• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, yakoze impanuka

Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, yakoze impanuka

Ubwanditsi 22 Aug 2018 IMIKINO

Ndayishimiye Eric Bakame wahoze ari Kapiteni wa Rayon Sports yakoze impanuka ari kumwe n’umugore n’abana.

Nta n’umwe mu bari muri iyi modoka witabye Imana, gusa abagize ikibazo ubu bari kwitabwaho mu bitaro.

Amakuru agera kuri Rushyashya  ni uko iyi mpanuka yabereye i Nyamata mu Karere uyu mukinnyi asanzwe atuyemo.

Umwe mu nshuti z’uyu mukinnyi yatangaje  ko kugeza ubu bose bari kwa muganga i Nyamata. Ngo Umugore ni we wakomeretse cyane naho abandi ntibikomeye.

Bakame ni umwe mu bakinnyi bafite amateka akomeye mu Rwanda wabaye kapiteni wa Rayon Sports igihe kinini aza gutandukana nayo umwaka ushize w’imikino.

Yayihesheje Igikombe cy’Amahoro mu 2016, icya shampiyona mu 2017 naho mu 2018 ayifasha kugera mu matsinda ya CAF Confederation Cup ku nshuro ya mbere.

Bakame ntagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi- Urutonde

Nyuma yo kumurikirwa ku mugaragaro itangazamakuru, umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent aherekejwe n’abatoza bamwungirije, yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi 32 bagomba gutangira umwiherero bitegura gucakirana na Cote d’Ivoire.

 

Ni mu rugamba rwo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika cya 2019 kizabera muri Cameroun aho u Rwanda ruherereye mu itsinda H hamwe na Repubulika ya Centrafrique, Guinea na Cote d’Ivoire.


Ni urutonde rwagaragayemo gutungurana ku bakinnyi bamwe na bamwe batagaragayemo barimo umuzamu Ndayishimiye Eric Bakame wari usanzwe ari kapiteni w’ikipe y’abakinnyi b’imbere mu gihugu bitabira CHAN.

Ni mu gihe kandi abanyarwanda bishimiye kongera kubona Kagere Meddie ahamagarwa mu ikipe y’igihugu nyuma yo guhabwa ubwenegihugu mu buryo bwemewe n’amategeko.

Muri aba bakinnyi 32 kandi bahamagawe, abagera ku 9 kuri uru rutonde bakina nk’ababigize umwuga hanze y’u Rwanda harimo umuzamu Kwizera Olivier Free State Stars muri Afurika y’Epfo, ba myugariro babiri Salomon Nirisarike (AFC Tubize, Ububiligi) na Usengimana Faustin (Khitan Sport Club, Kuwait), abakinnyi batatu bakina hagati barimo Bizimana Djihad (Beveren, Ububiligi) Haruna Niyonzima (Simba SC, Tanzania) na Sibomana Patrick (FC Shakhtyor, Belarus) ndetse n’abatatu basatira izamu barimo Kagere Meddie (Simba SC, Tanzania), Jack Tuyisenge (Gor Mahia, Kenya) na Usengimana Dany (Tersana FC, Misiri).

Abazamu: Kwizera Olivier (Free State Stars, South Africa), Kimenyi Yves (APR FC), Rwabugiri Omar (Mukura VS) na Ntwari Fiacre (Intare FC & U20)

Ba myugariro: Salomon Nirisarike (AFC Tubize,Belgium), Iragire Saidi (Mukura VS), Usengimana Faustin (Khitan Sport Club, Kuwait), Rwatubyaye Abdul (Rayon Sports), Rugwiro Herve (APR FC), Manzi Thierry (Rayon Sports), Michel Rusheshangoga (nta kipe afite), Emmanuel Manishimwe (APR FC), Fitina Omborenga (APR FC) na Rutanga Eric (Rayon Sports)

Abakina hagati: Mukunzi Yannick (Rayon Sports), Mugiraneza Jean Baptiste (APR FC), Niyonzima Ally (AS Kigali), Bizimana Djihad (Beveren, Belgium), Haruna Niyonzima (Simba SC,Tanzania), Buteera Andrew (APR FC), Cyiza Hussein (Mukura VS), Iranzi Jean Claude (APR FC), Muhire Kevin (Rayon Sports), Sibomana Patrick (FC Shakhtyor, Belarus), Ngendahimana Eric (Police FC) na Nizeyimana Djuma (Kiyovu Sports)

Ba Rutahizamu: Kagere Meddie (Simba SC, Tanzania), Jack Tuyisenge (Gor Mahia, Kenya), Usengimana Dany (Tersana FC, Egypt), Hakizimana Muhadjili (APR FC), Mbaraga Jimmy (AS Kigali) na Uwimbabazi Jean Paul (Kirehe FC).

Abakinnyi bakina imbere mu gihugu bagomba gutangira umwiherero muri La Palisse Hotel i Nyamata kuva kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Kanama 2018, naho abakina hanze y’u Rwanda bakaziyunga ku bandi ubwo ingengabihe ya FIFA iteganyiriza ibiruhuko by’amakipe y’ibihugu izaba igeze.

Aba bakinnyi bahamagawe bakazavamo 18 bazahatana n’Inzovu za Cote d’Ivoire i Kigali mu byumweru bitatu biri imbere tariki ya 09 Nzeli mu mukino w’umunsi wa kabiri, tubibutsa ko umukino wa mbere U Rwanda rwatsindiwe i Bangui muri Centrafrique ibitego 2-1.

Mashami Vincent wri umaze igihe kinini yungiriza abatoza b’abera, ubu yagiriwe icyizere ahabwa amasezerano y’umwaka

Staff tekinike nshya y’ikipe y’igihugu igizwe: Mashami Vincent (Head Coach/umutoza mukuru), Jimmy Mulisa (1st Assistant Coach/ umutoza wa mbere wungirije), Seninga Innocent (2nd Assistant Coach/umutoza wa kabiri wungirije), Higiro Thomas (Goalkeeper Coach/umutza w’abazamu), Niyintunze Jean Paul (Fitness Coach/umutoza wongerera ingufu abakinnyi), Rutayisire Jackson (Team Manager), Rutamu Patrick (Physio/umuganga), Nuhu Asouman (Physio/umuganga), Peter Baziki (Kit Manager/ushinzwe ibikoresho) na Munyaneza Jacques (Assistant Kit Manager/ushinzwe ibikoresho wungirije)

Bivugwa ko Bakame ariwe wari utwaye imodoka ari kumwe n’umugore n’abana babo batatu.

 

Imodoka uyu mukinnyi yarimo yangiritse bikomeye

 

Ndayishimiye Eric Bakame yakoze impanuka ari kumwe n’umuryango we

 

2018-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Okoko Godfroid yagizwe umutoza mushya w’ikipe ya Rutsiro FC asimbuye Haruna Ferouz watandukanye n’ikipe kubera umusaruro muke

Okoko Godfroid yagizwe umutoza mushya w’ikipe ya Rutsiro FC asimbuye Haruna Ferouz watandukanye n’ikipe kubera umusaruro muke

Ubwanditsi 01 Dec 2022
U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cy’Afurika 2026 mu mukino wa Handball

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cy’Afurika 2026 mu mukino wa Handball

Ubwanditsi 30 Jan 2024
Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze

Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club

Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club

Ubwanditsi 05 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu  bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump
ITOHOZA

Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Sosiyete Nyafurika z’indege zishobora guhomba miliyoni 300$ mu 2019
UBUKERARUGENDO

Sosiyete Nyafurika z’indege zishobora guhomba miliyoni 300$ mu 2019

Ubwanditsi 16 Dec 2018
AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Aruba yegukanye igikombe cya FIFA SERIES mu itsinda B, itsinze Liechtenstein ku mikino wa nyuma
Amakuru

AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Aruba yegukanye igikombe cya FIFA SERIES mu itsinda B, itsinze Liechtenstein ku mikino wa nyuma

RUSHYASHYA 30 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru