• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Muri Emirates na KCC, ‘Visit Rwanda’ yabaye intero ku mukino wa mbere wa Arsenal muri Premier League

Muri Emirates na KCC, ‘Visit Rwanda’ yabaye intero ku mukino wa mbere wa Arsenal muri Premier League

Ubwanditsi 13 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Abafana ba Arsenal mu mpande zose z’Isi, kuri iki Cyumweru wabaye umunsi udasanzwe ubwo bongeraga kubona mu kibuga ikipe bihebeye, gusa biba akarusho ku Banyarwanda kuko gufungura uyu mwaka wa shampiyona y’u Bwongereza byanatangije ku mugaragaro ubufatanye bw’iyo kipe na ‘Visit Rwanda’ nk’umuterankunga.

Ibyapa bimenyekanisha u Rwanda byari ku kibuga, ndetse imbere muri stade abafana beretswe byinshi ku Rwanda binyuze mu mashusho yanyujijwe kuri televiziyo za rutura ziri imbere muri Emirates Stadium.

Ni umukino witabiriwe n’abakunzi ba Arsenal benshi kuko uretse Abongereza n’abavuye mu bindi bihugu, abaturutse mu rwa Gasabo bari babukereye n’icyizere cyinshi dore ko ikipe yabo muri iyi mpeshyi yiyubatse ikagura abakinnyi bashoboka n’umutoza mushya Unai Emery.

Arsenal FC ariko ntiyahiriwe kuko yatsinzwe na Manchester City ibitego 2-0, icya mbere gitsindwa na Raheem Sterling ku munota wa 14, icya kabiri gitsindwa na Bernardo Silva ku wa 64. Man City ntiyoroshye kuko yatwaye Premier League umwaka ushize n’uduhigo turimo ko yatsinze imikino 32 muri 38 igize umwaka wa shampiyona, igeza ku manota 100 n’ibitego 106.

Uyu ni wo mukino wa mbere Arsenal FC ikinnye muri Premier League idatozwa na Arsène Wenger mu myaka 22 ishize, ukaba n’uwa mbere mu myaka itatu izamara yambara imipira ku kuboko kw’ibumoso handitseho ‘Visit Rwanda’, mu kwereka amahanga u Rwanda nk’icyerekezo cya mbere mu bukerarugendo n’ishoramari mu nzego zose.

Itsinda rihagarariye Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB ryari muri Emirates Stadium, stade igezweho kuko yatashywe muri Nyakanga 2006, yakira abafana 59 867.

Mbere y’uyu mukino, Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho muri RDB, Sanny Ntayombya, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko kuri Emirates Stadium kuba u Rwanda rwarateye inkunga Arsenal FC, byatumye abayobozi ba RDB batumirwa ndetse bakagenerwa ibyicaro byihariye.

Yagize ati “Turi hano nk’abafatanyabikorwa ba Arsenal, tukabafana ku mukino wa mbere wa shampiyona kandi twatumiwe n’ikipe, dufite n’imyanya yihariye yacu, hari n’abayobozi bacu batumiwe n’ikipe barimo Umuyobozi Mukuru Clare Akamanzi uza kuba yicaranye n’abayobozi bakomeye ba Arsenal mu gice cyagenewe abanyacyubahiro, aho abantu bahicara aba ari abantu ikipe yubashye. Kuba ikipe yaduhaye imyanya y’icyubahiro ni gihamya y’uko ubu bufatanye bwacu na Arsenal bwatangiye neza kandi twizera ko buzakomeza neza.”

Uyu mukino wanakurikiwe n’Abanyarwanda n’abafatanyabikorwa b’u Rwanda, abahagarariye abafana ba Arsenal mu rw’imisozi 1000 n’inshuti z’u Rwanda ndetse n’abantu bageza ba mukerarugendo mu Rwanda, bicaye mu gace bagenewe kiswe Visit Rwanda.

Si mu Bwongereza uyu mukino wakurikiwe gusa, kuko RDB yanateguye uburyo bwo kuwurebera kuri televiziyo za rutura muri Kigali Convention Center.

Ntayombya yakomeje agira ati “Ntabwo ari umukino wa Arsenal gusa ariko ni no kwishimira iterambere u Rwanda rugezeho muri iyi myaka ishize tuvuye mu bihe bibi. Ni ishema ry’abafana ba Arsenal ariko ni n’ishema ry’Abanyarwanda bose kubera ko igihugu cyabo kiri kurebwa cyane mu mahanga yose. Twiyibutse ko shampiyona y’u Bwongereza irebwa n’abantu bagera kuri miliyari ku munsi w’imikino.”

Muri ubu bufatanye bwa Visit Rwanda, biteganywa ko abakinnyi ba Arsenal mu makipe y’abagabo n’abagore bazasura u Rwanda ndetse abatoza bayo bakazakira amahugurwa agamije gushyigikira iterambere ry’umupira mu bagabo n’abagore mu Rwanda.

2018-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 04 Sep 2019
Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

Ubusambanyi bukabije bwa Juvenal Habyarimana bwamwambuye ijambo muri baramu be

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Abatavuga rumwe na leta  mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano

Abatavuga rumwe na leta mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano

Ubwanditsi 16 May 2018

4 Ibitekerezo

  1. Titi
    August 13, 20188:33 am -

    Nubwo twishimira aho tugeze ariko turacyari hasi mu mitwe kumva umuyobozi nkuriya yanyurwa no kwicarana n’abayobozi ba arsenal akabigira ninkuru. Ubundi se mu rwego rwe yumvaga yari kwicara hehe? Ahjyajyajya burya ukivamo ariko ntikikuvamo kabisa. Niwe munyacyubahiro kuko yashoye imari agomba kubahwa burya ntiyarabizi? Hahhaha “batwubashye kuko twicaranye n’abayobozi ba Arsenal” hahahaha. So sad umukoroni yaratwishe kweri kandi gukira biri kure niba n’abategetsi bo kuri uru rwego ariko babyumva

    Subiza
    • TITI
      August 13, 20188:39 am -

      Aroko kuki mubaho munenga gusa ntimushima

      Subiza
  2. Ukuli
    August 14, 20187:04 am -

    Wowe Titi uligiki cyatuma unenga uku, bigaragaza ubwonko bwawe uko bungana.
    Uzi turnover (chiffre d’affaires ) ya Arsenal ?
    Uyu muyobozi wa RDB Uzi CV ye mbere yo kuvuga uti ukivamo ntikikuvamo ?
    Wowe Uzi ko yigiye HARVARD ?
    Uzi yibitseho degree zingahe za kaminuza ?
    Abantu mbana nabo hano Europe usanga hali benshi batekereza nkawe kubera kubura esprit d’analyse nzima.
    Gupinga ,Gupinga . Erega abanyarwanda barazwi. Abakurambere bati. Ubuze icyo atuka inka , aravuga ati murebe kiriya gicebe cyayo. …

    Subiza
  3. Titi
    August 14, 201812:52 pm -

    Wowe ukuli,
    Chiffre d’affaires ya Arsenal ntabwo iruta iyu Rwanda. Kandi umenye ko umuguzi arusha icyubahiro ugurisha. Ahubwo ni wowe uragaragaza nivea d’analyse iciriritse niba utekereza ko abo mubana I burayi aribo bakwiye kugira imitekerereze ihanitse. Uti abanyarwanda barazwi ngira ngo abo bazi ni abameze nkawe wowe muhorana niba ubiyereka nkuko nyine niko bazakumenya. Amahirwe yawe nuko mbona wowe wabwiyambuye utakiri we. Niba warahabuwe na budget ya arsenal ukumva ko ari honor kwicarana nabo ngewe mbibona bihabanye nawe ngewe nsanga Arsenal ariyo yubashywe kwakira umuyobozi wo kuri ruriya rwego Kandi yaranabigaragaje. Komeza wowe uhabuke nakubwiriki ariko kdi sinabiguhora nawe ntunzize uko mbyumva

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC yatsinze APR FC 2-1, ubwo bakinaga umukino wa gicuti hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026
Amakuru

Police FC yatsinze APR FC 2-1, ubwo bakinaga umukino wa gicuti hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 04 Aug 2025
Rutahizamu w’ikipe ya Police FC, Patrick Sibomana “Papy” yinjiye mu bucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo ahereye ku nkweto z’abakinnyi b’umupira w’amaguru
Amakuru

Rutahizamu w’ikipe ya Police FC, Patrick Sibomana “Papy” yinjiye mu bucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo ahereye ku nkweto z’abakinnyi b’umupira w’amaguru

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside
Mu Mahanga

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 25 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru