• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi

Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi

Ubwanditsi 22 Oct 2016 ITOHOZA

Kuri uyu wa kabiri mu gitondo twumvise inkuru ibabaje kuri radio flash ijyanye n’amagambo mabi yavuzwe na Hon. Byabarumwanzi. Amagambo ababaje cyane ndetse akaba ari amagambo adakwiye kuvugwa n’umuntu ukorera Leta cyane intumwa ya rubanda kuko arimo agashinyaguro, kutemera Leta y’u Rwanda, FPR inkotayi no kutiyumva muri bagenzi be.

Gusa abo twari kumwe twumva iyo nkuru hari uwatubwiye ko niba ari Byabarumwanzi wabivuze bidatangaje kuko baca umugani mu Kinyarwanda burya ngo “izina ni ryo muntu”. Ubundi mu Kinyarwanda iyo havuzwe inkuru yifuriza inabi umuntu cyangwa umuryango runaka, abandi bantu runaka bagaye iyo nkuru mbi cyangwa bumva itari ngombwa ko ivugwa, baravuga bati “ byabara umwanzi”. Byabarumwanzi rero yavuze amagambo mabi yavugwa gusa n’umuntu ufite urwango mu mutima, wanga u Rwanda, FPR na bagenzi baba abakiriho ndetse n’abatuvuyemo.

Imyitwarire mibi, amagambo mabi ya Byabarumwanzi kuri Nyakwigendera Mucyo n’urupfu rwe.

Birababaje cyane kubona Byabarumwanzi yaramenyeshejwe urupfu rutunguranye rwa Senateri Mucyo akica amatwi, ntahagarike inama. Gusa ikibabaje cyane ni uko yageretseho amagambo mabi cyane akavuga ngo “urupfu rwa Senatri Mucyo ntirwahagarika inama kuko ngo Mucyo yari yarapfuye kera”. Ibi bintu byabara umwanzi koko, nta wundi wabivuga atari Byabarumwanzi.

Umuntu yakwibaza impamvu Byabarumwanzi avuga ko Senateri Mucyo yari yarapfuye kera kandi yaritabye Imana ari ku kazi, yaraje ku kazi yitwaye mu modoka. Wenda Byabarumwanzi yaba yarashakaga kuvuga ko Impanuka yo kugwa kuri escalier yahitanye Mucyo yabaye asanzwe hari indi ndwara afite? Niba ari n’ibyo yashakaga kuvuga ndagirango mbwire Byabarumwanzi ko ari icyaha gikomeye kuko na Byabarumwanzi ubwe, ku myaka ye, ntabuze indwara afite, agendana, akorana akazi. Byabarumwanzi rero ubu uramutse upfuye ntwavuga ngo “yari warapfuye kera”.

Tugarutse kubyo umuco wa Kinyarwanda uteganya ndagirango menyeshe Byabarumwanzi ko hari amagambo umuntu atavugwa iyo umuntu atakaje ubuzima, iyo abantu bafite ikiriyo, iyo igihugu kiri mu cyunamo cyangwa mu bindi bihe bifitanye isano n’imihango y’urupfu cyangwa gushyingura abitabye imana.

Ariko ikintu kibabaje kurushaho ni ukuntu umuntu nka Byabarumwanzi adashobora kwitondera ibyavuga nibura ngo najya kubivuga abanze atekereze inshingano ze nk’intumwa ya Rubanda: Byabarumwanzi aba muri Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu, Ubumwe bw’Abanyarwanda no kurwanya Jenoside. Byabarumwanzi aramutse atirengagije inshingano zijyanye n’iyi Komisiyo abamo ntiyavuga amagambo nkariya.

Kwica akazi, kuvangira bagenzi be, kwangisha abaturage ubutegetsi

Byabarumwanzi na bagenzi be bari muri Nyamagabe banasuye na Gereza baganiriza abafungwa biganjemo abakoze jenoside yakorewe abatutsi. Bamporiki yatanze ikiganiro abafungwa baranyurwa bamuha amashyi y’urufaya. Byabarumwanzi afashe ijambo abwira abafungwa ngo “ Jye sinkeneye ayo mashyi mwahaye Bamporiki”. Arakomeza aravuga ngo “Hon. Bamporiki, mujye mumuha amashyi jye sindi inkomamashyi nka Bamporiki”.

Aya ni amagambo mabi cyane muri politiki. Kubwira abafungwa ko adakeneye amashyi nk’ayari amaze guhabwa Bamporiki nyuma kubaganiriza bakanyurwa, bivuze ko Byabarumwanzi yagiye kuganiriza abafungwa yumva atari ngombwa, yumva atari ngombwa kubaha ubutumwa bubafasha cyangwa bubanyura nubwo bafunze, ntiyari yiteguye kumvisha abafungwa akamaro ka gahunda y’ubutabera, guhana no guhanura abafungwa no kubagaragaza isano iyo gahunda ifitanye na Genoside yakorewe abatutsi n’ibindi.

Nkaho ibyo bitari bihagije, Byabarumwanzi yongeyeho ko Bamporiki ari inkomamashyi. Ubundi umuntu bamwita inkomamashyi iyo ari umuntu urangwa no guhakwa cyane kuri shebuja ku buryo burenze igipimo gikenewe. Aha umuntu yakwibaza icyo bitwaye Byabarumwanzi kuba Bamporiki ari inkomamashyi cyane cyane ko badasangiye ishyaka.

Tubishyize mu mvugo ya giturage twavuga ko Shebuja wa Bamporiki ari RPF Inkotanyi. Kugaya rero ko Bamporiki akomera amashyi RPF, ahakwa cyane kuri RPF bifite icyo bihishe kandi kibi. Kuko kuba Bamporiki yahakwa kuri RPF atari icyaha, cyangwa inenge kuburyo Byabarumwanzi yabigaya mu ruhame. Mu yandi magambo ikibazo Byabarumwanzi ntagifite k’ukoma amashyi (Bamporiki) ahubwo agifite k’uyakomerwa (RPF). Ibyo Byabarumwanzi yavuze bigaragaza ko ikigega ibitekerezo bye ubu ari ukurwanya RPF n’umurongo n’ibikorwa byabo.

Byabarumwanzi arongera ati sindi inkomamashyi nka Bamporiki. Bivuze ngo ibyo Byabarumwanzi yagezeho murwego rwa politiki ntawe abikesha, ntawabimugejejeho mbega ni a self made man muri politiki. Byabarumwanzi uribeshya cyane, iki gihugu ugikesha byinshi birimo n’ibirenze ubikwiriye.

Byabarumwanzi yakomeje avuga ko iby’iyi Leta atabizi ngo azi ibyo muri Leta ya Habyalimana. Intumwa ya rubanda ivuga ibi ubwo yaba yemera umurongo wa Leta iriho ? Ibi byabara umwanzi gusa ntawundi wabivuga akicaye mu ntebe yo guhagararira abanyarwanda.

Mu gusoza, Byabarumwanzi akwiye kumenya ko atari byiza gukurikiza amagambo mabi umuntu witabye Imana. Ntibyari ngombwa kuvuga ariya magambo Senateri Mucyo amaze kwitaba Imana cyane cyane yakurushaga agaciro n’ubugabo. Kwica akazi byo ukwiye kubibazwa naho kugaya abubaha bihagije ababayobora, buriya sibo uba ugaya ahubwo uba urwanya ababayobora.

-4417.jpg

Depite Byabarumwanzi Francois

Turasaba ko imyifatire ya Byabarumwanzi yayibazwa, akamburwa ubudahangarwa byaba ngombwa akayihanirwa.

Emmanuel-Kigali Umusomyi wa Rushyashya

2016-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta gahunda yo gutabariza Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda: Boniface Benzinge

Nta gahunda yo gutabariza Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda: Boniface Benzinge

Ubwanditsi 09 Nov 2016
Rubavu : Njyanama yatunguwe no kwegura kwa Sinamenye bari bazi ko agaruka mu kazi vuba

Rubavu : Njyanama yatunguwe no kwegura kwa Sinamenye bari bazi ko agaruka mu kazi vuba

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Ishyamba si ryeru :  Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene  12.000 USD,  yasize atishyuye

Ishyamba si ryeru : Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene 12.000 USD, yasize atishyuye

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi  n’Inda nini.

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi n’Inda nini.

Ubwanditsi 14 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Umutoza wa Rayon Sports yafunguwe yamaze kugera I Kigali
ITOHOZA

Umutoza wa Rayon Sports yafunguwe yamaze kugera I Kigali

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR
Amakuru

Abatazi Tshisekedi baramubarirwa: Noneho yanze kwakira Intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ngo atamubwira ibyo gusenya FDLR

Ubwanditsi 11 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru