• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Ubwanditsi 13 Aug 2018 HIRYA NO HINO

Abapolisi n’abashinzwe iperereza mu gisirikare cya Uganda bataye muri yombi umupfumu banamusangana imirambo y’abantu batanu mu rugo iwe mu giturage cya Kisoga, mu Karere ka Kayunga. Ni nyuma y’umukwabu wakozwe kuwa Gatandatu ushize n’abakozi ba CMI n’abapolisi bari bavuye mu Karere ka Mukono.

Umuyobozi wa polisi muri Mukono, Jesca Naawe, yavuze ko uwo mupfumu watawe muri yombi yitwa Owen Ssebuyungo w’imyaka 27. Yatawe muri yombi ari kumwe n’abandi batatu bose bahuriye mu mwuga w’ubupfumu ari bo; Juniro Kibuuka, Fred Kiiza Semanda na Muhammed Wamala. Bahise bajyanwa kuri station ya polisi ya Naggalama.

Ukuriye igipolisi yakomeje avuga ko abafashwe bashinjwa icyaha cy’ubwicanyi. Yongeyeho ko umwe mu mirambo yasanzwe mu rugo rw’uyu mupfumu ari uw’umugore abandi bakaba ari abagabo. Yavuze ko iyo mirambo yacukuwe mu byobo bitatu.

Jesca Naawe ati: “Imirambo ibiri y’abagabo yari yashyinguwe mu mva imwe, mu gihe indi itatu yari yashyinguwe mu mva zitandukanye ariko iri kumwe n’imyenda ba nyakwigendera bari bambaye ubwo bahuraga n’urupfu rwabo,”

Uyu muyobozi wa polisi yakomeje avuga ko iyi mirambo yari yashyinguwe ahantu wakwita ko ari ahera uyu mupfumu yakoreraga, ahantu hari hanubakishijwe sima avuga ko byabaye ngombwa ko basenya beto kugirango bagere ku mirambo.

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa Daily Monitor irakomeza ivuga ko buri murambo wari washyinguranwe inoti ya 5,000Shs. Igipolisi kandi cyavumbuye amacumu n’utubindi twari turimo ibintu bakektse ko ari amaraso y’abantu. Hahise hatwarwa amaraso makeya bajya kuyapima muri Laboratwari ya leta, mu gihe imirambo yari yarangiritse ku buryo utamenya ba nyirayo, yatwawe  ku bitaro bya Mulago ngo isuzumwe.

Umwe mu bakozi ba CMI utifuje ko amazina ye ajya ahagaragara, yavuze ko bamenye umwe muri iyi mirambo ari umugore witwa Zulayika Nansamba Mirembe wo mu Karere ka Jinja.

Nyuma yo kuvumbura iyi mirambo, abaturage bariye karungu batangira gusaba ko uyu mupfumu bamubaha bakamwivuna nabo ariko igipolisi kirabitambika.

Hagati aho, ngo ntiharamenyekana uburyo aba bantu bishwe, mu gihe igipolisi kivuga ko bane muri bo hashize umwaka bashyinguwe.

2018-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Ubutabera yirukanye burundu abahesha b’inkiko b’umwuga batandatu

Minisitiri w’Ubutabera yirukanye burundu abahesha b’inkiko b’umwuga batandatu

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.

Ubwanditsi 21 Jun 2017
Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Ubwanditsi 28 Aug 2019
RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

Ubwanditsi 02 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Padiri Nahimana Thomas yiyumvamo kuba Umufaransa kurusha kuba Umunyarwanda
ITOHOZA

Padiri Nahimana Thomas yiyumvamo kuba Umufaransa kurusha kuba Umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Nov 2016
#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo
IMIKINO

#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

Ubwanditsi 15 Nov 2016
RDF : Uko  ikipe y’u Rwanda yarangije idatsinzwe
IMIKINO

RDF : Uko ikipe y’u Rwanda yarangije idatsinzwe

Ubwanditsi 17 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru