• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda   |   02 Jul 2022

  • Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”   |   01 Jul 2022

  • Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball   |   30 Jun 2022

  • Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika   |   29 Jun 2022

  • Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi   |   28 Jun 2022

  • Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma   |   28 Jun 2022

 
You are at :Home»ITOHOZA»OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye

OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye

Editorial 13 Jul 2018 ITOHOZA

Umunya-Canada, Michaëlle Jean, uri gusoza manda ye ku Bunyamabanga bwa Francophonie, yahawe urw’amenyo n’abantu b’ingeri zitandukanye bakoresha Twitter nyuma yo kuvuga ko Louise Mushikiwabo yabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Canada.

Michaëlle Jean ukomoka muri Haïti akagira ubwenegihugu bwo muri Canada yagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bivuga Igifaransa (OIF/Organisation Internationale de la Francophonie) asimbuye Abdou Diouf, nama y’abakuru b’ibihugu bigize uwo muryango yabereye i Dakar muri Sénégal ku matariki ya 29 na 30 Ugushyingo 2014.

Kuri iyi nshuro ari gushaka kwiyamamariza manda ya kabiri agomba kuzahatanamo na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, mu matora azabera muri Armenia mu Mujyi wa Erevan ku wa 11 na 12 Ukwakira 2018.

Mu kiganiro yagiranye na Radio-Canada Info ku wa 11 Nyakanga 2018, yavuze imigabo n’imigambi ye anashimangira ko adatewe ubwoba no kuba kandidatire ya Mushikiwabo ishyigikiwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, kuko bizanyura mu matora.

Michaëlle Jean yabajijwe icyo atekereza kuri Mushikiwabo, asubiza ko amuzi neza gusa icyatunguye abantu benshi ni uburyo yavuze umwanya uyu mu minisitiri w’u Rwanda atigeze akora.

Ati “Nzi Mushikiwabo kuko yabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Canada, yanshyikirije impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye ubwo nari Guverineri Mukuru wa Canada, yabaye igihe kinini muri Ottawa. Nta mutima mubi mufiteho, yemeye uku guhatana nanjye kandi nkurimo. Iturufu yanjye ni manda ishize n’ibyo nagezeho, ibikorwa byagize impinduka ku rwego rw’Isi muri rusange mu mutekano, iterambere, mu bwisanzure bw’ikiremwamuntu.”

Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo n’abantu b’ingeri zitandukanye bakoresha Twitter nyuma yo kuvuga ko Louise Mushikiwabo yabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Canada

Uyu mugore uvugana icyizere cyinshi, yavuze ko ‘atari mu irushanwa’ kuko ngo yizeye umusaruro w’ibikorwa bya manda ye ishize.

Nyuma y’aho iki kiganiro kigiriye ku mugaragaro, abantu benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga basubije uyu mugore bagaragaza neza ko atazi Mushikiwabo bahanganye.

Abandi bagiye kure basobanura ko mu gihe uyu yari Guverineri Mukuru wa Canada, Mushikiwabo yari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda ahubwo Ambasaderi w’u Rwanda muri Canada ari Edda Mukabagwiza.

Uwitwa Sharangabo yanditse kuri Twitter ati “Birababaje. Michaëlle Jean, Madamu Louise Mushikiwabo ntiyigeze aba Ambasaderi w’u Rwanda yaba muri Canada n’ahandi hose ku Isi. Mwamwitiranyije n’uwahoze ari Ambasaderi Edda Mukabagwiza.”

Yakomeje avuga ko atiyumvisha uburyo uyu mugore yakoze iri kosa ryo kwitiranya aba bantu.

Undi witwa Mbaye Ousseynou yahise amusubiza ko ibyo Michaëlle Jean yakoze atari ikosa rikomeye gusa ahubwo ko biteye n’inkeke, kuko azi neza ko ibye byarangiriye i Nouakchott muri Mauritania ubwo ibihugu byemeraga gushyigikira Mushikiwabo mu rwego rw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu ntangiriro za Nyakanga uyu mwaka.

Yunzemo ati “Ari kugerageza ibishoboka byose ngo abone manda ya kabiri. Ubu ibihugu byose bya Afurika bivuga Igifaransa hamwe n’u Bufaransa bifite umukandida umwe: Madamu Louise Mushikiwabo.”

Uwitwa Oria K. Itegeri we yagize ati “Ni ukuri birababaje…biranasekeje ku rundi ruhande. Ukuntu yabusanyije imvugo avuga ati ‘Ntabwo ndi mu irushanwa’.”

Naho Mireille (@M_Musaniwabo) we yagize ati “Byangaragarije ko n’umunyamakuru atazi Madame Mushikiwabo kuko yari guhita amukosora… Ubu se ni inde usobanurira undi?”

Michaëlle Jean yabwiye Radio-Canada Info ko inama yabereye i Dakar mu 2014 yari yashyize imbere gahunda y’uko abagore n’urubyiruko bagira uruhare mu bikorwa by’iterambere, aho kuri ubu hari ingamba zafashwe ziganisha ku buringanire hagati y’umugabo n’umugore.

Mu gihe yakongera gutorerwa manda y’imyaka ine, yavuze ko ikiri ku mutima we ari ugushyiraho uburyo bwo guteza imbere ubukungu mu bihugu bya Francophonie hashyirwa imbere ibikorwa byo kwihangira imirimo mu rubyiruko no mu bagore no gushyiraho umurongo uhamye watuma ibihugu bishimangira ubukungu bwabyo.

Yakomeje agira ati “Urugero ba Minisitiri b’Imari, b’Inganda, birakwiye ko tubaba inyuma mu biganiro byabo hamwe n’ibigo bikomeye by’imari nka IMF n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubucuruzi.”

Mushikiwabo uhagarariye Afurika kuri uyu mwanya akaba anashyigikiwe n’u Bufaransa, aherutse gutangaza ko gutorerwa uyu mwanya ari ibintu yatekerejeho kandi yizeye gukora neza.

Ati “Kwiyamamariza uyu mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bihuriye ku Rurimi rw’Igifaransa (OIF) mu by’ukuri njye n’ubuyobozi bw’u Rwanda twabiganirijweho cyane n’ibihugu by’inshuti biri muri uyu muryango dusanga ari igitekerezo cyiza nta mpamvu tutakwifuza kuwugiramo uruhare rurushijeho.”

“Ikindi ni uko njye ku giti cyanjye mbifitiye ubushake n’ubushobozi kandi aka kazi ni ububanyi n’amahanga bukomeza kuko ni ukuba Umunyamabanga w’ibihugu birenga 80 birimo ibigera kuri 54 bifite uruhare runini kandi bifata ibyemezo bikomeye muri uyu muryango. Ni ububanyi n’amahanga mu bihugu birenze kimwe.”

Mushikiwabo yavuze ko mu gihe azaba atowe hari iby’ingenzi azibandaho birimo ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko n’icy’abimukira bagwa mu Nyanja berekeza i Burayi.

Yagize ati “Hari ibikorwa byinshi cyane ibijyanye no gushakira imirimo urubyiruko mu bihugu byacu kuko hari ibibazo byinshi tugenda dusangira. Njye mbona hakiri ibikenewe gukorwa gusa hakifashishwa ibitekerezo by’ubunyamabanga n’iby’abakuru b’ibihugu.”

Imibare yo mu 2016 igaragaza ko abarenga ½ muri miliyoni 10 z’abarangije muri kaminuza zirenga 668 muri Afurika bari abashomeri.

Umuryango wa Francophonie washinzwe mu 1970, urakomeye cyane kuko uhuza ibihugu bivuga Igifaransa, aho igenzura riheruka mu 2014 ryerekanye ko kivugwa na miliyoni 274 mu migabane itanu y’Isi.

Mushikiwabo uhatanye na Michaëlle Jean yavukiye i Jabana mu Karere ka Gasabo, tariki 22 Gicurasi 1963. Yize mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare, aho yakuye impamyabumenyi mu bijyanye n’indimi. Muri Nyakanga 1985 yabonye akazi mu ishuri ryisumbuye rya Lycée de Kigali, aho yigishaga Icyongereza.

Mu 1986, yahawe buruse yo kujya kwiga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Kaminuza ya Delaware, aho yize ibijyanye n’indimi n’ubusemuzi (languages and interpretation). Arangije aha yabonye akazi i Washington D.C. ndetse mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yakoraga muri Amerika.

Kuva mu 2009, ni Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, aho amaze imyaka icumi muri Guverinoma y’u Rwanda.

Mu 2010 yiyamamarije kuba Umunyamabanga Wungirije w’ishami rya Loni rishinzwe abagore, UN-Women, ariko uwo mwanya wegukanwa na Michele Bachelet wigeze kuyobora Chili.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

2018-07-13
Editorial

IZINDI NKURU

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Editorial 13 Aug 2021
Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Editorial 09 Feb 2020
Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Editorial 07 Jun 2018
Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse

Kamonyi: Njyanama yahishuye ko Udahemuka yari Meya urangwa n’imyitwarire idahwitse

Editorial 21 Jun 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Shimon
    July 13, 20186:55 pm -

    IMVUGO NYANDAGAZIII

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru