• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Apr 2016 Mu Mahanga

Ku italiki ya 30 Werurwe , Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’abapolisi bagera kuri 300 bagize Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda( Police High Council), ikaba n’urwego rukuru Polisi ifatiramo ibyemezo bijyanye n’imiyoborere yayo.

Perezida Kagame aganira n’abagize iyo nama, yabashimiye akazi keza bakora maze abaha impanuro n’umurongo bagenderaho ngo buzuze inshingano zabo.

Mu byo yibanzeho, harimo ibijyanye n’igipolisi cy’umwuga(professionalism), aho yavuze ko abapolisi bashoboye kandi biyizeye(confident), bafite imyitwarire ngengamikorere (ethics) myiza, bigishijwe neza(trained), bafite ubushake n’ubumenyi(committed), aribo buzuza inshingano zabo neza cyane cyane mu guhangana n’ibyaha by’inzaduka harimo n’ibijyanye n’ikoranabuhanga.

Yibukije kandi bimwe mu bibazo bikigaragara Polisi y’u Rwanga igomba kugiramo uruhare ngo bikemuke birimo iby’imibereho myiza y’abaturage, ihohoterwa rikorerwa abana n’imirimo ivunanye bakoreshwa, icuruzwa ry’abantu n’ibindi,..ko byose bigomba kwitabwaho.

Perezida Kagame kandi yavuze ko hakwihutishwa imirimo yo kubaka laboratwari ipima ibijyanye n’amasano y’ibinyabuzima(DNA) dore ko ibikorwa byo kuyubaka bigeze kure.

Uretse kuganira n’iyo nama kandi, Perezida Kagame yatashye n’inyubako y’icyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda yubatswe mu gihe cy’amezi 18, igizwe n’amagorofa ane, ikaba yaratwaye amafaranga angana na miliyari enye n’igice z’amafaranga y’amanyarwanda (4.000.000Frw), ikaba yarubatswe bigizwemo uruhare rukomeye na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, dore ko ari nawe wari washyize ibuye ry’ifatizo aho yubatswe.

-2574.jpg

Perezida Paul Kagame aganira n’abayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda

-2573.jpg

-2572.jpg

Ifoto y’urwibutso

Iyi nama kandi yitabiriwe na Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Shei Musa Fazil Harerimana, Minisitiri w’Ingabo, General James Kabarebe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Patrick Nyamvumba, Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Umutekano(NISS), Brigadier General Joseph Nzabamwita ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa, Brigadier General George Rwigamba.

RNP

2016-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Ubwanditsi 23 Nov 2024
Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Ubwanditsi 15 Sep 2023
Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwo izo ndonke yashakaga ashatse yazizira. Ntabwo yigeze aba umusirikare, nta mwana wanjye wigeze aba umusirikare. Nta n’umwe-Nsabimana Esdras

Ubwanditsi 17 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Abantu bitwaje intwaro bateye ibirindiro bya polisi
HIRYA NO HINO

Burundi: Abantu bitwaje intwaro bateye ibirindiro bya polisi

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame
Mu Mahanga

Bagiye gukemura iby’abandi bibagirwa gukemura iby’iwabo-Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru