• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Ubwanditsi 27 Mar 2017 ITOHOZA

Umunyemari Rujugiro ubu ari mu manza nyuma yaho atetse umutwe bikamenyekana ko umuzigo (container) urimo ibyuma by’ uruganda rw’itabi waburiwe irengero ugeze hagati ya Sudani na Uganda, ahitwa i Beyi.

Aya makuru y’ibanga aturuka muri Uganda, aravuga ko rwambikanye hagati ya Rujugiro n’umushoramali w’umunya Swaziland akanaba nyiri Bank Letshego. Uyu munyemali ni inshuti magara ya Perezida Zuma, ari nawe uri kumufasha ngo arebe ko yagaruza akayabo k’ amadorali yahaye Rujugiro uri kumutekera umutwe, amubeshya ko container yiburiwe irengero.

Rujugiro, wahunze igihugu cy’u Rwanda mu mwaka w’2011, ajya kwifatanya n’abarwanya leta y’u Rwanda asanzwe ariwe nyiri PanAfrican Tobacco Group, akaba aherutse gutungura abantu ubwo yatangaza ko agiye kubaka uruganda rw’itabi, ahitwa Arua mu majyaruguru y’igihugu cy’abaturanyi cya Uganda, rukazatwara akayabo ka miliyoni 20 z’amadolari.

Icyaje gutangaza abantu ni uko mugihe hashize amezi abiri gusa kuri ubu Rujugiro yatangiye kuburana na Sosiyete yatsemo ubwishingizi bw’imizigo muri Uganda, asaba kwishyurwa miliyoni 14 z’amadolari. Aya makuru uwayaduhaye ahamya ko yiboneye ubwe , abashinzwe ubucuruzi bwa Rujugiro muri Uganda, muri imwe mu ma Sosiyete y’Ubwishingizi bakora imenyakanisha (declaration) ko ibintu bye byibiwe munzira, ndetse ko n’ ikamyo isanzwe ipakira imizigo iremereye yarimo ibyo ibyuma by’amamashini y’uruganda rw’Itabi byajyaga Arua, bifite agaciro ka Miliyoni 14 z’Amadorali y’Amerika, byaburiwe irengero munzira ahitwa i Beyi, hagati ya Uganda na Sudan ndetse ko n’umushoferi wari utwaye iyo kamyo, akaba ataragaragara kugeza ubu.

Mu bucuruzi bwa Rujugiro yaranzwe n’ubuhemu no kunyereza imisoro ya Leta haba mu Rwanda no mu mahanga aho afite ubucuruzi bukomeye nko muri Afrika y’Epfo, Uganda n’ahandi.

-6150.jpg

Umunyemali Rujugiro aho yari Dubai

Icyaje kuba agahoma munwa ni igihe Perezida Kagame yahuraga n’abacuruzi bibumbiye muri RIG (Rwanda Investment Group) Rujugiro yari abereye Chairman, Perezida Kagame yaje gutanga igitekerezo asaba ko bakwishyira hamwe bagashaka umuti urambye w’ikibazo cy’ibura rya ciment mu gihugu, icyo igitekerezo cya Perezida Kagame cyari icyo gukuba inshuro esheshatu (6) umusaruro waturukaga mu ruganda rukora ciment arirwo CIMERWA ruherereye mu karere ka Rusizi.

Uruganda CIMERWA rwagombaga kuva kuri toni 100.000 rukagera kuri toni 600.000 ku mwaka, mu gushakisha umuti w’ikibazo hagombaga gutumizwa imashini mu Bushinwa, Rujugiro yaje kwerekeza mu Bushinwa gushaka izo mashini zo kongera umusaruro w’uruganda, bamwe mu bacuruzi ba RIG, bagaragazaga ko mu Bushinwa, habonetse abazatanga izo mashini kuva kuri miliyoni 17, kugera kuri 20 z’amadorali y’Amerika .

Ariko Rujugiro yaje guca inyuma yigira mu Bushinwa agaruka avuga ko yabonye izo mashini kuri miliyoni 36 z’amadorali y’Amerika, avugako ntakundi byagenda zigomba kugurwa, ndetse atangira kwishyura atigeze avugana n’inama y’ubutegetsi ya RIG, kandi n’aho bari bumvikanye kugurira siho yagiye, ahubwo yigiriye aho we yari yapanze kuryamo icyacumi, ahita yishyura avance ingana na miliyoni 10.600.000 USD, asaga miliyari icyenda (9) uyavunje mu manyarwanda.

Izo mashini ntazageze mu Rwanda, kandi Ciment yari ihenze cyane, kuko Rujugiro yashakaga kwikubira iryo soko rya Ciment yaje guca inyuma afata za mashine igice cyose cy’uruganda rwagombaga kuzamura umusasuro wa CIMERWA, acyohereza I Burundi, acyubakamo ruganda rwe rwa ciment hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi ahitwa Cibitoke, muri 80km uvuye I Rusizi mu Bugarama.

-6151.jpg

Rujugiro aba apanga kwiba ahantu hose

Si ibyo gusa kuko ubuhemu bwa Rujugiro ni bwinshi, muziko hari Projet yo gucukura Gaz methane mu kiyaga cya Kivu, iyi projet yari mu maboko ya RIG. Ariko Rujugiro yasize ayihombeje ubwo yaguraga icyuma cya fake kitari gifite ubushobozi bwo gukora ubushakashatsi mu kiyaga cya Kivu no gucukura Gaz Methane, arangije kubera gutinya ko ubuyobozi bw’igihugu buzabumenya, agambana n’aba techniciens icyo cyuma bakiroha mu Kivu saa munani zijoro kirarohama, bucyeye bajya muri SONARWA, kuko cyari gifite ubwishingizi. Muri SONARWA naho Rujugiro yari afitemo imigabane nibwo yasabye SONARWA kukishyura akubye inshuro ebyiri ayaguze cya cyuma bivugwa ko cyishyuwe akayabo ka ngana n’ibihumbi 700.000 byama Euro, nyuma yaho Rujugiro yari amaze gukuramo aye. Ubu uwo mushinga weguriwe Leta na’abandi bafatanyabikorwa ngo bazahure ibyo Rujugiro yasize yangije.

Cyiza Davidson

2017-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda

Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Nov 2018
Umwiryane n’amacakubiri mu barwanya Leta y’u Rwanda

Umwiryane n’amacakubiri mu barwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Umudiho uva mu itako

Umudiho uva mu itako

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Uburiganya : Mpayimana Philippe  yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Uburiganya : Mpayimana Philippe yashyizwe mu majwi mu bashaka imikono ya kandidatire binyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 27 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare
HIRYA NO HINO

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Ubwanditsi 04 Dec 2019
Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere
Mu Mahanga

Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere

Ubwanditsi 08 May 2016
AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota
Amakuru

AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

Ubwanditsi 20 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru