• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abakozi ba nyakabyizi barasaba koroherezwa gutora

Abakozi ba nyakabyizi barasaba koroherezwa gutora

Ubwanditsi 25 May 2017 Mu Rwanda

Bamwe mu bakozi bo mu ngo na ba nyakabyizi barasaba koroherezwa kwitabira gahunda y’amatora,ndetse bakazahabwa n’umwanya wo gutora Perezida wa Repubulika mu matora yo muri Kanama 2017.

Ibi barabisaba mu gihe hitegurwa amatora y’Umukuru w’igihugu,bagasaba abakoresha kumva ko abakozi bo muri ibi byiciro bakwiye guhabwa uburenganzira bwabo.

Hitiyise Emmanuel(izina rihinduye) wo mu murenge wa Rubavu,afite imyaka 19 imwemerera gutora,akora akazi ko mu rugo,avuga ko abakoresha babo babima uruhushya rwo kwitabira inama bakavuga ko bituma batamenya gahunda zigezweho za Leta harimo n’amatora.

Yagize ati:”…ba boss ntibatwemerera kuva mu kazi kandi tuba dushaka kujya mu nama n’abandi ariko gutora tuzatora….numva bajya batanga umwanya natwe tukajya mu nama nk’abandi…”

Ibi Hitihise abisangiye n’abandi bakozi bo mu ngo mu turere twa Nyabihu na Rubavu,batashatse gufatwa amajwi n’amazina yabo ntatangazwe kubera gutinya ba shebuja bagaragaza ko babuzwa kujya mu bikorwa binyuranye kubera akazi baba bahawe.

Tuyisenge Ceraphine ukora muri Papeterie mu murenge wa Rambura ugiye gutora bwa mbere kuko yujuje imyaka 21,we avuga ko nta umubuza kwitabira gahunda za Leta harimo n’amatora.

Tuyisenge agira ati:”…barandeka nkajya mu nama,…turakinga tukajyayo;ntabwo boss(umukoresha) bimubangamira.Nzakinga njye gutora ndabyemerewe…”
Tuyisenge asaba ko abandi bakoresha na bo bafasha abakozi babakorera kwitabira gahunda zose zirebana n’amatora kuko ari uburenganzira bwabo kandi bikaba bidatwara umwanya munini.

Yagize ati:”…ubutumwa natanga ni uko babareka bakajya gutora bava mu matora wenda bagakora kuko gutora ni byiza.

Abakoresha bavuga ko batabuza abakozi babo kwitabira gahunda za Leta zirimo n’amatora.

Iribagiza Bernadette,umucuruzi wo mu murenge wa Karago,akarere ka Nyabihu, avuga ko aha umwanya abakozi be bakajya mu nama zihugura abaturage ku matora kandi ko azabaha n’umwanya bakajya gutora.

Iribagiza yagize ati:”…iyo igihe cy’inama kigeze,abakozi bose turababwira bakajya mu nama kugira ngo bitabire igikorwa cya Leta,amatora turayiteguye.

Ibyo Iribagiza avuga ntanyuranya na Noheli Dusengimana ucururiza mu murenge wa Karago,akarere ka Nyabihu uvuga ko atakwima umwanya abakozi be.

Umuhuzabikorwa wa Komisiyo y’igihugu y’amatora mu ntara y’Iburengerazuba, Hadji Djamada Karimunda avuga ko bahura n’abakoresha babasaba korohereza abakozi babo,akanasaba abakoresha kumva uruhare babifitemo.

Yagize ati:”…Ibyo tubisaba abakoresha tukababwira ko na bo ari abanyarwanda nk’abandi bafite uburenganzira bwabo busesuye kuba bakwitabira ibikorwa by’amatora.Ibyo birasaba kuganira kuko hari umukozi n’umukoresha akamugenera nibura igihe gito bakaba bakwitabira izo nyigisho…”

Hadji Karimunda akomeza avuga ko hari inyigisho zitangwa mu bihe binyuranye harimo n’umunsi w’umuganda kandi bikaba bikorwa no mu ngeri zinyuranye z’abaturage,kandi ko ubwo bukangurambaga bukomeje.

-6657.jpg
Abakozi bo mu ngo n’abandi bakora imirimo ya nyakabyizi ni bamwe mu bagira umwanya muto bigengaho;ibi bikaba byabangamira ubwitabire komisiyo yifuza ko bwarenga 98% yo mu matora aheruka nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’amatora yabivugiye mu kiganiro yahaye abanyamakuru ku itariki ya 17 Gicurasi 2017.

-6656.jpg

Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora Prof Kalisa Mbanda

Sam Kwizera -Rushyashya

2017-05-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Bujumbura birashyushye muri iyi Weckend  : Sauti Sol yagezeyo yakirwa  nk’Umwami

I Bujumbura birashyushye muri iyi Weckend : Sauti Sol yagezeyo yakirwa nk’Umwami

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo

Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo

Ubwanditsi 27 Sep 2021
Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda

APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika
POLITIKI

Yahya Jammeh n’umuryango we bambuwe uburenganzira bwo kujya muri Amerika

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Bidasubirwaho Umwami Kigeli azatabarizwa  mu Rwanda
ITOHOZA

Bidasubirwaho Umwami Kigeli azatabarizwa mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Nov 2016
Kapiteni wavuye ku rugerero yanditse igitabo kiva imuzingo inzitane Inkotanyi zanyuzemo zibohora u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kapiteni wavuye ku rugerero yanditse igitabo kiva imuzingo inzitane Inkotanyi zanyuzemo zibohora u Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru