• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Ubwanditsi 27 Mar 2017 ITOHOZA

Umunyemari Rujugiro ubu ari mu manza nyuma yaho atetse umutwe bikamenyekana ko umuzigo (container) urimo ibyuma by’ uruganda rw’itabi waburiwe irengero ugeze hagati ya Sudani na Uganda, ahitwa i Beyi.

Aya makuru y’ibanga aturuka muri Uganda, aravuga ko rwambikanye hagati ya Rujugiro n’umushoramali w’umunya Swaziland akanaba nyiri Bank Letshego. Uyu munyemali ni inshuti magara ya Perezida Zuma, ari nawe uri kumufasha ngo arebe ko yagaruza akayabo k’ amadorali yahaye Rujugiro uri kumutekera umutwe, amubeshya ko container yiburiwe irengero.

Rujugiro, wahunze igihugu cy’u Rwanda mu mwaka w’2011, ajya kwifatanya n’abarwanya leta y’u Rwanda asanzwe ariwe nyiri PanAfrican Tobacco Group, akaba aherutse gutungura abantu ubwo yatangaza ko agiye kubaka uruganda rw’itabi, ahitwa Arua mu majyaruguru y’igihugu cy’abaturanyi cya Uganda, rukazatwara akayabo ka miliyoni 20 z’amadolari.

Icyaje gutangaza abantu ni uko mugihe hashize amezi abiri gusa kuri ubu Rujugiro yatangiye kuburana na Sosiyete yatsemo ubwishingizi bw’imizigo muri Uganda, asaba kwishyurwa miliyoni 14 z’amadolari. Aya makuru uwayaduhaye ahamya ko yiboneye ubwe , abashinzwe ubucuruzi bwa Rujugiro muri Uganda, muri imwe mu ma Sosiyete y’Ubwishingizi bakora imenyakanisha (declaration) ko ibintu bye byibiwe munzira, ndetse ko n’ ikamyo isanzwe ipakira imizigo iremereye yarimo ibyo ibyuma by’amamashini y’uruganda rw’Itabi byajyaga Arua, bifite agaciro ka Miliyoni 14 z’Amadorali y’Amerika, byaburiwe irengero munzira ahitwa i Beyi, hagati ya Uganda na Sudan ndetse ko n’umushoferi wari utwaye iyo kamyo, akaba ataragaragara kugeza ubu.

Mu bucuruzi bwa Rujugiro yaranzwe n’ubuhemu no kunyereza imisoro ya Leta haba mu Rwanda no mu mahanga aho afite ubucuruzi bukomeye nko muri Afrika y’Epfo, Uganda n’ahandi.

-6150.jpg

Umunyemali Rujugiro aho yari Dubai

Icyaje kuba agahoma munwa ni igihe Perezida Kagame yahuraga n’abacuruzi bibumbiye muri RIG (Rwanda Investment Group) Rujugiro yari abereye Chairman, Perezida Kagame yaje gutanga igitekerezo asaba ko bakwishyira hamwe bagashaka umuti urambye w’ikibazo cy’ibura rya ciment mu gihugu, icyo igitekerezo cya Perezida Kagame cyari icyo gukuba inshuro esheshatu (6) umusaruro waturukaga mu ruganda rukora ciment arirwo CIMERWA ruherereye mu karere ka Rusizi.

Uruganda CIMERWA rwagombaga kuva kuri toni 100.000 rukagera kuri toni 600.000 ku mwaka, mu gushakisha umuti w’ikibazo hagombaga gutumizwa imashini mu Bushinwa, Rujugiro yaje kwerekeza mu Bushinwa gushaka izo mashini zo kongera umusaruro w’uruganda, bamwe mu bacuruzi ba RIG, bagaragazaga ko mu Bushinwa, habonetse abazatanga izo mashini kuva kuri miliyoni 17, kugera kuri 20 z’amadorali y’Amerika .

Ariko Rujugiro yaje guca inyuma yigira mu Bushinwa agaruka avuga ko yabonye izo mashini kuri miliyoni 36 z’amadorali y’Amerika, avugako ntakundi byagenda zigomba kugurwa, ndetse atangira kwishyura atigeze avugana n’inama y’ubutegetsi ya RIG, kandi n’aho bari bumvikanye kugurira siho yagiye, ahubwo yigiriye aho we yari yapanze kuryamo icyacumi, ahita yishyura avance ingana na miliyoni 10.600.000 USD, asaga miliyari icyenda (9) uyavunje mu manyarwanda.

Izo mashini ntazageze mu Rwanda, kandi Ciment yari ihenze cyane, kuko Rujugiro yashakaga kwikubira iryo soko rya Ciment yaje guca inyuma afata za mashine igice cyose cy’uruganda rwagombaga kuzamura umusasuro wa CIMERWA, acyohereza I Burundi, acyubakamo ruganda rwe rwa ciment hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi ahitwa Cibitoke, muri 80km uvuye I Rusizi mu Bugarama.

-6151.jpg

Rujugiro aba apanga kwiba ahantu hose

Si ibyo gusa kuko ubuhemu bwa Rujugiro ni bwinshi, muziko hari Projet yo gucukura Gaz methane mu kiyaga cya Kivu, iyi projet yari mu maboko ya RIG. Ariko Rujugiro yasize ayihombeje ubwo yaguraga icyuma cya fake kitari gifite ubushobozi bwo gukora ubushakashatsi mu kiyaga cya Kivu no gucukura Gaz Methane, arangije kubera gutinya ko ubuyobozi bw’igihugu buzabumenya, agambana n’aba techniciens icyo cyuma bakiroha mu Kivu saa munani zijoro kirarohama, bucyeye bajya muri SONARWA, kuko cyari gifite ubwishingizi. Muri SONARWA naho Rujugiro yari afitemo imigabane nibwo yasabye SONARWA kukishyura akubye inshuro ebyiri ayaguze cya cyuma bivugwa ko cyishyuwe akayabo ka ngana n’ibihumbi 700.000 byama Euro, nyuma yaho Rujugiro yari amaze gukuramo aye. Ubu uwo mushinga weguriwe Leta na’abandi bafatanyabikorwa ngo bazahure ibyo Rujugiro yasize yangije.

Cyiza Davidson

2017-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urutonde rw’ibigo 10 bya mbere mu butasi kurusha ibindi ku isi

Urutonde rw’ibigo 10 bya mbere mu butasi kurusha ibindi ku isi

Ubwanditsi 15 Apr 2017
Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Nyuma y’aho  Amb. Eugene Gasana  aherewe inshingano zo  guhungisha imitungo  ya Kabila yanyerejwe  ubu ngo yaba yiteguye kwerekaza muri  Kongre y’Amerika  gutanga ubuhamya

Nyuma y’aho Amb. Eugene Gasana aherewe inshingano zo guhungisha imitungo ya Kabila yanyerejwe ubu ngo yaba yiteguye kwerekaza muri Kongre y’Amerika gutanga ubuhamya

Ubwanditsi 07 Oct 2017
Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Ubwanditsi 15 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso
ITOHOZA

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na Ramaphosa wa Afurika y’Epfo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 30 Nov 2018
Kigali: Umwe mu bakekwaho gutera ibyuma umunyamakuru wa BTN yatawe muri yombi
Mu Rwanda

Kigali: Umwe mu bakekwaho gutera ibyuma umunyamakuru wa BTN yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru