• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi

Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi

Ubwanditsi 07 Jul 2018 IMIKINO

Igihugu gikomeye mu mupira w’amaguru ku Isi, Brazil, cyahabwaga amahirwe yo kwegukana igikombe cy’Isi cya 2018, cyasezerewe n’u Bubiligi muri ¼ cy’iri rushanwa.

Brazil yatangiye iri rushanwa ihabwa amahirwe yo kuryegukana, akiyongera umunsi ku wundi nyuma yaho ibihugu bikomeye byasezererwa kimwe ku kindi.

Mu mukino wa ¼ wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, u Bubiligi butahabwaga amahirwe nibwo bwafunguye amazamu ku gitero cyitsinzwe na Fernandinho ku munota wa 13.

Brazil yahererekanyaga umupira neza kurusha u Bubiligi, yagerageje uburyo bwinshi bwo gushaka uko yishyura ariko ba myugariro b’u Bubiligi bari benshi imbere y’izamu ryabo barayizibira.

Ku munota wa 30, Brazil igishakisha uko yakwishyura, abasore b’u Bubiligi baje kuyica mu rihumye maze bazamukana umupira ugera kuri Kevin De Bruyne maze nawe atera ishoti rikomeye umuzamu wa Brazil ayoberwa uko bigenze.

Igice cya mbere cyarangiye ari ibitego bibiri ku busa. Mu gice cya kabiri, Brazil yakoze impinduka ishaka uko ibona intsinzi, umutoza wayo Tite yinjiza mu kibuga abasore barimo nka Roberto Firmino, Douglas Costa na Renato Augusto.

Basatiriye bikomeye bashaka kwishyura, Neymar agerageza uburyo bwinshi imbere y’izamu ariko byose biranga biba iby’ubusa kugeza ubwo Renato Augusto yatsinze igitego kimwe ku munota wa 73.

Abasore ba Brazil bakomeje gusatira, biharira umupira karahava ariko banarema uburyo bwateje impaka basaba guhabwa penaliti n’ibindi ariko iminota 90 irangira ari ibitego bibiri kuri kimwe.

Brazil ibaye indi kipe ikomeye nyuma ya Espagne, u Budage, Argentine, na Portugal isezerewe.

U Bubiligi bwakatishije itike buzahura muri ½ n’u Bufaransa mu mukino uzagena ikipe igomba kugera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa.

Hagati aho, kuri uyu wa Gatandatu u Burusiya bwakiriye irushanwa buzakina na Croatia, naho u Bwongereza buhure na Suède.

Kevin De Bruyne ni we watsinze igitego cyashimangiye intsinzi y’u Bubiligi

Abakinnyi b’u Bubiligi bishimira igitego cya mbere babonye kuri Brazil

Eden Hazard yishimira gufasha u Bubiligi kugera muri 1/2 aho bugomba kuzisobanura n’u Bufaransa

Ibyishimo byari byose nyuma y’aho iyi kipe igereye muri 1/2

Agahinda kari kose kuri Neymar wari witezweho ibitangaza n’Abanya-Brazil bose

2018-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Ubwanditsi 20 Dec 2021
Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ubwanditsi 13 Jun 2021
Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Ubwanditsi 14 Jun 2024
Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho

Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho

Ubwanditsi 09 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amahoro  Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage  ama  Grenades
ITOHOZA

Amahoro Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage ama Grenades

Ubwanditsi 12 Jan 2016
Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye
Mu Rwanda

Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Ubwanditsi 24 Oct 2017
U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano
IMIKINO

U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru