• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Editorial 04 Apr 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ibi byemerejwe mu nama y’intekorusange isanzwe yabaye kuri uyu wa uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Mata 2021, aho abanyamuryango ba Komite Olempike y’u Rwanda batoye ko amatora ya Komite Nyobozi nshya yayo azaba tariki ya 9 Ukwakira nyuma y’Imikino Olempike izabera i Tokyo mu mpeshyi ya 2021.

Iby’aya matora bije nyuma yaho manda ya komite nyobozi yatangiye kuyobora mu mwaka wa 2017 ikaba yaragombaga kurangira mu Werurwe 2021, ariko iyi komite ikaba izakomeza kuyobora kuko amategeko mpuzamahanga yemeza ko komite nyobozi iva ku buyozi imikino olimpike irangiye, ku bwo kuba imikino y’umwaka wa 2020 itabaye ndetse ikimurirwa mu mpeshyi za 2021 nicyo cyatumye hategurwa kumenya niba komite nyobozi isoza manda mbere y’iyi mikino cyangwa se izakomeza kugeza iyi mikino irangiye.

Nyuma y’ibi abanyamuryango ba Komite olimpiki mu Rwanda bakaba bemeje ko amatora y’abayobozi bashya azaba mu Kwakira ubwo imikino izaba irangiye, ibi bikaba bivuze ko iyi komite nyobozi iyobowe na Ambasaderi Munyabagisha Valens ikomeza kuyobora kugeza iyi mikino irangiye.

Mu bantu 49 batoye bari bitabiriye iyo ntekorusange 21 muri bo bahisemo ko amatora ya Komite Nyobozi azaba mbere y’imikino Olempike naho abandi 28 bemeza ko azaba nyuma yayo. Abandi 11 ntibatoye, ibi bikaba bivuze ko kuba umubare munini w’abatora, bahisemo ko yazaba nyuma y’Imikino Olempike, ahari aho kandi banemejwe ko itariki yayo ari ku wa 9 Ukwakira 2021 mu gihe ibikorwa byo gutanga kandidatire bikazakorwa muri Nzeri.

Komite iriho kugeza ubu iyobowe na Amb. Munyabagisha Valens [Perezida], Rwemalika Félicité [Visi Perezida wa Mbere akaba n’Umunyamuryango wa Komite Olempike Mpuzamahanga], Bizimana Festus [Visi Perezida wa Kabiri], Sharangabo Alexis wasimbuye Bizimana Dominique [Umunyamabanga], Ingabire Alice [Umubitsi], E’gairma Hermine [Umujyanama], Nzabanturura Eugène [Umujyanama] na Alice [Umugenzi w’Imari].

2021-04-04
Editorial

IZINDI NKURU

Irushanwa Nyafurika mu mukino w’intoki wa Volleyball ryasojwe Tunisia itwaye igikombe mu bagabo naho u Rwanda rusoza ku mwanya wa 6

Irushanwa Nyafurika mu mukino w’intoki wa Volleyball ryasojwe Tunisia itwaye igikombe mu bagabo naho u Rwanda rusoza ku mwanya wa 6

Editorial 15 Sep 2021
Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Editorial 29 Oct 2020
Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Editorial 05 Sep 2016
Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Administrator 24 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paris : Urujijo ni rwose  mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira
ITOHOZA

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Editorial 09 May 2016
“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana
Mu Rwanda

“Smart Africa”, u Rwanda na Gabon byakuyeho amananiza mu bijyanye no guhamagarana

Editorial 21 Jul 2016
Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho
HIRYA NO HINO

Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho

Editorial 02 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru