• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Barack Obama yageze muri Kenya

Barack Obama yageze muri Kenya

Ubwanditsi 16 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Ahagana saa saba (Saa sita ku isaha y’i Kigali) zo muri Kenya kuri iki Cyumweru nibwo indege yari itwaye Barack Obama wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yageze ku kibuga cy’indege cyitiriwe Jomo Kenyatta.

Akigera ku kibuga cy’indege, yerekeje ku ngoro y’umukuru w’igihugu i Nairobi aho agomba guhura na Perezida Uhuru Kenyatta ndetse n’umuyobozi w’abatavuga rumwe na Leta, Raila Odinga.

Citizen TV yatangaje ko umutekano wakajijwe mu mujyi wa Nairobi na Kisumu.

Biteganyijwe ko uruzinduko rwa Obama azarusoza kuri uyu wa Mbere nyuma yo kwitabira umuhango wo gufungura ku mugaragaro ikigo cy’imikino n’ubumenyingiro cyubatswe n’umuryango Sauti Kuu Foundation washinzwe na mushiki we, Auma Obama.

Uyu muhango uzabera mu gace Kogelo ku ivuko ry’abakurambere ba Obama.

Obama azava muri Kenya ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere aho azahita yerekeza muri Afurika y’Epfo mu bikorwa bigamije kwizihiza isabukuru ya Nelson Mandela. Muri iki gihugu kandi azaganira na Perezida Cyril Ramaphosa.

Mu gace ka Kogelo abanyabugeni bagiye bashushanya Obama ku nzira, mu gihe utubari tumwe turi gukurura abakiliya twamamaza ko dufite ikinyobwa cyitwa Obama nkuko CNN yabitangaje.

Obama yaherukaga muri Kenya mu mwaka wa 2015.

Perezida Kenyatta ubwo yakiraga Barack Obama mu ngoro y’umukuru w’igihugu muri Kenya

Aba bombi bari bugirane ibiganiro mbere y’uko Obama ahura n’abo mu muryango we

Ubwo Barack Obama yasuraga Kenya mu 1987

Imodoka zavanye Obama ku kibuga cy’indege

2018-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Dore Amabanga 5 yakwereka ko ntacyahagarika Urukundo rwawe n’Umukobwa mukundana.

Dore Amabanga 5 yakwereka ko ntacyahagarika Urukundo rwawe n’Umukobwa mukundana.

Ubwanditsi 07 Feb 2017
Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

Ubwanditsi 15 Feb 2019
‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

Ubwanditsi 20 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ifoto igaragaza Platini yateye ivi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga “REBA HANO”
SHOWBIZ

Ifoto igaragaza Platini yateye ivi yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga “REBA HANO”

Ubwanditsi 30 Jul 2018
S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba
Mu Rwanda

S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi
Amakuru

Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Ubwanditsi 19 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru