• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye

OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye

Ubwanditsi 13 Jul 2018 ITOHOZA

Umunya-Canada, Michaëlle Jean, uri gusoza manda ye ku Bunyamabanga bwa Francophonie, yahawe urw’amenyo n’abantu b’ingeri zitandukanye bakoresha Twitter nyuma yo kuvuga ko Louise Mushikiwabo yabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Canada.

Michaëlle Jean ukomoka muri Haïti akagira ubwenegihugu bwo muri Canada yagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bivuga Igifaransa (OIF/Organisation Internationale de la Francophonie) asimbuye Abdou Diouf, nama y’abakuru b’ibihugu bigize uwo muryango yabereye i Dakar muri Sénégal ku matariki ya 29 na 30 Ugushyingo 2014.

Kuri iyi nshuro ari gushaka kwiyamamariza manda ya kabiri agomba kuzahatanamo na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, mu matora azabera muri Armenia mu Mujyi wa Erevan ku wa 11 na 12 Ukwakira 2018.

Mu kiganiro yagiranye na Radio-Canada Info ku wa 11 Nyakanga 2018, yavuze imigabo n’imigambi ye anashimangira ko adatewe ubwoba no kuba kandidatire ya Mushikiwabo ishyigikiwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, kuko bizanyura mu matora.

Michaëlle Jean yabajijwe icyo atekereza kuri Mushikiwabo, asubiza ko amuzi neza gusa icyatunguye abantu benshi ni uburyo yavuze umwanya uyu mu minisitiri w’u Rwanda atigeze akora.

Ati “Nzi Mushikiwabo kuko yabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Canada, yanshyikirije impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye ubwo nari Guverineri Mukuru wa Canada, yabaye igihe kinini muri Ottawa. Nta mutima mubi mufiteho, yemeye uku guhatana nanjye kandi nkurimo. Iturufu yanjye ni manda ishize n’ibyo nagezeho, ibikorwa byagize impinduka ku rwego rw’Isi muri rusange mu mutekano, iterambere, mu bwisanzure bw’ikiremwamuntu.”

Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo n’abantu b’ingeri zitandukanye bakoresha Twitter nyuma yo kuvuga ko Louise Mushikiwabo yabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Canada

Uyu mugore uvugana icyizere cyinshi, yavuze ko ‘atari mu irushanwa’ kuko ngo yizeye umusaruro w’ibikorwa bya manda ye ishize.

Nyuma y’aho iki kiganiro kigiriye ku mugaragaro, abantu benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga basubije uyu mugore bagaragaza neza ko atazi Mushikiwabo bahanganye.

Abandi bagiye kure basobanura ko mu gihe uyu yari Guverineri Mukuru wa Canada, Mushikiwabo yari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda ahubwo Ambasaderi w’u Rwanda muri Canada ari Edda Mukabagwiza.

Uwitwa Sharangabo yanditse kuri Twitter ati “Birababaje. Michaëlle Jean, Madamu Louise Mushikiwabo ntiyigeze aba Ambasaderi w’u Rwanda yaba muri Canada n’ahandi hose ku Isi. Mwamwitiranyije n’uwahoze ari Ambasaderi Edda Mukabagwiza.”

Yakomeje avuga ko atiyumvisha uburyo uyu mugore yakoze iri kosa ryo kwitiranya aba bantu.

Undi witwa Mbaye Ousseynou yahise amusubiza ko ibyo Michaëlle Jean yakoze atari ikosa rikomeye gusa ahubwo ko biteye n’inkeke, kuko azi neza ko ibye byarangiriye i Nouakchott muri Mauritania ubwo ibihugu byemeraga gushyigikira Mushikiwabo mu rwego rw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu ntangiriro za Nyakanga uyu mwaka.

Yunzemo ati “Ari kugerageza ibishoboka byose ngo abone manda ya kabiri. Ubu ibihugu byose bya Afurika bivuga Igifaransa hamwe n’u Bufaransa bifite umukandida umwe: Madamu Louise Mushikiwabo.”

Uwitwa Oria K. Itegeri we yagize ati “Ni ukuri birababaje…biranasekeje ku rundi ruhande. Ukuntu yabusanyije imvugo avuga ati ‘Ntabwo ndi mu irushanwa’.”

Naho Mireille (@M_Musaniwabo) we yagize ati “Byangaragarije ko n’umunyamakuru atazi Madame Mushikiwabo kuko yari guhita amukosora… Ubu se ni inde usobanurira undi?”

Michaëlle Jean yabwiye Radio-Canada Info ko inama yabereye i Dakar mu 2014 yari yashyize imbere gahunda y’uko abagore n’urubyiruko bagira uruhare mu bikorwa by’iterambere, aho kuri ubu hari ingamba zafashwe ziganisha ku buringanire hagati y’umugabo n’umugore.

Mu gihe yakongera gutorerwa manda y’imyaka ine, yavuze ko ikiri ku mutima we ari ugushyiraho uburyo bwo guteza imbere ubukungu mu bihugu bya Francophonie hashyirwa imbere ibikorwa byo kwihangira imirimo mu rubyiruko no mu bagore no gushyiraho umurongo uhamye watuma ibihugu bishimangira ubukungu bwabyo.

Yakomeje agira ati “Urugero ba Minisitiri b’Imari, b’Inganda, birakwiye ko tubaba inyuma mu biganiro byabo hamwe n’ibigo bikomeye by’imari nka IMF n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubucuruzi.”

Mushikiwabo uhagarariye Afurika kuri uyu mwanya akaba anashyigikiwe n’u Bufaransa, aherutse gutangaza ko gutorerwa uyu mwanya ari ibintu yatekerejeho kandi yizeye gukora neza.

Ati “Kwiyamamariza uyu mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bihuriye ku Rurimi rw’Igifaransa (OIF) mu by’ukuri njye n’ubuyobozi bw’u Rwanda twabiganirijweho cyane n’ibihugu by’inshuti biri muri uyu muryango dusanga ari igitekerezo cyiza nta mpamvu tutakwifuza kuwugiramo uruhare rurushijeho.”

“Ikindi ni uko njye ku giti cyanjye mbifitiye ubushake n’ubushobozi kandi aka kazi ni ububanyi n’amahanga bukomeza kuko ni ukuba Umunyamabanga w’ibihugu birenga 80 birimo ibigera kuri 54 bifite uruhare runini kandi bifata ibyemezo bikomeye muri uyu muryango. Ni ububanyi n’amahanga mu bihugu birenze kimwe.”

Mushikiwabo yavuze ko mu gihe azaba atowe hari iby’ingenzi azibandaho birimo ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko n’icy’abimukira bagwa mu Nyanja berekeza i Burayi.

Yagize ati “Hari ibikorwa byinshi cyane ibijyanye no gushakira imirimo urubyiruko mu bihugu byacu kuko hari ibibazo byinshi tugenda dusangira. Njye mbona hakiri ibikenewe gukorwa gusa hakifashishwa ibitekerezo by’ubunyamabanga n’iby’abakuru b’ibihugu.”

Imibare yo mu 2016 igaragaza ko abarenga ½ muri miliyoni 10 z’abarangije muri kaminuza zirenga 668 muri Afurika bari abashomeri.

Umuryango wa Francophonie washinzwe mu 1970, urakomeye cyane kuko uhuza ibihugu bivuga Igifaransa, aho igenzura riheruka mu 2014 ryerekanye ko kivugwa na miliyoni 274 mu migabane itanu y’Isi.

Mushikiwabo uhatanye na Michaëlle Jean yavukiye i Jabana mu Karere ka Gasabo, tariki 22 Gicurasi 1963. Yize mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare, aho yakuye impamyabumenyi mu bijyanye n’indimi. Muri Nyakanga 1985 yabonye akazi mu ishuri ryisumbuye rya Lycée de Kigali, aho yigishaga Icyongereza.

Mu 1986, yahawe buruse yo kujya kwiga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Kaminuza ya Delaware, aho yize ibijyanye n’indimi n’ubusemuzi (languages and interpretation). Arangije aha yabonye akazi i Washington D.C. ndetse mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yakoraga muri Amerika.

Kuva mu 2009, ni Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, aho amaze imyaka icumi muri Guverinoma y’u Rwanda.

Mu 2010 yiyamamarije kuba Umunyamabanga Wungirije w’ishami rya Loni rishinzwe abagore, UN-Women, ariko uwo mwanya wegukanwa na Michele Bachelet wigeze kuyobora Chili.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

2018-07-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Ubwanditsi 11 Jan 2017
LIN MUYIZERE YAKORESHEJE IBIRORI BYO KWISHIMIRA IFUNGWA RYA INGABIRE VICTOIRE.

LIN MUYIZERE YAKORESHEJE IBIRORI BYO KWISHIMIRA IFUNGWA RYA INGABIRE VICTOIRE.

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Ubwanditsi 09 Jul 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Shimon
    July 13, 20186:55 pm -

    IMVUGO NYANDAGAZIII

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Mar 2024
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye isiganwa Singapore Grand Prix 2022 ryatwawe na Sergio Perez
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye isiganwa Singapore Grand Prix 2022 ryatwawe na Sergio Perez

Ubwanditsi 03 Oct 2022
Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga
Mu Mahanga

Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

Ubwanditsi 12 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru