• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Ubwanditsi 03 Jun 2017 Mu Rwanda

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro batoye Perezida Paul Kagame nk’umukandida uzabahagararira mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Kanama uyu mwaka.

Mu matora yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Kamena 2017, Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bateraniye mu Nteko rusange y’umuryango ku rwego rw’Akarere ka Kicukiro, bemeje ko Kagame azabahagararira nk’umukandida ku majwi 100%, bingana n’abantu 1170 bari bayitabiriye.

Bagaragaje ko bamutoye bitewe n’ibikorwa bitandukanye yagiye akora birimo guhesha ijambo u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga, umutekano usesuye ku baturage, guca nyakatsi, kubaka imihanda n’ibindi bikorwaremezo bitandukanye.

Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro, Dr. Nyirahabimana Jeanne, yavuze ko kuba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ayobora batoye Perezida Kagame nk’umukandida uzabahagarira mu matora y’umukuru w’igihugu ku kigero cya 100%, ari ikimenyetso kigaragaza amatora azagenda neza.

Yagize ati “Ibi birampa ishusho y’uko amatora azagenda neza kandi rwose mfite icyizere bitewe n’uburyo abanyamuryango bitabiriye aya matora ari benshi bakanishimira cyane gutora Perezida Kagame nk’umukandida uzabahagarira mu matora.”

Yakomeje asaba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi kwitegura neza amatora, bagenzura ko bari ku malisiti y’itora kugira ngo bazabashe gutora umukandinda wabo neza no kuzamuherekeza mu bikorwa byose azakora byo kwiyamamaza.

Umubyeyi w’imyaka 58 witwa Bazubagira Zena utuye i Kanombe, yavuze ko yatoye Perezida Kagame nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi bitewe n’uko ibikorwa yakoze byigaragaza.

Yagize ati “Nishimye cyane kubera ko ari we twongeye kwamamaza kugira ngo azongere kutuyobora. Njye namutoreye ibikorwa bidasanzwe yagiye adukorera birimo kuba yaraciye nyakatsi akazana gahunda ya Girinka no kuba yaragaruye umutekano mu gihugu tukaba tugenda amasaha yose ntacyo twikanga.”

Biteganyijwe ko Akarere ka Kicukiro kagiye gushyikiriza Inteko Rusange y’Umujyi wa Kigali izina ry’umukandida kemeje kugira ngo izamwemeze ko ari we mukandida watowe bityo na yo izamushyikirize kongere y’umuryango ku rwego rw’igihugu.

Mu matora nk’aya kandi ari kubera mu turere twose tugize igihugu Kagame Paul yabonye 100%.

-6781.jpg

-6780.jpg

2017-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza

Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza

Ubwanditsi 12 Nov 2021
Kigali:Polisi yihanganishije imiryango y’abana batwikiwe muri ruhurura

Kigali:Polisi yihanganishije imiryango y’abana batwikiwe muri ruhurura

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Ubwanditsi 20 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”
INKURU NYAMUKURU

Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Tour du Rwanda 2020: Umunya-Ethiopia yegukanye agace ka kabiri
IMIKINO

Tour du Rwanda 2020: Umunya-Ethiopia yegukanye agace ka kabiri

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye,  Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL
Amakuru

Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye, Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL

Ubwanditsi 27 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru