• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Ubwanditsi 29 Jul 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu kwezi kwa cyenda 2019, nibwo ingabire Victoire yanditse ayobya uburari ko asezeye muri FDU-Inkingi yari abereye umuyobozi, avugako ashinze irindi shyaka yise DALFA-Umurinzi.

Nyamara abarebera ibintu hafi ntibahwemye kuvuga ko ari urwiyerurutso kugirango adakurikiranwa n’ubutabera kubera, ibitero byo mu Kinigi byakozwe na P5 kandi ishyaka rye riri mubuyobozi bwayo, bikica abantu bagera kuri 14 abandi benshi bagakomereka mu kwezi k’Ukwakira 2019.

Nubwo byitwa ko yavuye muri FDU-Inkingi, abayobozi n’abayoboke baryo ntibahwemye kwifatanya nawe mu bikorwa bitandukanye byo kurwanya Leta y’u Rwanda yatowe ku mugaragaro n’abaturage ndetse no gukwirakwiza amacakubiri mu Banyarwanda.

Dore nkubu ku itariki ya mbere Kanama 2021, abanyamuryango ba FDU-Inkingi bazateranira I Buruseli mugikorwa cyo gukusanya amafaranga agamije gutera inkunga ibikorwa bya politike bya Ingabire mu Rwanda. Muri iki gikorwa kizayoborwa na Niwenshuti Ladislas, umukada ukomeye wa FDU-Inkingi, hazaba harimo na Marcel Sebatware, umwicanyi ruharwa wacitse ubutabera kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi yakoreye mu Bugarama.

Mu bandi bazitabira m’uburyo bw’iyakure harimo abacurabwenge ba FDU-Inkingi Charles Ndereyehe, umujenosideri ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda kubera ibyaha bya Jenoside ndetse na Justin Bahunga, ubu wamusimbuye ku buyobozi bw’iryo shyaka, aba bombi bakaba ari inshuti z’akadosoka za Ingabire cyane ko aribo bamwandikira inyandiko zose akeneye mundimi z’amahanga.

Iri ngirwa shyaka rigendera ku mahame ya PARMEHUTU na Hutu Pawa, Ingabire yarishinze anariyobora guhera muri 2006, rikaba rigizwe ahanini n’abanyapolitiki bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994, utibagiwe na Nyina wa Ingabire witwa Dusabe Theresa bitaga “Doctor of death” warimbuye abatutsi mu cyahoze ari Komini Butamwa ubu ni mu Karere ka Nyarugenge
Umuntu yakwibaza impamvu ishyaka Ingabire atakibarizwamo, akaba yarashinze irindi, ryakomeza gukusanya imisanzu y’abanyamuryango ngo batere inkunga ishyaka rindi yashinze twakwita mukeba.

Umwe mu bayobozi ba DALFA umurinzi utashatse ko amazina ye atanganzwa, yaduhaye amakuru avuga ko akenshi ibyo baganirira mu manama yabo baba bari kumwe n’abayobozi ba FDU-Inkingi ndetse ko Umuyobozi wabo Ingabire yababwiye ko ubundi DALFA na FDU ari ishyaka rimwe kandi ko ariwe uriyoboye, ko rero bakwiye kubahana kuko ari bamwe.

Gusa umuntu yakwibaza impamvu leta y’Ububirigi ikomeje kugenda biguru ntege muguta muri yombi abajenosideri nka Sebatware bakomeje kongera gukora ibindi byaha aho bakusanya amafaranga yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

2021-07-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Ubwanditsi 27 Dec 2018
Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 04 Mar 2021
Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026
Perezida Kagame yageze mu Murwa Mukuru wa Misiri, Cairo, aho yitabiriye inama ya AU yiga ku kibazo cy’umutekano mu bihugu bya Sudani na Libya.

Perezida Kagame yageze mu Murwa Mukuru wa Misiri, Cairo, aho yitabiriye inama ya AU yiga ku kibazo cy’umutekano mu bihugu bya Sudani na Libya.

Ubwanditsi 23 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwitabaje ibindi bihugu mu kwamagana umucamanza Theodor Meron
ITOHOZA

U Rwanda rwitabaje ibindi bihugu mu kwamagana umucamanza Theodor Meron

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe i Kigali nka Yezu i Galileya – AMAFOTO
IMIKINO

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe i Kigali nka Yezu i Galileya – AMAFOTO

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose
Mu Rwanda

Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru