• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Ubwanditsi 06 Mar 2023 Amakuru, IMIKINO

Impera z’icyumweru zirangiye mu mukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda hatashye ibyishimo mu ikipe ya Forefront Volleyball y’abagabo n’abagore kubwo kwegukana igikombe bwa mbere kuva iyi kipe ibayeho.

Ibi byishimo byatashye muri iyi kipe ifashwa na Polisi y’igihugu nyuka yaho mu bagabo bahigitse amakipe arimo REG na Gisagara, ku bakobwa bo batsinze amajya m’amaza ikipe ya RRA bahora bahanganye.

Iyi myitwarire myiza y’iyi kipe ya Forefront y’abagabo ndetse n’abagore yitwaye neza mu mikino yakinwaga mu mpera z’icyumweru, yari imikino yo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye Groupe Scolaire Officiel de Butare ari naho imikino yakiniwe.

Mu mukino yaninwe, ikipe ya ForeFront y’abagabo yatangiye itsinda ikipe ya UR CAVM ndetse na nyuma yaho isubira ikipe ya UR Nyarugenge zose zitindwa amaseti 3-0.

Iyi kipe kuri ubu irimo gufashwa na Polisi y’u Rwanda, yahise ihura na Gisagara VC iyitsinda bitabagoye cyane amaseti 3-0 yisanga ku mukino wa nyuma aho yagombaga guhura na REG VC yo yari yatsinze UR Nyarugenge muri 1/2.

Ku mukino wa nyuma ForeFront ntabwo yagowe  cyane n’uyu mukino kuko yatsinze amaseti 3-1 (26-24,22-25,22-25,19-25).

Mu bagore, ikipe ya Forefront yegukanye igikombe itsinze ikipe ya RRA amaseti 3-2( 23-25,26-24,15-25,25-13,14-16) ihita yegukana igikombe cyo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel.

Mu bindi byiciro byahatanye muri Volleyball hibukwa Padiri Kayumba Emmanuel, mu kiciro cy’amashuri yisumbuye ikipe ya GS St Joseph yegukanye igikombe itsinze Nyanza TSS amaseti 3-2.

Mu kiciro rusange ikipe ya Groupe Scolaire Mugombwa yatsinze Petit Seminaire Virgo Fidelia amaseti 3-2, mu bakanyujijeho ikipe y’Umucyo yatsinze Tout Age amaseti 3-2.

Bwa mbere izi kipe za Forefront zitwaye igikombe mu gihe kitarenze umwaka umwe iyi kipe ibayeho.

Nyuma yo gutwara iki gikombe,  iyi kipe irimo ifashwa na Polisi y’igihugu irimo kwitegura gukina imikino ihuza  abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba, ni imikino izabera mu Rwanda muri uku kwezi kwa Werurwe 2023.

Irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel ryakinirwaga muri GSOB ari naho yayoboye kugeza mu mwaka wa 2009 ubwo yitabaga Imana, ryitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo umuyobo wa REB n’umuyobozi w’akarere ka Huye, Ange Sebutege.


2023-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Ubwanditsi 28 Nov 2022
CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2024
Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2022
AS Kigali yatsinze Muhazi United 1-0 isoreza umwaka w’imikino wa 2023-2024 ku mwanya wa 5

AS Kigali yatsinze Muhazi United 1-0 isoreza umwaka w’imikino wa 2023-2024 ku mwanya wa 5

Ubwanditsi 10 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ramazani Shadary ni we Kabila yatanze nk’uwamusimbura
POLITIKI

Ramazani Shadary ni we Kabila yatanze nk’uwamusimbura

Ubwanditsi 08 Aug 2018
Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe
Amakuru

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Ubwanditsi 29 Sep 2021
Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka
Mu Rwanda

Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Ubwanditsi 27 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru