• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Urujijo ku byavuye mu iperereza ku rupfu rwa Agnes uherutse gupfa bitunguranye

Urujijo ku byavuye mu iperereza ku rupfu rwa Agnes uherutse gupfa bitunguranye

Ubwanditsi 02 May 2018 HIRYA NO HINO

Mu gihe kugeza ubu abantu batariyumvisha icyishe umunyamideri Masogange n’ubwo hatangajwe byinshi bivugwa ko ari byo yazize, nk’uko byifujwe n’abantu batandukanye ngo hakorwe iperereza ryimbitse hamenyekane ukuri ku rupfu rw’uyu munyamideri witabye Imana ku buryo butunguranye, noneho nyuma yo kujya gukorerwa isuzuma ndetse mu bitaro bya Muhimbili Police yagize icyo itangaza ku iperereza yakoze ku rupfu rwe.

 Mu gihe kugeza ubu abantu batariyumvisha icyishe umunyamideri Masogange n’ubwo hatangajwe byinshi bivugwa ko ari byo yazize, nk’uko byifujwe n’abantu batandukanye ngo hakorwe iperereza ryimbitse hamenyekane ukuri ku rupfu rw’uyu munyamideri witabye Imana ku buryo butunguranye, noneho nyuma yo kujya gukorerwa isuzuma ndetse mu bitaro bya Muhimbili Police yagize icyo itangaza ku iperereza yakoze ku rupfu rwe.
JPEG - 145.4 kb
Agnes Masogange yababje benshi

Masogange Agnes Gerald watabarutse ku wa 21 Mata 2018 afite imyaka 28 y’amavuko nyuma akaza kujyana mu bitaro bya Muhimbili gukorerwa isuzuma ngo hamenyekane neza icyamwishe, kuri ubu rero nubwo nyakwigendera yamaze gushyingurwa abantu batari bake bari bagitegereje ibisubizo biza kuva mu iperereza ryarimo rikorwa na Police ku rupfu rw’uyu munyamideli.

JPEG - 7.7 kb
Masogange Agnes Gerald yari akunzwe ku bw’imiterere ye

Iri perereza nubwo ryakozwe ryakomeje guteza impaka mu bantu bari baje ku bitaro bategereje umwanzuro uza gutangwa na Police nyuma y’amasuzuma atandukanye, aho bamwe bavugaga ko ubusanzwe iperereza ndetse n’ibizamini ku bapfuye bikwiye gukorerwa ahabereye urugomo n’imvururu cyangwa se umuntu bigaragara ko yaba yishwe mu buryo bugaragara, naho kuri Masogange ngo ntibiyumvisha impamvu yabyo.

Umwe muri bari aho yagize ati:

“Bishoboka bite ko Police yajya gukora iperereza n’ibizamani ku muntu wapfuye mu buryo busanzwe, ndetse n’ibizamini by’abaganga bigaragaza ko ntawamukubise cyangwa ngo agire uruhare mu rupfu rwe?”

Uretse ibyo kandi iminsi yari ibaye 10 uru rupfu rubaye nyamara police yavuze ko iri mu iperereza ntacyo iratangaza ku byo yaba imaze kugeraho. Ibintu nabyo bitavuzweho rumwe ukuntu bagiye gusuzuma umurambo ndetse n’ibindi bizamini bamukoreye ariko iminsi ikaba yari ingannye itya ntacyo baratangaza ku byavuyemo.

JPEG - 116.7 kb
Ubwo yashyingurwaga benshi barahogoye

Nyuma y’ibi byose byavugwaga n’abaturage, mu kiganiro n’abanyamakuru, umuvugizi wa Police mu Ntara ya Kinondoni ari naho ikibazo cyabere, ACP Muliro Jumanne ubwo yabazwaga byinshi ku iperereza ryakozwe ku rupfu rwa Agnes Masogange yasubije muri aya magambo:

“Si umubiri wa Masogange wakorewe ibi bizamini gusa, nugera kuri biriya bitaro bya Mahumbili iteka uzahasanga abapolisi bari gukurikirana no gusuzuma imibiri y’abapfuye kugira ngo abaganga bemeze mu buryo bufatika, koko uwapfuye yapfuye ate mu buhe buryo azize iki n’ibindi.”

ACP Muliro Jumanne yongeyeho ko nubwo urupfu rwa Agnes byavugwaga ko ntakindi kirwihishe inyuma ari urupfu rusanzwe ku bw’uburwayi, ngo ntibyari kubuza Police gukora akazi kayo, aho urupfu rwose rugomba kugira uburyo rwemezwa, nubwo ahanini ku banditsi/abanyamakuru bita ku byamamare n’abandi bafite amazina akomeye, ngo Police yo iba igomba kumenya amakuru kuri buri wese kugira hamenyekane amakuru afatika kandi yizewe.

Ubwo noneho umunyamakuru yabazaga ACP Muliro Jumanne ibisubizo byaba byaravuye mu iperereza yamusubije muri aya magambo:

“Wowe fata ibi nkubwiye ni yo makuru akugenewe, ku birebana n’ibisubizo byavuye mu iperereza rya Masogange, ibyo bireke. Icyo nashakaga kwari ukugira ngo abantu bamenye ko gukora iperereza ndetse n’ibizamini ku mibiri y’abapfuye ari akazi gasanzwe ka Police”.

Tubibutse ko Masogange Agnes Gerald yitabye Imana kuwa 21 Mata 2018 mu bitaro bya Mama Ngoma biri mu mujyi wa Dar Es Salam akaza kujya gukorerwa ibizamini mu bitaro bya Muhimbili, hanyuma akaba yarasezeweho n’inshuti n’imiryango ku wa 23 Mata 2018 hanyuma ashyingurwa mu cyubahiro ku wa 24 Mata 2018.

2018-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2023
CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$

CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Ubwanditsi 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yitabiriye inama ya 14 ku mishinga y’Umuhora wa Ruguru
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yitabiriye inama ya 14 ku mishinga y’Umuhora wa Ruguru

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Abarwanyi bagera ku gihumbi b’imitwe irwanya u Rwanda bafashwe mpiri mu mashyamba ya RDC
HIRYA NO HINO

Abarwanyi bagera ku gihumbi b’imitwe irwanya u Rwanda bafashwe mpiri mu mashyamba ya RDC

Ubwanditsi 08 Dec 2019
Abantu 5 bakize Coronavirus, abayanduye mu Rwanda bagera ku 143 bavuye ku 138
HIRYA NO HINO

Abantu 5 bakize Coronavirus, abayanduye mu Rwanda bagera ku 143 bavuye ku 138

Ubwanditsi 18 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru