• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Ubwanditsi 03 Jun 2017 Mu Rwanda

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro batoye Perezida Paul Kagame nk’umukandida uzabahagararira mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Kanama uyu mwaka.

Mu matora yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Kamena 2017, Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bateraniye mu Nteko rusange y’umuryango ku rwego rw’Akarere ka Kicukiro, bemeje ko Kagame azabahagararira nk’umukandida ku majwi 100%, bingana n’abantu 1170 bari bayitabiriye.

Bagaragaje ko bamutoye bitewe n’ibikorwa bitandukanye yagiye akora birimo guhesha ijambo u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga, umutekano usesuye ku baturage, guca nyakatsi, kubaka imihanda n’ibindi bikorwaremezo bitandukanye.

Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro, Dr. Nyirahabimana Jeanne, yavuze ko kuba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ayobora batoye Perezida Kagame nk’umukandida uzabahagarira mu matora y’umukuru w’igihugu ku kigero cya 100%, ari ikimenyetso kigaragaza amatora azagenda neza.

Yagize ati “Ibi birampa ishusho y’uko amatora azagenda neza kandi rwose mfite icyizere bitewe n’uburyo abanyamuryango bitabiriye aya matora ari benshi bakanishimira cyane gutora Perezida Kagame nk’umukandida uzabahagarira mu matora.”

Yakomeje asaba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi kwitegura neza amatora, bagenzura ko bari ku malisiti y’itora kugira ngo bazabashe gutora umukandinda wabo neza no kuzamuherekeza mu bikorwa byose azakora byo kwiyamamaza.

Umubyeyi w’imyaka 58 witwa Bazubagira Zena utuye i Kanombe, yavuze ko yatoye Perezida Kagame nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi bitewe n’uko ibikorwa yakoze byigaragaza.

Yagize ati “Nishimye cyane kubera ko ari we twongeye kwamamaza kugira ngo azongere kutuyobora. Njye namutoreye ibikorwa bidasanzwe yagiye adukorera birimo kuba yaraciye nyakatsi akazana gahunda ya Girinka no kuba yaragaruye umutekano mu gihugu tukaba tugenda amasaha yose ntacyo twikanga.”

Biteganyijwe ko Akarere ka Kicukiro kagiye gushyikiriza Inteko Rusange y’Umujyi wa Kigali izina ry’umukandida kemeje kugira ngo izamwemeze ko ari we mukandida watowe bityo na yo izamushyikirize kongere y’umuryango ku rwego rw’igihugu.

Mu matora nk’aya kandi ari kubera mu turere twose tugize igihugu Kagame Paul yabonye 100%.

-6781.jpg

-6780.jpg

2017-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu  Bubiligi

Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu Bubiligi

Ubwanditsi 28 Apr 2017
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Ubwanditsi 16 Jul 2025
The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

Ubwanditsi 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yari yahize kugera mu matsinda ya CAF Champions League yasezerewe na Pyramid yo mu Misiri
Amakuru

APR FC yari yahize kugera mu matsinda ya CAF Champions League yasezerewe na Pyramid yo mu Misiri

Ubwanditsi 22 Sep 2024
Itohoza: Akabaye icwende ntikoga Jean Paul Turayishimye akomeje kwerekana kamere ye yo gukunda ifaranga, guhemuka no kwihuza n’umuryango wa Bagosora
INKURU NYAMUKURU

Itohoza: Akabaye icwende ntikoga Jean Paul Turayishimye akomeje kwerekana kamere ye yo gukunda ifaranga, guhemuka no kwihuza n’umuryango wa Bagosora

Ubwanditsi 10 May 2020
Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD
HIRYA NO HINO

Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD

Ubwanditsi 30 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru