• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva intambara ihuza umutwe wa M23 n’ingabo za Kongo yatangira muri uyu mwaka, Tshisekedi ntiyahwemye kubeshya amahanga ko ari u Rwanda rwamuteye kugirango ahishe ikibazo abakongomani bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bahura nacyo harimo kwicwa no guhohoterwa.

Mu ntangiriro y’iki cyumweru, abahatanira umwanya wa Perezida aribo Martin Fayulu, Matata Ponyo na Dr Denis Mukwege basohoye itangazo bahuriye hamwe bagaragaza ibibazo Perezida Tshisekedi yateje igihugu cye kuva yaba Perezida harimo , kudatsinda amatora, ruswa ikabije, icyenewabo, kwigwizaho imitungo, kubangamira uburenhganzira bwa muntu n’ibindi birego byinshi. Guhera uwo munsi ibitangazamakuru byose bikorera muri Kongo byamaze igihe biganira kuri iryo tangazo rigaragaza gutsindwa kwa Tshisekedi mu myaka ine amaze ayobora. Uwo munsi kandi Moise Katumbi wahoze ayobora intara ya Katanga yatangaje ko nawe aziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu bibera ihurizo Tshisekedi.

Kugirango arebe ko bwacya kabiri, uwo munsi ku wambere tariki ya 26 Ukuboza 2022, ingabo za Kongo zasohoye itangazo ryibutse ko M23 ishyigikiwe n’u Rwanda yubuye imirwano. Iri tangazo ry’ingabo za Kongo FARDC ryari nko gufata agakombe k’amazi ugashaka kuzimya ishyamba ry’inzitane ryahiye.

Nyuma yo kubona ko iri tangazo nta kintu ryakoze ku gitutu kuri Tshisekedi, bazanye indi nkuru imeze nkaho ari film, Minisitiri w’umutekano mu gihugu yerekanye abantu bane aho yavugaga ko ari intasi za Leta y’u Rwanda. Muri abo harimo Col Mugisha Ruyumbu Santos, wafatiwe ko ari umunyamulenge, Nshimyimana Biseruka Juvenal ukuriye Umuryango Utegamiye kuri Leta urwanya inzara muri Kasai witwa “African Health Development Organisation” ukorana n’abasuwisi. Nshimiyimana kandi yakoranye bya hafi n’umugore wa Pereizda Tshisekedi ariwe Denise Nyakeru Tshisekedi.

Undi ni umusore w’imyaka 33 Moses Mushabe wakoraga ubucuruzi abana na Nshimiyimana ariko kuko basanze muri mudasobwa ye ifoto ari mu ngandi yambaye imyenda ya gisirikari bemeje ko ari umusirikari ukomeye mu ngabo z’u Rwanda waje kuneka.

Ibi byose byakozwe mu rwego rwo kugabanya umuriro wacanwe kuri Tshisekedi n’abakandida baziyamamariza uwo mwanya bamwibutsa ko yibye amatora adakwiye kwiyongeza indi manda.

Muri iki cyumweru kandi, Tshisekedi yatumije inama y’abaminisitiri aho icumi batari bemerewe kwinjira kuko ari abo kuruhande rwa Moise Katumbi aho batatu bahise begura. Abasigaye ni abo Tshisekedi yashukishije amafaranga harimo na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Christophe Lutundula.

Mu bikorwa bya politiki kandi habay itangwa ry’amakarita y’itora aho mbarwa aribo bayabonye abandi agasohoka amasura atari ayabo. Abakongomani bakaba bemeza ko iyi ari intangiriro ko amatora atazagenda neza. Ikindi ni uko intara zegereye aho Tshisekedi avuka naho afite abayoboke zahawe amakarita menshi y’itora bivugwa ko yatangiye kwibwa ataranaba.

Ni ukubitega amaso naho ikinyoma cyo gushyira ku Rwanda ibitagenda byose muri Kongo ntaho bizamugeza. Tshisekedi wabaye Perezida atarabaye na Mayor, amaze kubona ko kuyobora igihugu bitandukanye no gutwara taxi akazi yakoraga akiba mu Bubiligi.

 

 

2022-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Umugande Jackson Mayanja niwe wagizwe umutoza wa Sunrise FC asimbuye Hassan Muhire

Ubwanditsi 02 Nov 2023
Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 19 Jan 2021
Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Ubwanditsi 22 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2016
MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye
SHOWBIZ

MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya

Ubwanditsi 13 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru