• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi

Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi

Ubwanditsi 07 Jul 2018 IMIKINO

Igihugu gikomeye mu mupira w’amaguru ku Isi, Brazil, cyahabwaga amahirwe yo kwegukana igikombe cy’Isi cya 2018, cyasezerewe n’u Bubiligi muri ¼ cy’iri rushanwa.

Brazil yatangiye iri rushanwa ihabwa amahirwe yo kuryegukana, akiyongera umunsi ku wundi nyuma yaho ibihugu bikomeye byasezererwa kimwe ku kindi.

Mu mukino wa ¼ wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, u Bubiligi butahabwaga amahirwe nibwo bwafunguye amazamu ku gitero cyitsinzwe na Fernandinho ku munota wa 13.

Brazil yahererekanyaga umupira neza kurusha u Bubiligi, yagerageje uburyo bwinshi bwo gushaka uko yishyura ariko ba myugariro b’u Bubiligi bari benshi imbere y’izamu ryabo barayizibira.

Ku munota wa 30, Brazil igishakisha uko yakwishyura, abasore b’u Bubiligi baje kuyica mu rihumye maze bazamukana umupira ugera kuri Kevin De Bruyne maze nawe atera ishoti rikomeye umuzamu wa Brazil ayoberwa uko bigenze.

Igice cya mbere cyarangiye ari ibitego bibiri ku busa. Mu gice cya kabiri, Brazil yakoze impinduka ishaka uko ibona intsinzi, umutoza wayo Tite yinjiza mu kibuga abasore barimo nka Roberto Firmino, Douglas Costa na Renato Augusto.

Basatiriye bikomeye bashaka kwishyura, Neymar agerageza uburyo bwinshi imbere y’izamu ariko byose biranga biba iby’ubusa kugeza ubwo Renato Augusto yatsinze igitego kimwe ku munota wa 73.

Abasore ba Brazil bakomeje gusatira, biharira umupira karahava ariko banarema uburyo bwateje impaka basaba guhabwa penaliti n’ibindi ariko iminota 90 irangira ari ibitego bibiri kuri kimwe.

Brazil ibaye indi kipe ikomeye nyuma ya Espagne, u Budage, Argentine, na Portugal isezerewe.

U Bubiligi bwakatishije itike buzahura muri ½ n’u Bufaransa mu mukino uzagena ikipe igomba kugera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa.

Hagati aho, kuri uyu wa Gatandatu u Burusiya bwakiriye irushanwa buzakina na Croatia, naho u Bwongereza buhure na Suède.

Kevin De Bruyne ni we watsinze igitego cyashimangiye intsinzi y’u Bubiligi

Abakinnyi b’u Bubiligi bishimira igitego cya mbere babonye kuri Brazil

Eden Hazard yishimira gufasha u Bubiligi kugera muri 1/2 aho bugomba kuzisobanura n’u Bufaransa

Ibyishimo byari byose nyuma y’aho iyi kipe igereye muri 1/2

Agahinda kari kose kuri Neymar wari witezweho ibitangaza n’Abanya-Brazil bose

2018-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Mu nama yatorewemo Motsepe nk’umuyobozi mushya wa CAF, Ethiopia yahawe kwakira CECAFA y’ibihugu, Tanzaniya ihabwa Kagame Cup.

Mu nama yatorewemo Motsepe nk’umuyobozi mushya wa CAF, Ethiopia yahawe kwakira CECAFA y’ibihugu, Tanzaniya ihabwa Kagame Cup.

Ubwanditsi 12 Mar 2021
Impinduka mu miyoborere ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yatorewe kuyobora umuryango, Paul Muvunyi aba umuyobozi w’Ikirenga

Impinduka mu miyoborere ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yatorewe kuyobora umuryango, Paul Muvunyi aba umuyobozi w’Ikirenga

Ubwanditsi 18 Nov 2024
Nkinzingabo Fiston wakiniye amakipe arimo APR FC, Kiyovu SC yasezeye ku mupira w’amaguru ku myaka 29

Nkinzingabo Fiston wakiniye amakipe arimo APR FC, Kiyovu SC yasezeye ku mupira w’amaguru ku myaka 29

RUSHYASHYA 03 Apr 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya
Mu Rwanda

Ubutegetsi mu Burundi ntibubona impamvu yo gushyikirana n’ababurwanya

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika
IKORANABUHANGA

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho
HIRYA NO HINO

Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho

Ubwanditsi 02 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru