• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

Ubwanditsi 30 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA, ryahaye ikipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda iminsi 45 yo kuba yishyuye umukinnyi w’umunyakameruni Phillipe Arthur Banen wari wayisinyiye tariki 21 Mutarama 2020, icyo gihe uyu rutahizamu yasinye amasezerano y’imyaka ibiri ari muri Gikundiro.

Ibyo guhabwa iyo minsi ku ikipe ya Rayon Sports bije nyuma yaho itubahirije ibyo yari yumvikanye n’uyu mukinnyi ukina nka rutahizamu harimo amafaranga angana na miliyoni eshatu n’ibihumbi maganabiri mirongo ine na bitanu by’ayo yari yaguzwe ( Recruitment), hakiyongeraho amafaranga angana na miliyoni icyenda n’ibihumbi makumyabiri na bine y’amande iyi kipe yaciwe, yose hamwe akaba ahwanye na miliyoni cumi n’ebyiri n’ibihumbi maganabiri na mirongo itandantu na bitanu y’amanyarwanda.

Nkuko bigaragara mu ibaruwa FIFA yandikiye ikipe ya Rayon Sports dufitiye kopi, ikaba yaranditswe kuri uyu wa mbere tariki ya 29 Werurwe 2021, iyi kipe ikunzwe cyane mu Rwanda igomba kuba itazarenza tariki ya 13 Gicurasi 2021 yishyuye uyu mukinnyi.

Rutahizamu Phillipe Arthur Banen w’imyaka 20 y’amavuko, yageze mu Rwanda avuye iwabo muri Cameron aho yakinaga mu ikipe ya Union de Doula, yanakiniye kandi ikipe ya Juventus y’abana yo muri Afurika.FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA, ryahaye ikipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda iminsi 45 yo kuba yishyuye umukinnyi w’umunyakameruni Phillipe Arthur Banen wari wayisinyiye tariki 21 Mutarama 2020, icyo gihe uyu rutahizamu yasinye amasezerano y’imyaka ibiri ari muri Gikundiro.

Ibyo guhabwa iyo minsi ku ikipe ya Rayon Sports bije nyuma yaho itubahirije ibyo yari yumvikanye n’uyu mukinnyi ukina nka rutahizamu harimo amafaranga angana na miliyoni eshatu n’ibihumbi maganabiri mirongo ine na bitanu by’ayo yari yaguzwe ( Recruitment), hakiyongeraho amafaranga angana na miliyoni icyenda n’ibihumbi makumyabiri na bine kubera kumwirukana igasesa amasezerano ye nta mpamvu, yose hamwe akaba ahwanye na miliyoni cumi n’ebyiri n’ibihumbi maganabiri na mirongo itandantu na bitanu y’amanyarwanda.

Nkuko bigaragara mu ibaruwa FIFA yandikiye ikipe ya Rayon Sports dufitiye kopi, ikaba yaranditswe kuri uyu wa mbere tariki ya 29 Werurwe 2021, iyi kipe ikunzwe cyane mu Rwanda igomba kuba itazarenza tariki ya 13 Gicurasi 2021 yishyuye uyu mukinnyi.

Rutahizamu Phillipe Arthur Banen w’imyaka 20 y’amavuko, yageze mu Rwanda avuye iwabo muri Cameron aho yakinaga mu ikipe ya Union de Doula, yanakiniye kandi ikipe ya Juventus y’abana yo muri Afurika.

Icyateye ikipe ya Rayon Sports guhanishwa kwishyura amafaranga asaga miliyoni 12:

Ubwo iyi kipe ya Rayon Sports yayoborwaga na Munyakazi Sadate, uyu mukinnyi Philippe Arthur Banen ni umwe mu bakinnyi b’abanyamahanga ikipe ya Rayon Sports yaguze nyuma ntiyamukoresha kubera ko uyu mukinnyi ukina ku ruhande ndetse ushobora no gusatira yari atarabona ibyangombwa bimwemerera gukinira Giukundiro, iyi kipe yasanze ifite umubare munini w’abakinnyi b’abanyamahanga, bityo yahisemo guha amasezerano Ally Niyonzima kuko we byakundaga ko akina nk’umunyarwanda.

Mbere y’uko imikino yo kwishyura ikomeza, Gikundiro yafashe umwanzuro wo gushakira Ally ibyangombwa ndetse iza no kubibona bituma Arthur abura umwanya muri iyo kipe, gusa Arthur we yakomeje imyitozo ndetse bamwemerera ko bazajya bamuhemba adakina kuko atari yabonye ibyangombwa (License).

Nyuma yaho shampiyona yari yasubitswe kubera koronavirusi, ikipe ya Rayon Sports kandi yanagaragayemo ibibazo bijyanye n’amategeko bityo ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere giha uburenganzira abandi bayobozi bashya bari bayobowe na Murenzi Abdallah maze komite yari iyobowe na Sadate ntiyakomeza kuyobora.

Iyo komite nshya y’inzibacyuho yafashe ikipe ya Rayon Sports yagenzuye ububasha ndetse n’ubushobozi bwa bamwe mu bakinnyi yari ifite dore ko yari munzira yo kwiyubaka nyuma yaho yari itakaze bamwe mu bakinnyi bakomeye bityo yanzura ko Arthur atakomezanya nayo kuko nta byangombwa yari afite byo gukina iyi shampiyona.

Mu kuba ikipe ya Rayon Sports yaramusezereye bitubahije amategeko niho havuye kuba uyu munyakameruni Philippe Arthur yitabaza impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA, nayo yiga kuri icyo kirego isanga Rayon yarirukanye uyu mukinnyi mu buryo butemewe n’amategeko bikaba aribyo byayiviryemo guhanishwa gutanga akayabo k’asaga miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda nkuko ingingo ya 15 ndetse n’iya 18 z’amategeko agenda abakinnyi muri FIFA abiteganya.

2021-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Ubwanditsi 10 Sep 2024
Uko isomwa ry’urubanza rwa  Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi  ikizava mu isomerwa

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Ubwanditsi 16 Oct 2023
Eric Nshimiyimana yabonye intsinzi ya mbere kuva agizwe umutoza mukuru wa Bugesera FC

Eric Nshimiyimana yabonye intsinzi ya mbere kuva agizwe umutoza mukuru wa Bugesera FC

Ubwanditsi 18 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano
Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano

Ubwanditsi 04 Jan 2016
U Rwanda rwungutse inkura 5 z’umukara rwakuye I Burayi
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwungutse inkura 5 z’umukara rwakuye I Burayi

Ubwanditsi 24 Jun 2019
APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije
Amakuru

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

Ubwanditsi 31 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru