• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abakozi ba nyakabyizi barasaba koroherezwa gutora

Abakozi ba nyakabyizi barasaba koroherezwa gutora

Ubwanditsi 25 May 2017 Mu Rwanda

Bamwe mu bakozi bo mu ngo na ba nyakabyizi barasaba koroherezwa kwitabira gahunda y’amatora,ndetse bakazahabwa n’umwanya wo gutora Perezida wa Repubulika mu matora yo muri Kanama 2017.

Ibi barabisaba mu gihe hitegurwa amatora y’Umukuru w’igihugu,bagasaba abakoresha kumva ko abakozi bo muri ibi byiciro bakwiye guhabwa uburenganzira bwabo.

Hitiyise Emmanuel(izina rihinduye) wo mu murenge wa Rubavu,afite imyaka 19 imwemerera gutora,akora akazi ko mu rugo,avuga ko abakoresha babo babima uruhushya rwo kwitabira inama bakavuga ko bituma batamenya gahunda zigezweho za Leta harimo n’amatora.

Yagize ati:”…ba boss ntibatwemerera kuva mu kazi kandi tuba dushaka kujya mu nama n’abandi ariko gutora tuzatora….numva bajya batanga umwanya natwe tukajya mu nama nk’abandi…”

Ibi Hitihise abisangiye n’abandi bakozi bo mu ngo mu turere twa Nyabihu na Rubavu,batashatse gufatwa amajwi n’amazina yabo ntatangazwe kubera gutinya ba shebuja bagaragaza ko babuzwa kujya mu bikorwa binyuranye kubera akazi baba bahawe.

Tuyisenge Ceraphine ukora muri Papeterie mu murenge wa Rambura ugiye gutora bwa mbere kuko yujuje imyaka 21,we avuga ko nta umubuza kwitabira gahunda za Leta harimo n’amatora.

Tuyisenge agira ati:”…barandeka nkajya mu nama,…turakinga tukajyayo;ntabwo boss(umukoresha) bimubangamira.Nzakinga njye gutora ndabyemerewe…”
Tuyisenge asaba ko abandi bakoresha na bo bafasha abakozi babakorera kwitabira gahunda zose zirebana n’amatora kuko ari uburenganzira bwabo kandi bikaba bidatwara umwanya munini.

Yagize ati:”…ubutumwa natanga ni uko babareka bakajya gutora bava mu matora wenda bagakora kuko gutora ni byiza.

Abakoresha bavuga ko batabuza abakozi babo kwitabira gahunda za Leta zirimo n’amatora.

Iribagiza Bernadette,umucuruzi wo mu murenge wa Karago,akarere ka Nyabihu, avuga ko aha umwanya abakozi be bakajya mu nama zihugura abaturage ku matora kandi ko azabaha n’umwanya bakajya gutora.

Iribagiza yagize ati:”…iyo igihe cy’inama kigeze,abakozi bose turababwira bakajya mu nama kugira ngo bitabire igikorwa cya Leta,amatora turayiteguye.

Ibyo Iribagiza avuga ntanyuranya na Noheli Dusengimana ucururiza mu murenge wa Karago,akarere ka Nyabihu uvuga ko atakwima umwanya abakozi be.

Umuhuzabikorwa wa Komisiyo y’igihugu y’amatora mu ntara y’Iburengerazuba, Hadji Djamada Karimunda avuga ko bahura n’abakoresha babasaba korohereza abakozi babo,akanasaba abakoresha kumva uruhare babifitemo.

Yagize ati:”…Ibyo tubisaba abakoresha tukababwira ko na bo ari abanyarwanda nk’abandi bafite uburenganzira bwabo busesuye kuba bakwitabira ibikorwa by’amatora.Ibyo birasaba kuganira kuko hari umukozi n’umukoresha akamugenera nibura igihe gito bakaba bakwitabira izo nyigisho…”

Hadji Karimunda akomeza avuga ko hari inyigisho zitangwa mu bihe binyuranye harimo n’umunsi w’umuganda kandi bikaba bikorwa no mu ngeri zinyuranye z’abaturage,kandi ko ubwo bukangurambaga bukomeje.

-6657.jpg
Abakozi bo mu ngo n’abandi bakora imirimo ya nyakabyizi ni bamwe mu bagira umwanya muto bigengaho;ibi bikaba byabangamira ubwitabire komisiyo yifuza ko bwarenga 98% yo mu matora aheruka nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’amatora yabivugiye mu kiganiro yahaye abanyamakuru ku itariki ya 17 Gicurasi 2017.

-6656.jpg

Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora Prof Kalisa Mbanda

Sam Kwizera -Rushyashya

2017-05-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Ubwanditsi 23 May 2018
Rayon  yarahiye itsemba isano ko  idahawe igikombe yatsindiye  ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu

Rayon yarahiye itsemba isano ko idahawe igikombe yatsindiye ku mukino uzayihuza na APR ntacyo izafata kuwa Kiyovu

Ubwanditsi 26 May 2017
Impaka ndende no gutakamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara rwarangiye mu ijoro

Impaka ndende no gutakamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara rwarangiye mu ijoro

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Ubwanditsi 14 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri
Amakuru

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda
UBUKUNGU

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Bujumbura: Abafaransa bane n’Umurundi ukora mu nzego z’ubutasi batawe muri yombi bashinjwa ubutekamutwe
HIRYA NO HINO

Bujumbura: Abafaransa bane n’Umurundi ukora mu nzego z’ubutasi batawe muri yombi bashinjwa ubutekamutwe

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru