganda ari igihango.

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda cyadindije imishinga imwe n’imwe y’iterambere.

Iby’u Rwanda n’Ubufaransa

Umubano w’u Rwanda n’Ubufaransa usanzwe uhoramo igitotsi kenshi gishingiye ku mateka n’uruhare u Rwanda rushinja Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Minisitiri Mushikiwabo mukiganiro n’Abanyamakuru

Ubufaransa kugeza ubu ntiburemera iby’urwo ruhare, gusa Perezida Nicolas Salkozy ubwo yasuraga u Rwanda tariki 25 Gashyantare 2010 yemeye ko igihugu cye cyakoze amakosa mu gufata imyanzuro ku byabaye mu Rwanda.

Ubufaransa kandi butungwa urutoki n’u Rwanda ko bugicumbikiye benshi mu baregwa gukora Jenoside bashakishwa n’ubutabera mu Rwanda.

Perezida Emmanuel Macron kuva yatorerwa kuyobora Ubufaransa amaze guhura na Perezida Kagame inshuro eshatu baganira ku mubano w’ibihugu byombi, harimo n’ubwo baheruka guhurira mu Buhinde mu mpera z’icyumweru gishize.

Minisitiri Mushikiwabo yavuze ko aho ubuyobozi bushya bwa Perezida Emmanuel Macron buziye hari icyahindutse, ngo hari ubushake buboneka bwo guhindura ibintu. Ati “Kandi natwe twishimiye kuba hari ubwo bushake.”

Abakuru b’ibihugu 26 bazaza i Kigali vuba aha

Minisitiri Louise Mushikiwabo muri iki kiganiro yakomoje ku nama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bya Africa ngo izabera i Kigali tariki 21 Werurwe.

Yavuze ko iyi nama mubyo izaganiraho harimo umurongo wa ya mavugururwa y’Umuryango w’Ubumwe bwa Africa yari ayobowe na Perezida Kagame, ubu unayoboye uyu muryango.

Muri iyi nama ngo abayobozi ba Africa bazasinya amasezerano y’isoko rusange rya Africa.

Yavuze ko abakuru b’ibihugu bya Africa bagera kuri 26, abayobozi ba za Guverinoma n’abayobozi b’ibihugu bungirije ngo bazitabira iyi nama.

Ndetse ngo kuva ejo kuwa gatatu ku bufatanye n’umugi wa Kigali abantu bazatangira kumenyeshwa imwe mu mihanda izafungwa kugira ngo aba banyacyubahiro bakirwe neza.

2018-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

P. Kagame na Museveni  bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

P. Kagame na Museveni bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Ubwanditsi 19 Aug 2024
Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana

Ubwanditsi 27 Sep 2023
“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 06 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kampala : Umuhanzi Theo Bosebabireba Yakubiswe n’ abagizi ba nabi  Bataramenyekana
SHOWBIZ

Kampala : Umuhanzi Theo Bosebabireba Yakubiswe n’ abagizi ba nabi Bataramenyekana

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Waba ushaka kwigarurira umutima w’umukobwa mukundana ? Kora ibi bintu wirebere ukuntu akwimariramo wese
HIRYA NO HINO

Waba ushaka kwigarurira umutima w’umukobwa mukundana ? Kora ibi bintu wirebere ukuntu akwimariramo wese

Ubwanditsi 25 May 2017
DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru
POLITIKI

DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru

Ubwanditsi 12 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru