• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Ubwanditsi 14 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa Mbere mu rubanza ku bujurire bwe nyuma y’igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 yakatiwe mu 2015 amaze kwemera ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyaha cy’ubugambanyi bwo kugiririra nabi ubutegetsi buriho n’ibindi.

Kizito Mihigo yagaragaye mu rukiko kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Gicurasi 2018, aho yari yambaye impuzankano iranga abagororwa mu Rwanda, inkweto z’umutuku za ‘Nike’, amasogisi y’umweru n’isaha ku kuboko ndetse, ishapure y’umweru ku kuboko kw’iburyo n’ikirango cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku mufuka w’ishati.

Umucamanza yagaragaje imbogamizi ko hari uri muri uru rubanza rwatorotse ariwe Ntamuhanga Cassien ndetse no kuba Dukuzumuremyi Jean Paul adafite umwunganizi kandi mu rukiko itegeko riteganya ko adashobora kubura atunganiwe.

Kuri izi mbogamizi Kizito Mihigo yasabye ko dosiye ye yatandukanywa n’iy’aba bantu kuko nta sano rinini bafitanye mu byaha bakoze. Ikindi ashingira ho ni uko ngo imiburanire yabo itandukanye kuko we aburana yemera ibyaha bo bakabihakana.

Umwunganizi we Me Mukamusoni yavuze ko kuva Dukuzumenyi adafite umwunganizi bitakagombye kuba impamvu kuko yajuriye mu 2015 bityo yagakwiye kuba yaramushatse. Ikindi kandi ni uko atigeze yandikira urugaga rw’abavoka amusaba.

Ku bijyanye na Ntamuhanga watorotse, ngo yagakwiye gutandukanywa n’aba bantu kuko yakoze ikindi cyaha atazafatanya na bagenzi be. Ati “Ku ruhande rwa Kizito Mihigo, iyi tariki twari tuyinyotewe kuko turashaka ubutabera.”

Dukuzumuremyi asobanura impamvu adafite umwunganizi, yavuze ko yajuriye ari muri gereza ya Gasabo hanyuma akaza kwimurwa akajyanwa mu ya Rwamagana, ubu akaba ari mu ya Rubavu.

Uko kwimurwa kwatumye atamenya niba ubujurire bwe bwaremewe, amenyeshwa itariki yo kubura atari yarigeze amenya ko ubujurire bwakiriwe.

Ati “Nabonye ko nzitaba bintunguye. Ndasaba urukiko ko nahabwa umwanya ariko muto ngashaka umwunganizi.”

Ubushinjacyaha buhagarariwe n’abarimo Nkusi Faustin bwavuze ko ingingo ya 186 y’imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha, iteganya ko ikirego gisibwa iyo uwajuriye atitabye urukiko nta mpamvu.

Iyi ngingo ni yo yagendeweho busaba ko ubujurire bwa Ntamuhanga bwasibwa, hakagumishwaho igihano cyo mu Rukiko Rukuru. Bwavuze ko gutandukanya urubanza rwa Kizito na bagenzi be bidashoboka kuko nawe yemera ko bafitanye isano n’iyo ryaba rito ariko rihari.

Ku bijyanye na Dukuzumuremyi bwavuze ko afite uburenganzira bwo kuburana yunganiwe, bityo yahabwa umwanya agashaka umwunganizi.

Urukiko rufashe icyemezo cyo kwimurira urubanza ku wa 11 Kamena 2018 kugira ngo Dukuzumuremyi ashakirwe umwunganizi mu mategeko.

Rufashe kandi icyemezo cyo gusiba ubujurire bwa Ntamuhanga Cassien kuko kuba ’yaratorotse gereza bigaragaza ko nta nyungu mu gukurikirana ubujurire bwe’.

Ku bijyanye no gutandukanya imanza, umucamanza yavuze ko kuba Kizito Mihigo yemera ko hari isano rito afitanye n’abo bareganwa bitaba mu nyungu z’ubutabera gutandukanya imanza. Ibi byatumye afata icyemezo cy’uko urubanza rukomeza kuba rumwe.

Ku wa 27 Gashyantare 2015 nibwo Urukiko Rukuru rwahamije Kizito icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyaha cy’ubugambanyi bwo kugiririra nabi ubutegetsi buriho ndetse n’icyaha cy’ubwoshye bwo kugiririra nabi Perezida wa Repubulika, icyaha cyo gukora umugambi w’icyaha cy’ubwicanyi gusa ahanagurwaho icyaha cyo gucura umugambi w’icyaha cy’iterabwoba.

2018-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Ubwanditsi 24 Oct 2019
Rutana-Burundi: kudatanga umusanzu w’amatora bigiye kujya bihanirwa

Rutana-Burundi: kudatanga umusanzu w’amatora bigiye kujya bihanirwa

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Ubwanditsi 10 Aug 2023
Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwanditsi 04 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Perezida Kagame yunamiye Intwari zitangiye Igihugu
Mu Mahanga

Kigali : Perezida Kagame yunamiye Intwari zitangiye Igihugu

Ubwanditsi 04 Feb 2016
APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya
Amakuru

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Ubwanditsi 23 Jul 2021
RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC
INKURU NYAMUKURU

RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 16 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru