• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Incamake y’ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru

Ubwanditsi 21 Mar 2016 IMIKINO

Mu mpera z’iki cy’umweru habaye imikino itandukanye aho amakipe abiri yari ahagarariye u Rwanda yarasezerewe mu mupira w’amaguru no mu mikino y’amaboko shampiyona zirakomeje.

Football

Mu mupira w’amaguru amakipe yari ahagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika, ari yo APR FC na Police FC yarasezerewe mu mpera z’iki cyumweru.

Ikipe ya Police FC yatsinzwe na Vita Club igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabereye i Kigali tariki ya 19 Werurwe mu marushanwa y’amakipe yatwaye ibikombe iwayo (CAF Confederation Cup).

Mu mukino ubanza Police FC yari babashije kunganya na Vita Club iwayo muri Congo Brazzaville.

APR FC na yo yanganyije na Yanga igitego 1-1 mu mukino wo kwishyura wabereye muri Tanzania.

Umukino ubanza wari wabereye i Kigali, Yanga Africans icyo gihe yatsinze ibitego 2 kuri 1 cya APR FC. Bivuze ko APR FC yahise isezererwa muri iri irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAF Champions League).

Volleyball

Nyuma yo gutsinda amaseti 3-0 Rayon Sports mu mpera z’iki cyumweru, APR VC yahise ijya ku mwanya wa kabiri n’amanota 15.

Iri ku mwanya wa mbere ni INATEK VC ifite amanota 17 ikaba ari na yo iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona.

Indi mikino uko yagenze

INATEK 3-0 KVC

KIREHE 3-0 UBT

IPRC SOUTH 3-0 LDN

Basketball

Ubumwe Basketball Club ni yo yegukanye igikombe cyitiriwe umunsi mpuzamahanga w’umugore itsinze APR Basketball Club amanota 72-49 ku Cyumweru tariki ya 20 Werurwe 2016 kuri Sitade Amahoro.

Irushanwa ry’abagore ryatangiriye mu Murenge wa Rwinkwavu Tariki 19 Werurwe.

Shampiyona nabwo yarakomeje mu cyiciro cy’abagabo:

CSK BBC 56-126 ESPOIR BBC

IPRC South 76-81 IPRC Kigali

Handball

Shampiyona ya handball yari igeze ku munsi wa gatatu aho Police HC ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona n’amanota 9 nyuma yo gutsinda ibitego 37-18 Kibogora Polytechinic.

Uko indi mikino yagenze

GS RAMBURA 20-25 APR

UR HUYE CAMPUS 33-35 UR CE

NPC

Ikipe y’u Rwanda y’abagore ya Sitting Volleyball mu mpera z’icyumweru yatsinzwe imikino ibiri mu marushanwa ahuza imigabane yiswe “World Paravolley 2016 Intercontinental Sitting Volleyball”.

Uko imikino yagenze

Iran 3-0 Rwanda

China 3-0 Rwanda

Souce: Izuba rirashe

2016-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Ubwanditsi 29 Jul 2025
Nyuma yo gusezererwa muri CHAN2018, Antoine Hey yasezeye

Nyuma yo gusezererwa muri CHAN2018, Antoine Hey yasezeye

Ubwanditsi 25 Jan 2018
Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina

Bitewe n’imvune, myugariro Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’ ashobora kumara amezi 5 adakina

Ubwanditsi 21 Jan 2025
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye siporo rusange ya Car Free Day (Amafoto)

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye siporo rusange ya Car Free Day (Amafoto)

Ubwanditsi 16 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera
INKURU NYAMUKURU

Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Ubwanditsi 30 Apr 2019
ICC izatangira kuburanisha urubanza rwa Al Mahdi mu kwezi gutaha
ITOHOZA

ICC izatangira kuburanisha urubanza rwa Al Mahdi mu kwezi gutaha

Ubwanditsi 12 Aug 2016
Iryavuzwe riratashye : Nahimana yasohoye inyandiko ihakana Jenoside n’abayikoze
ITOHOZA

Iryavuzwe riratashye : Nahimana yasohoye inyandiko ihakana Jenoside n’abayikoze

Ubwanditsi 30 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru