• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Ubwanditsi 17 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangazamakuru bigenzurwa na leta muri Uganda byakanguriwe gufata umurongo wo kurwanya u Rwanda.

Mu myaka 25 ishize, imbaraga Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yashyize mu gushaka gutegeka u Rwanda no kurutwara uko ashatse nk’ikindi gihugu agenera uko kibaho, zigaragarira buri wese ushaka kubireba.

Gusa aho Guverinoma y’u Rwanda n’abaturage barwo bahagaze kuri iyi gahunda ya mpatsibihugu byateye Perezida Museveni umuhangayiko ukomeye, kugeza ubwo ubu yiteguye gukorana na buri wese yumva ko yamufasha gutuma abanyarwanda bamupfukamira.

Ni umugambi ukomeje kugera ku rwego rubi cyane bigendanye n’uko Guverinoma ya Uganda, yeruye igakorana n’imitwe y’iterabwoba irimo FDLR, RNC, mu cyizere cy’ubusa cyo kugeza Museveni ku nzozi ze zo kuba umwami w’abami.

Museveni yemeye ko ubwe yakiriye abayobozi mu bya politiki ba RNC nka Eugène-Richard Gasana na Charlotte Mukankusi, igitangazamakuru cyabaye umunwa wa Uganda nka New Vision na bigenzi byacyo biha ijambo abayobozi bakuru ba RNC barimo Kayumba Nyamwasa na David Himbara, bakwirakwiza icengezamatwara ryabo ryo kwangisha u Rwanda.

Ntibyarangiriye aha kuko ibitangazamakuru bigenzurwa na leta byakanguriwe gufata umurongo wo kurwanya u Rwanda.

Ibitangazamakuru byigenga i Kampala nabyo byahatiwe gufata uwo murongo kandi nta yandi mahitamo uretse kubyubahiriza kuko ishyaka rya Museveni, NRM, ryiteguye gufunga byinshi muri byo byahirahiye gushaka kwigenga cyangwa gutangaza inkuru zitabogamye.

Mbere y’uko uguhangayika kwa Museveni kugera ku rwego rwo gufata icyemezo cyo gushyigikira umutwe ugizwe na benshi basize bakoze Jenoside ugambiriye guhungabanya u Rwanda, umuyobozi wa Uganda yagerageje ubundi buryo butigeze bumuhira.

Iki gitekerezo cyo gushaka gutegeka u Rwanda abinyujije mu buryo ubwo ari bwose cyasize ataye ibaba mu bandi bakuru b’ibihugu bya Afurika bagenzi be. Ibi byatumye by’umwihariko anengwa mu ruhame ndetse aranubahukwa mu banyacyubahiro bagenzi be, akenshi ashaka kwigaragaza nk’umuyobozi w’u Rwanda.

Ni imyitwarire yigaragaje cyane mu myaka ya za 90 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, igihe abanyarwanda na guverinoma y’u Rwanda bakoraga cyane ngo bongere gusana igihugu.

Byababaje indorerezi z’abanyamahanga nyinshi ubwo Perezida Museveni, yishyiraga hejuru akavuga ko bimwe mu byo u Rwanda rwakoraga n’ibyo rwagezeho ari ibye ndetse ari intsinzi ye.

Igihe bitagenze uko abyifuza, yaritazaga agahitamo kunenga u Rwanda, muri ibyo bihe byose akiyita inshuti.

Ahagana mu mpera za 1999, igitangazamakuru gikomeye cyo muri Uganda cyanditse inkuru iva imuzingo uko Museveni yahangayitse nyuma yo kwakira raporo y’ubutasi imubwira ko ingabo z’u Rwanda zigiye gufata Kinshasa.

Yahise ategura uko azumvisha Isi ko ingabo ze zafashe Kinshasa ndetse zigahirika umunyagitugu ukomeye Mobutu Seseko.

Ubusabe bwa Museveni bwatewe utwatsi

Museveni yakomeje ahishurira uwari Visi Perezida w’u Rwanda akaba na Minisitiri w’Ingabo, Paul Kagame, ko yari afite batayo eshatu zari zifite igihe gihagije cyo kuruhuka nyuma yo gusimbuzwa muri Sudani y’Epfo, aho zafashaga umutwe SPLA zirwanya leta ya Sudani.

Yatanze izi ngabo ngo zifatanye n’iz’u Rwanda zarwanaga zerekeza mu murwa mukuru w’icyahoze ari Zaire. Yabwiwe ko ingabo z’u Rwanda zigeze kure zidakeneye ubufasha na bumwe bw’izindi ngabo z’amahanga.

Amaze kubona ko amayeri ye y’uko ingabo ze ziyereka muri Kinshasa nk’abatsinze urugamba rwo kubohora igihugu atamuhiriye, Perezida wa Uganda yararakaye ashaka ubundi buryo buteye isoni.

Nyuma yo kunanirwa gutanga imbaraga ze mu rugamba rwo kubohora iyari Zaire, Museveni yahisemo kwigaragaza nk’umusirikare w’igitangaza washoboye gukuraho ubutegetsi bw’abanyagitugu bakomeye, intsinzi abantu benshi bari barananiwe kugeraho mu myaka myinshi.

Nk’uko buri gihe bigenda, bidatinze ukuri kwaramutamaje ubwo herekanwaga uko urugamba rwo kubohora Zaire rwagenze.

Abanyamakuru babishamadukiye babikozeho bidatinze bagaragaza ko Perezida Museveni n’ingabo ze ntacyo bigeze bakora mu gukuraho Mobutu, ahubwo byose byakozwe n’ingabo z’u Rwanda.

Kuwa 9 Nyakanga 1997, Washington Post yanditse inkuru ifite umutwe ugira uti “Abanyarwanda bayoboye impinduramatwara muri Congo”, ya John Pomfret, nyuma yo kugirana ikiganiro n’uwari Visi Perezida w’u Rwanda akaba na Minisitiri w’Ingabo, Paul Kagame.

John Pomfret yaranditse ati “Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje bwa mbere uruhare rw’igihugu cye mu guhirika ubutegetsi bwa Perezida Mobutu Sese Seko mu gihugu cy’abaturanyi cya Congo, avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yateguye ikayobora impinduramatwara yakuyeho umunyagitugu, ingabo z’u Rwanda n’abofisiye bakaba barayoboye ingabo”.

Uwari visi Perezida yakomeje ahishura uko Isi yashidikanyaga ku bushobozi bw’ingabo z’u Rwanda bwo gukuraho umunyagitugu. Ati “Bari abantu bake bazi ko Mobutu yari umunyantege nke. Batekerezaga Mobutu nk’umuntu ukomeye udashobora gutsindwa”.

Iki kiganiro cyashegeshe abibonekezaga nk’ababohoye Congo. Perezida Museveni ntiyabashije kwihangana bitewe nuko yari yarashyizemo imbaraga abwira abashakaga kumwumva ko ingabo ze zakuye ku butegetsi Mobutu.

Yumvishije Perezida wa Congo icyo gihe, Laurent Kabila ko icyo kiganiro ari igikorwa cy’ubushotoranyi kigamije gutesha agaciro ubutegetsi bwe.

Kuri gahunda zidafitanye isano n’iyi, vuba cyane abakuru b’ibihugu bagiranye inama i Kinshasa yari yaranateguwe kuva mbere igamije kuganira ku bufasha n’ubufatanye kuri guverinoma nshya.

Mu gihe u Rwanda rwari ruhagarariwe uko bikwiye, Museveni mu bwirasi bwinshi avugana na Kabila, ko batumiza Visi Perezida w’u Rwanda agasobanurira inama icyemezo cye cyo kubahuka Kabila ubwo yahaga ikiganiro The Washington Post.

Indege yihariye yoherejwe igitaraganya i Kigali, ariko isubirayo itajyanye umugenzi yagombaga gutwara.

Ukunenga kwa Mugabe

Icyo kimwaro cya Museveni i Kinshasa ntacyo cyakoze mu gushyira iherezo ku mugambi we wo gushaka gukoloniza u Rwanda.

Mu 1998 mu nama imwe y’abakuru b’ibihugu yabereye i Victoria Falls muri Zimbabwe igamije gushaka igisubizo kirambye ku mirwano yari yubuwe n’abarwanyi ba FDLR n’ingabo za Kabila barwanya iz’u Rwanda, intambara yari irimo ingabo nyinshi zo mu karere.

Perezida Robert Mugabe yakwennye Perezida Museveni ndetse aramuhamagaza ubwo mu kiganiro kimwe yavugaga ko ingabo ze zifatanyije n’iza Zimbabwe mu Mujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa RDC.

Mugabe yasobanuriye abakuru b’ibihugu bari bateraniye aho ko ahubwo Museveni arimo kubeshya abanya-Zimbabwe batigeze bafatanya n’umusirikare wa Uganda mu rugamba na rumwe.

Mugabe yabwiye Museveni ati “Nta ngabo za Uganda ziri mu Burasirazuba bwa Congo, ni abanyarwanda barwana intambara.” Muri make Mugabe yari azi ibyo avuga. Mu byumweru bike byari bishize yari yatakaje abasirikare ndetse n’ibikoresho birimo indege z’intambara ebyiri nshya, mu murwano umwe yasakiranyemo n’ingabo z’u Rwanda.

Abatazwi umubare barafashwe barafungwa barimo n’abayobozi bakuru babo nka Col. Funi, nyuma u Rwanda rwasubije abanya-Zimbabwe ibikoresho byabo rubishyikiriza Guverinoma i Harare.

Mu yindi nama yabereye i Tripoli muri Libya mu 1999 aho RDC yari ku ruhembe rw’ibyigirwa mu nama. U Rwanda rwanze kuyitabira bitewe n’uko Muammar Gaddafi yayitumije n’uburyo yayiyoboye. Museveni igezemo hagati yavuze ko ahagarariye u Rwanda.

Umuyobozi wo mu ihembe rya Afurika warakajwe no kubona iyi filimi asohoka gato mu cyumba yaberagamo ahamagara i Kigali.

Museveni yafatiwe n’ubukonje mu byicaro bye ubwo yumvaga ubutumwa butangazwa mu nama buvuga ko u Rwanda ari igihugu gifite ubusugire gihagararirwa n’abayobozi bacyo.

Ni urutonde rurerure ruriho ibikorwa by’akavuyo byerekana neza imitekerereze y’ubujiji kuri ubu irimo kugaragazwa ku karubanda ndetse ishobora guteza ikibazo cy’umutekano mu karere niba Perezida Museveni adakangutse ngo abone ko ari mu buyobe.

2019-06-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Mageza wishwe n’iyicarubozo rya Uganda wasabye u Rwanda kuwufasha kugarura umurambo we

Umuryango wa Mageza wishwe n’iyicarubozo rya Uganda wasabye u Rwanda kuwufasha kugarura umurambo we

Ubwanditsi 11 Feb 2020
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Prof Charles Kambanda wahungiye ubutabera muri Amerika, yamunzwe n’ingengabitekerezo ya jenoside, abamuzi bakemeza ko ameze nk’uwataye umutwe.

Prof Charles Kambanda wahungiye ubutabera muri Amerika, yamunzwe n’ingengabitekerezo ya jenoside, abamuzi bakemeza ko ameze nk’uwataye umutwe.

Ubwanditsi 29 Oct 2020
Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Ubwanditsi 26 Apr 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Pascal Baylon Ndengejeho
    June 18, 20194:03 pm -

    Museveni akwiye kwibaza akisubiza. Yashyigikiye inyeshyamba zifata Urwanda noneho arashyekerwa! Twambaza Nyagasa!ni ngo azamwishyuze ibyo yakoreye igihugu cy’Urwanda. Biracyaza

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirikare w’u Rwanda yahitanwe n’impanuka y’imodoka
Mu Mahanga

Umusirikare w’u Rwanda yahitanwe n’impanuka y’imodoka

Ubwanditsi 07 Jul 2016
Hazashyirwaho isiganwa ry’amagare ryo kwibuka Lambert Byemayire
IMIKINO

Hazashyirwaho isiganwa ry’amagare ryo kwibuka Lambert Byemayire

Ubwanditsi 03 Jan 2017
Amafoto – Mugisha Gilbert na Bizimana Djihad bafashije Amavubi gutsinda Madagascar 2-0, u Rwanda ruhembwa nk’ikipe yitwaye neza
Amakuru

Amafoto – Mugisha Gilbert na Bizimana Djihad bafashije Amavubi gutsinda Madagascar 2-0, u Rwanda ruhembwa nk’ikipe yitwaye neza

Ubwanditsi 25 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru