• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Ubwanditsi 29 Jul 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu kwezi kwa cyenda 2019, nibwo ingabire Victoire yanditse ayobya uburari ko asezeye muri FDU-Inkingi yari abereye umuyobozi, avugako ashinze irindi shyaka yise DALFA-Umurinzi.

Nyamara abarebera ibintu hafi ntibahwemye kuvuga ko ari urwiyerurutso kugirango adakurikiranwa n’ubutabera kubera, ibitero byo mu Kinigi byakozwe na P5 kandi ishyaka rye riri mubuyobozi bwayo, bikica abantu bagera kuri 14 abandi benshi bagakomereka mu kwezi k’Ukwakira 2019.

Nubwo byitwa ko yavuye muri FDU-Inkingi, abayobozi n’abayoboke baryo ntibahwemye kwifatanya nawe mu bikorwa bitandukanye byo kurwanya Leta y’u Rwanda yatowe ku mugaragaro n’abaturage ndetse no gukwirakwiza amacakubiri mu Banyarwanda.

Dore nkubu ku itariki ya mbere Kanama 2021, abanyamuryango ba FDU-Inkingi bazateranira I Buruseli mugikorwa cyo gukusanya amafaranga agamije gutera inkunga ibikorwa bya politike bya Ingabire mu Rwanda. Muri iki gikorwa kizayoborwa na Niwenshuti Ladislas, umukada ukomeye wa FDU-Inkingi, hazaba harimo na Marcel Sebatware, umwicanyi ruharwa wacitse ubutabera kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi yakoreye mu Bugarama.

Mu bandi bazitabira m’uburyo bw’iyakure harimo abacurabwenge ba FDU-Inkingi Charles Ndereyehe, umujenosideri ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda kubera ibyaha bya Jenoside ndetse na Justin Bahunga, ubu wamusimbuye ku buyobozi bw’iryo shyaka, aba bombi bakaba ari inshuti z’akadosoka za Ingabire cyane ko aribo bamwandikira inyandiko zose akeneye mundimi z’amahanga.

Iri ngirwa shyaka rigendera ku mahame ya PARMEHUTU na Hutu Pawa, Ingabire yarishinze anariyobora guhera muri 2006, rikaba rigizwe ahanini n’abanyapolitiki bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994, utibagiwe na Nyina wa Ingabire witwa Dusabe Theresa bitaga “Doctor of death” warimbuye abatutsi mu cyahoze ari Komini Butamwa ubu ni mu Karere ka Nyarugenge
Umuntu yakwibaza impamvu ishyaka Ingabire atakibarizwamo, akaba yarashinze irindi, ryakomeza gukusanya imisanzu y’abanyamuryango ngo batere inkunga ishyaka rindi yashinze twakwita mukeba.

Umwe mu bayobozi ba DALFA umurinzi utashatse ko amazina ye atanganzwa, yaduhaye amakuru avuga ko akenshi ibyo baganirira mu manama yabo baba bari kumwe n’abayobozi ba FDU-Inkingi ndetse ko Umuyobozi wabo Ingabire yababwiye ko ubundi DALFA na FDU ari ishyaka rimwe kandi ko ariwe uriyoboye, ko rero bakwiye kubahana kuko ari bamwe.

Gusa umuntu yakwibaza impamvu leta y’Ububirigi ikomeje kugenda biguru ntege muguta muri yombi abajenosideri nka Sebatware bakomeje kongera gukora ibindi byaha aho bakusanya amafaranga yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

2021-07-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.

Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.

Ubwanditsi 22 Dec 2020
Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

RUSHYASHYA 09 Jun 2026
Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Ubwanditsi 28 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda
Amakuru

Munyaneza Didier yatorewe kuyobora Komite y’Agateganyo y’abakinnyi b’umukino w’Amagare mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Nov 2024
Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni
POLITIKI

Ikinyamakuru cya Leta ya Uganda, New Vision cyatangaje ibinyoma ko habayeho ibiganiro hagati ya Kagame na Museveni

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu
Amakuru

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubwanditsi 14 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru