• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

Ubwanditsi 30 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA, ryahaye ikipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda iminsi 45 yo kuba yishyuye umukinnyi w’umunyakameruni Phillipe Arthur Banen wari wayisinyiye tariki 21 Mutarama 2020, icyo gihe uyu rutahizamu yasinye amasezerano y’imyaka ibiri ari muri Gikundiro.

Ibyo guhabwa iyo minsi ku ikipe ya Rayon Sports bije nyuma yaho itubahirije ibyo yari yumvikanye n’uyu mukinnyi ukina nka rutahizamu harimo amafaranga angana na miliyoni eshatu n’ibihumbi maganabiri mirongo ine na bitanu by’ayo yari yaguzwe ( Recruitment), hakiyongeraho amafaranga angana na miliyoni icyenda n’ibihumbi makumyabiri na bine y’amande iyi kipe yaciwe, yose hamwe akaba ahwanye na miliyoni cumi n’ebyiri n’ibihumbi maganabiri na mirongo itandantu na bitanu y’amanyarwanda.

Nkuko bigaragara mu ibaruwa FIFA yandikiye ikipe ya Rayon Sports dufitiye kopi, ikaba yaranditswe kuri uyu wa mbere tariki ya 29 Werurwe 2021, iyi kipe ikunzwe cyane mu Rwanda igomba kuba itazarenza tariki ya 13 Gicurasi 2021 yishyuye uyu mukinnyi.

Rutahizamu Phillipe Arthur Banen w’imyaka 20 y’amavuko, yageze mu Rwanda avuye iwabo muri Cameron aho yakinaga mu ikipe ya Union de Doula, yanakiniye kandi ikipe ya Juventus y’abana yo muri Afurika.FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA, ryahaye ikipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda iminsi 45 yo kuba yishyuye umukinnyi w’umunyakameruni Phillipe Arthur Banen wari wayisinyiye tariki 21 Mutarama 2020, icyo gihe uyu rutahizamu yasinye amasezerano y’imyaka ibiri ari muri Gikundiro.

Ibyo guhabwa iyo minsi ku ikipe ya Rayon Sports bije nyuma yaho itubahirije ibyo yari yumvikanye n’uyu mukinnyi ukina nka rutahizamu harimo amafaranga angana na miliyoni eshatu n’ibihumbi maganabiri mirongo ine na bitanu by’ayo yari yaguzwe ( Recruitment), hakiyongeraho amafaranga angana na miliyoni icyenda n’ibihumbi makumyabiri na bine kubera kumwirukana igasesa amasezerano ye nta mpamvu, yose hamwe akaba ahwanye na miliyoni cumi n’ebyiri n’ibihumbi maganabiri na mirongo itandantu na bitanu y’amanyarwanda.

Nkuko bigaragara mu ibaruwa FIFA yandikiye ikipe ya Rayon Sports dufitiye kopi, ikaba yaranditswe kuri uyu wa mbere tariki ya 29 Werurwe 2021, iyi kipe ikunzwe cyane mu Rwanda igomba kuba itazarenza tariki ya 13 Gicurasi 2021 yishyuye uyu mukinnyi.

Rutahizamu Phillipe Arthur Banen w’imyaka 20 y’amavuko, yageze mu Rwanda avuye iwabo muri Cameron aho yakinaga mu ikipe ya Union de Doula, yanakiniye kandi ikipe ya Juventus y’abana yo muri Afurika.

Icyateye ikipe ya Rayon Sports guhanishwa kwishyura amafaranga asaga miliyoni 12:

Ubwo iyi kipe ya Rayon Sports yayoborwaga na Munyakazi Sadate, uyu mukinnyi Philippe Arthur Banen ni umwe mu bakinnyi b’abanyamahanga ikipe ya Rayon Sports yaguze nyuma ntiyamukoresha kubera ko uyu mukinnyi ukina ku ruhande ndetse ushobora no gusatira yari atarabona ibyangombwa bimwemerera gukinira Giukundiro, iyi kipe yasanze ifite umubare munini w’abakinnyi b’abanyamahanga, bityo yahisemo guha amasezerano Ally Niyonzima kuko we byakundaga ko akina nk’umunyarwanda.

Mbere y’uko imikino yo kwishyura ikomeza, Gikundiro yafashe umwanzuro wo gushakira Ally ibyangombwa ndetse iza no kubibona bituma Arthur abura umwanya muri iyo kipe, gusa Arthur we yakomeje imyitozo ndetse bamwemerera ko bazajya bamuhemba adakina kuko atari yabonye ibyangombwa (License).

Nyuma yaho shampiyona yari yasubitswe kubera koronavirusi, ikipe ya Rayon Sports kandi yanagaragayemo ibibazo bijyanye n’amategeko bityo ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere giha uburenganzira abandi bayobozi bashya bari bayobowe na Murenzi Abdallah maze komite yari iyobowe na Sadate ntiyakomeza kuyobora.

Iyo komite nshya y’inzibacyuho yafashe ikipe ya Rayon Sports yagenzuye ububasha ndetse n’ubushobozi bwa bamwe mu bakinnyi yari ifite dore ko yari munzira yo kwiyubaka nyuma yaho yari itakaze bamwe mu bakinnyi bakomeye bityo yanzura ko Arthur atakomezanya nayo kuko nta byangombwa yari afite byo gukina iyi shampiyona.

Mu kuba ikipe ya Rayon Sports yaramusezereye bitubahije amategeko niho havuye kuba uyu munyakameruni Philippe Arthur yitabaza impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA, nayo yiga kuri icyo kirego isanga Rayon yarirukanye uyu mukinnyi mu buryo butemewe n’amategeko bikaba aribyo byayiviryemo guhanishwa gutanga akayabo k’asaga miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda nkuko ingingo ya 15 ndetse n’iya 18 z’amategeko agenda abakinnyi muri FIFA abiteganya.

2021-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma y’iminsi 105 Umutoza Adel n’umwungirije batozaga Gasogi United  batandukanye n’iyo kipe

Ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma y’iminsi 105 Umutoza Adel n’umwungirije batozaga Gasogi United batandukanye n’iyo kipe

Ubwanditsi 01 Nov 2022
Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 20 Sep 2021
Umujyi wa Kigali urasabwa asaga miliyoni 800 z’Amafaranga y’u Rwanda ngo ikipe ya AS Kigali ikomeze ibeho, bitaba ibyo igasenyuka

Umujyi wa Kigali urasabwa asaga miliyoni 800 z’Amafaranga y’u Rwanda ngo ikipe ya AS Kigali ikomeze ibeho, bitaba ibyo igasenyuka

Ubwanditsi 05 Jun 2024
Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Haruna Niyonzima na Salomon Nirisarike babimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’ikipe y’igihugu

Ubwanditsi 16 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze
Mu Rwanda

RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,
Amakuru

Jenoside yakorewe Abatutsi ntiyabaye ku bw’impanuka, ahubwo yari imaze igihe kinini itegurwa. Dutewe ikimwaro n’uko ntacyo twakoze ngo tuyikumire”-Antonio Guterres,

Ubwanditsi 17 Apr 2023
Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG
Amakuru

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Ubwanditsi 29 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru