• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Ubwanditsi 13 Aug 2018 HIRYA NO HINO

Abapolisi n’abashinzwe iperereza mu gisirikare cya Uganda bataye muri yombi umupfumu banamusangana imirambo y’abantu batanu mu rugo iwe mu giturage cya Kisoga, mu Karere ka Kayunga. Ni nyuma y’umukwabu wakozwe kuwa Gatandatu ushize n’abakozi ba CMI n’abapolisi bari bavuye mu Karere ka Mukono.

Umuyobozi wa polisi muri Mukono, Jesca Naawe, yavuze ko uwo mupfumu watawe muri yombi yitwa Owen Ssebuyungo w’imyaka 27. Yatawe muri yombi ari kumwe n’abandi batatu bose bahuriye mu mwuga w’ubupfumu ari bo; Juniro Kibuuka, Fred Kiiza Semanda na Muhammed Wamala. Bahise bajyanwa kuri station ya polisi ya Naggalama.

Ukuriye igipolisi yakomeje avuga ko abafashwe bashinjwa icyaha cy’ubwicanyi. Yongeyeho ko umwe mu mirambo yasanzwe mu rugo rw’uyu mupfumu ari uw’umugore abandi bakaba ari abagabo. Yavuze ko iyo mirambo yacukuwe mu byobo bitatu.

Jesca Naawe ati: “Imirambo ibiri y’abagabo yari yashyinguwe mu mva imwe, mu gihe indi itatu yari yashyinguwe mu mva zitandukanye ariko iri kumwe n’imyenda ba nyakwigendera bari bambaye ubwo bahuraga n’urupfu rwabo,”

Uyu muyobozi wa polisi yakomeje avuga ko iyi mirambo yari yashyinguwe ahantu wakwita ko ari ahera uyu mupfumu yakoreraga, ahantu hari hanubakishijwe sima avuga ko byabaye ngombwa ko basenya beto kugirango bagere ku mirambo.

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa Daily Monitor irakomeza ivuga ko buri murambo wari washyinguranwe inoti ya 5,000Shs. Igipolisi kandi cyavumbuye amacumu n’utubindi twari turimo ibintu bakektse ko ari amaraso y’abantu. Hahise hatwarwa amaraso makeya bajya kuyapima muri Laboratwari ya leta, mu gihe imirambo yari yarangiritse ku buryo utamenya ba nyirayo, yatwawe  ku bitaro bya Mulago ngo isuzumwe.

Umwe mu bakozi ba CMI utifuje ko amazina ye ajya ahagaragara, yavuze ko bamenye umwe muri iyi mirambo ari umugore witwa Zulayika Nansamba Mirembe wo mu Karere ka Jinja.

Nyuma yo kuvumbura iyi mirambo, abaturage bariye karungu batangira gusaba ko uyu mupfumu bamubaha bakamwivuna nabo ariko igipolisi kirabitambika.

Hagati aho, ngo ntiharamenyekana uburyo aba bantu bishwe, mu gihe igipolisi kivuga ko bane muri bo hashize umwaka bashyinguwe.

2018-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nigeria: Abantu 31 baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi

Nigeria: Abantu 31 baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Niba Ufite Inzozi ushaka kugeraho mubuzima bwawe ibi bintu ntibizakuyobore

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Louise Mushikiwabo: ’’Gukingurira igifaransa ku rubyiruko nyafurika’’-Colette Braeckman

Louise Mushikiwabo: ’’Gukingurira igifaransa ku rubyiruko nyafurika’’-Colette Braeckman

Ubwanditsi 06 May 2019
Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Ubwanditsi 26 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC
INKURU NYAMUKURU

RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 16 Feb 2018
Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa
Mu Rwanda

Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure  za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND  ikomeje gutera benshi ubwoba
Mu Rwanda

Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND ikomeje gutera benshi ubwoba

Ubwanditsi 21 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru