• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva intambara ihuza umutwe wa M23 n’ingabo za Kongo yatangira muri uyu mwaka, Tshisekedi ntiyahwemye kubeshya amahanga ko ari u Rwanda rwamuteye kugirango ahishe ikibazo abakongomani bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bahura nacyo harimo kwicwa no guhohoterwa.

Mu ntangiriro y’iki cyumweru, abahatanira umwanya wa Perezida aribo Martin Fayulu, Matata Ponyo na Dr Denis Mukwege basohoye itangazo bahuriye hamwe bagaragaza ibibazo Perezida Tshisekedi yateje igihugu cye kuva yaba Perezida harimo , kudatsinda amatora, ruswa ikabije, icyenewabo, kwigwizaho imitungo, kubangamira uburenhganzira bwa muntu n’ibindi birego byinshi. Guhera uwo munsi ibitangazamakuru byose bikorera muri Kongo byamaze igihe biganira kuri iryo tangazo rigaragaza gutsindwa kwa Tshisekedi mu myaka ine amaze ayobora. Uwo munsi kandi Moise Katumbi wahoze ayobora intara ya Katanga yatangaje ko nawe aziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu bibera ihurizo Tshisekedi.

Kugirango arebe ko bwacya kabiri, uwo munsi ku wambere tariki ya 26 Ukuboza 2022, ingabo za Kongo zasohoye itangazo ryibutse ko M23 ishyigikiwe n’u Rwanda yubuye imirwano. Iri tangazo ry’ingabo za Kongo FARDC ryari nko gufata agakombe k’amazi ugashaka kuzimya ishyamba ry’inzitane ryahiye.

Nyuma yo kubona ko iri tangazo nta kintu ryakoze ku gitutu kuri Tshisekedi, bazanye indi nkuru imeze nkaho ari film, Minisitiri w’umutekano mu gihugu yerekanye abantu bane aho yavugaga ko ari intasi za Leta y’u Rwanda. Muri abo harimo Col Mugisha Ruyumbu Santos, wafatiwe ko ari umunyamulenge, Nshimyimana Biseruka Juvenal ukuriye Umuryango Utegamiye kuri Leta urwanya inzara muri Kasai witwa “African Health Development Organisation” ukorana n’abasuwisi. Nshimiyimana kandi yakoranye bya hafi n’umugore wa Pereizda Tshisekedi ariwe Denise Nyakeru Tshisekedi.

Undi ni umusore w’imyaka 33 Moses Mushabe wakoraga ubucuruzi abana na Nshimiyimana ariko kuko basanze muri mudasobwa ye ifoto ari mu ngandi yambaye imyenda ya gisirikari bemeje ko ari umusirikari ukomeye mu ngabo z’u Rwanda waje kuneka.

Ibi byose byakozwe mu rwego rwo kugabanya umuriro wacanwe kuri Tshisekedi n’abakandida baziyamamariza uwo mwanya bamwibutsa ko yibye amatora adakwiye kwiyongeza indi manda.

Muri iki cyumweru kandi, Tshisekedi yatumije inama y’abaminisitiri aho icumi batari bemerewe kwinjira kuko ari abo kuruhande rwa Moise Katumbi aho batatu bahise begura. Abasigaye ni abo Tshisekedi yashukishije amafaranga harimo na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Christophe Lutundula.

Mu bikorwa bya politiki kandi habay itangwa ry’amakarita y’itora aho mbarwa aribo bayabonye abandi agasohoka amasura atari ayabo. Abakongomani bakaba bemeza ko iyi ari intangiriro ko amatora atazagenda neza. Ikindi ni uko intara zegereye aho Tshisekedi avuka naho afite abayoboke zahawe amakarita menshi y’itora bivugwa ko yatangiye kwibwa ataranaba.

Ni ukubitega amaso naho ikinyoma cyo gushyira ku Rwanda ibitagenda byose muri Kongo ntaho bizamugeza. Tshisekedi wabaye Perezida atarabaye na Mayor, amaze kubona ko kuyobora igihugu bitandukanye no gutwara taxi akazi yakoraga akiba mu Bubiligi.

 

 

2022-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Kurwanya ruswa: Abashoferi barenga 8 bafashwe bagerageza gutanga ruswa

Kurwanya ruswa: Abashoferi barenga 8 bafashwe bagerageza gutanga ruswa

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Ubwanditsi 12 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka yacu ntatwemerera kwirara – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Amateka yacu ntatwemerera kwirara – Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere
Amakuru

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Ubwanditsi 31 Jan 2022
Teta Diana yashyize hanze amashusho y’indirimbo “Birangwa” yahimbiye se
KWAMAMAZA

Teta Diana yashyize hanze amashusho y’indirimbo “Birangwa” yahimbiye se

Ubwanditsi 02 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru