• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen

Ubwanditsi 30 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA, ryahaye ikipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda iminsi 45 yo kuba yishyuye umukinnyi w’umunyakameruni Phillipe Arthur Banen wari wayisinyiye tariki 21 Mutarama 2020, icyo gihe uyu rutahizamu yasinye amasezerano y’imyaka ibiri ari muri Gikundiro.

Ibyo guhabwa iyo minsi ku ikipe ya Rayon Sports bije nyuma yaho itubahirije ibyo yari yumvikanye n’uyu mukinnyi ukina nka rutahizamu harimo amafaranga angana na miliyoni eshatu n’ibihumbi maganabiri mirongo ine na bitanu by’ayo yari yaguzwe ( Recruitment), hakiyongeraho amafaranga angana na miliyoni icyenda n’ibihumbi makumyabiri na bine y’amande iyi kipe yaciwe, yose hamwe akaba ahwanye na miliyoni cumi n’ebyiri n’ibihumbi maganabiri na mirongo itandantu na bitanu y’amanyarwanda.

Nkuko bigaragara mu ibaruwa FIFA yandikiye ikipe ya Rayon Sports dufitiye kopi, ikaba yaranditswe kuri uyu wa mbere tariki ya 29 Werurwe 2021, iyi kipe ikunzwe cyane mu Rwanda igomba kuba itazarenza tariki ya 13 Gicurasi 2021 yishyuye uyu mukinnyi.

Rutahizamu Phillipe Arthur Banen w’imyaka 20 y’amavuko, yageze mu Rwanda avuye iwabo muri Cameron aho yakinaga mu ikipe ya Union de Doula, yanakiniye kandi ikipe ya Juventus y’abana yo muri Afurika.FIFA yahaye ikipe ya Rayon Sports iminsi 45 yo kuba yishyuye miliyoni zisaga 12 z’amanyarwanda umunyakameruni Philipe Artur Banen.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA, ryahaye ikipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda iminsi 45 yo kuba yishyuye umukinnyi w’umunyakameruni Phillipe Arthur Banen wari wayisinyiye tariki 21 Mutarama 2020, icyo gihe uyu rutahizamu yasinye amasezerano y’imyaka ibiri ari muri Gikundiro.

Ibyo guhabwa iyo minsi ku ikipe ya Rayon Sports bije nyuma yaho itubahirije ibyo yari yumvikanye n’uyu mukinnyi ukina nka rutahizamu harimo amafaranga angana na miliyoni eshatu n’ibihumbi maganabiri mirongo ine na bitanu by’ayo yari yaguzwe ( Recruitment), hakiyongeraho amafaranga angana na miliyoni icyenda n’ibihumbi makumyabiri na bine kubera kumwirukana igasesa amasezerano ye nta mpamvu, yose hamwe akaba ahwanye na miliyoni cumi n’ebyiri n’ibihumbi maganabiri na mirongo itandantu na bitanu y’amanyarwanda.

Nkuko bigaragara mu ibaruwa FIFA yandikiye ikipe ya Rayon Sports dufitiye kopi, ikaba yaranditswe kuri uyu wa mbere tariki ya 29 Werurwe 2021, iyi kipe ikunzwe cyane mu Rwanda igomba kuba itazarenza tariki ya 13 Gicurasi 2021 yishyuye uyu mukinnyi.

Rutahizamu Phillipe Arthur Banen w’imyaka 20 y’amavuko, yageze mu Rwanda avuye iwabo muri Cameron aho yakinaga mu ikipe ya Union de Doula, yanakiniye kandi ikipe ya Juventus y’abana yo muri Afurika.

Icyateye ikipe ya Rayon Sports guhanishwa kwishyura amafaranga asaga miliyoni 12:

Ubwo iyi kipe ya Rayon Sports yayoborwaga na Munyakazi Sadate, uyu mukinnyi Philippe Arthur Banen ni umwe mu bakinnyi b’abanyamahanga ikipe ya Rayon Sports yaguze nyuma ntiyamukoresha kubera ko uyu mukinnyi ukina ku ruhande ndetse ushobora no gusatira yari atarabona ibyangombwa bimwemerera gukinira Giukundiro, iyi kipe yasanze ifite umubare munini w’abakinnyi b’abanyamahanga, bityo yahisemo guha amasezerano Ally Niyonzima kuko we byakundaga ko akina nk’umunyarwanda.

Mbere y’uko imikino yo kwishyura ikomeza, Gikundiro yafashe umwanzuro wo gushakira Ally ibyangombwa ndetse iza no kubibona bituma Arthur abura umwanya muri iyo kipe, gusa Arthur we yakomeje imyitozo ndetse bamwemerera ko bazajya bamuhemba adakina kuko atari yabonye ibyangombwa (License).

Nyuma yaho shampiyona yari yasubitswe kubera koronavirusi, ikipe ya Rayon Sports kandi yanagaragayemo ibibazo bijyanye n’amategeko bityo ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere giha uburenganzira abandi bayobozi bashya bari bayobowe na Murenzi Abdallah maze komite yari iyobowe na Sadate ntiyakomeza kuyobora.

Iyo komite nshya y’inzibacyuho yafashe ikipe ya Rayon Sports yagenzuye ububasha ndetse n’ubushobozi bwa bamwe mu bakinnyi yari ifite dore ko yari munzira yo kwiyubaka nyuma yaho yari itakaze bamwe mu bakinnyi bakomeye bityo yanzura ko Arthur atakomezanya nayo kuko nta byangombwa yari afite byo gukina iyi shampiyona.

Mu kuba ikipe ya Rayon Sports yaramusezereye bitubahije amategeko niho havuye kuba uyu munyakameruni Philippe Arthur yitabaza impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA, nayo yiga kuri icyo kirego isanga Rayon yarirukanye uyu mukinnyi mu buryo butemewe n’amategeko bikaba aribyo byayiviryemo guhanishwa gutanga akayabo k’asaga miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda nkuko ingingo ya 15 ndetse n’iya 18 z’amategeko agenda abakinnyi muri FIFA abiteganya.

2021-03-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba

Ubwanditsi 04 May 2021
Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Ubwanditsi 28 Mar 2021
Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ngire ibyo nibariza Perezida Evariste Ndayishimiye, ukinga Abarundi ibikarito mu maso

Ubwanditsi 02 Jan 2024
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ubwanditsi 06 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI
ITOHOZA

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Mukura itsinze Musanze, ica kuri Rayon-Kiyovu na Police nazo zitwara neza
IMIKINO

Mukura itsinze Musanze, ica kuri Rayon-Kiyovu na Police nazo zitwara neza

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC
INKURU NYAMUKURU

Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Ubwanditsi 15 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru