• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, yakoze impanuka

Bakame utagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, yakoze impanuka

Ubwanditsi 22 Aug 2018 IMIKINO

Ndayishimiye Eric Bakame wahoze ari Kapiteni wa Rayon Sports yakoze impanuka ari kumwe n’umugore n’abana.

Nta n’umwe mu bari muri iyi modoka witabye Imana, gusa abagize ikibazo ubu bari kwitabwaho mu bitaro.

Amakuru agera kuri Rushyashya  ni uko iyi mpanuka yabereye i Nyamata mu Karere uyu mukinnyi asanzwe atuyemo.

Umwe mu nshuti z’uyu mukinnyi yatangaje  ko kugeza ubu bose bari kwa muganga i Nyamata. Ngo Umugore ni we wakomeretse cyane naho abandi ntibikomeye.

Bakame ni umwe mu bakinnyi bafite amateka akomeye mu Rwanda wabaye kapiteni wa Rayon Sports igihe kinini aza gutandukana nayo umwaka ushize w’imikino.

Yayihesheje Igikombe cy’Amahoro mu 2016, icya shampiyona mu 2017 naho mu 2018 ayifasha kugera mu matsinda ya CAF Confederation Cup ku nshuro ya mbere.

Bakame ntagaragara mu bakinnyi 32 bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi- Urutonde

Nyuma yo kumurikirwa ku mugaragaro itangazamakuru, umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent aherekejwe n’abatoza bamwungirije, yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi 32 bagomba gutangira umwiherero bitegura gucakirana na Cote d’Ivoire.

 

Ni mu rugamba rwo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika cya 2019 kizabera muri Cameroun aho u Rwanda ruherereye mu itsinda H hamwe na Repubulika ya Centrafrique, Guinea na Cote d’Ivoire.


Ni urutonde rwagaragayemo gutungurana ku bakinnyi bamwe na bamwe batagaragayemo barimo umuzamu Ndayishimiye Eric Bakame wari usanzwe ari kapiteni w’ikipe y’abakinnyi b’imbere mu gihugu bitabira CHAN.

Ni mu gihe kandi abanyarwanda bishimiye kongera kubona Kagere Meddie ahamagarwa mu ikipe y’igihugu nyuma yo guhabwa ubwenegihugu mu buryo bwemewe n’amategeko.

Muri aba bakinnyi 32 kandi bahamagawe, abagera ku 9 kuri uru rutonde bakina nk’ababigize umwuga hanze y’u Rwanda harimo umuzamu Kwizera Olivier Free State Stars muri Afurika y’Epfo, ba myugariro babiri Salomon Nirisarike (AFC Tubize, Ububiligi) na Usengimana Faustin (Khitan Sport Club, Kuwait), abakinnyi batatu bakina hagati barimo Bizimana Djihad (Beveren, Ububiligi) Haruna Niyonzima (Simba SC, Tanzania) na Sibomana Patrick (FC Shakhtyor, Belarus) ndetse n’abatatu basatira izamu barimo Kagere Meddie (Simba SC, Tanzania), Jack Tuyisenge (Gor Mahia, Kenya) na Usengimana Dany (Tersana FC, Misiri).

Abazamu: Kwizera Olivier (Free State Stars, South Africa), Kimenyi Yves (APR FC), Rwabugiri Omar (Mukura VS) na Ntwari Fiacre (Intare FC & U20)

Ba myugariro: Salomon Nirisarike (AFC Tubize,Belgium), Iragire Saidi (Mukura VS), Usengimana Faustin (Khitan Sport Club, Kuwait), Rwatubyaye Abdul (Rayon Sports), Rugwiro Herve (APR FC), Manzi Thierry (Rayon Sports), Michel Rusheshangoga (nta kipe afite), Emmanuel Manishimwe (APR FC), Fitina Omborenga (APR FC) na Rutanga Eric (Rayon Sports)

Abakina hagati: Mukunzi Yannick (Rayon Sports), Mugiraneza Jean Baptiste (APR FC), Niyonzima Ally (AS Kigali), Bizimana Djihad (Beveren, Belgium), Haruna Niyonzima (Simba SC,Tanzania), Buteera Andrew (APR FC), Cyiza Hussein (Mukura VS), Iranzi Jean Claude (APR FC), Muhire Kevin (Rayon Sports), Sibomana Patrick (FC Shakhtyor, Belarus), Ngendahimana Eric (Police FC) na Nizeyimana Djuma (Kiyovu Sports)

Ba Rutahizamu: Kagere Meddie (Simba SC, Tanzania), Jack Tuyisenge (Gor Mahia, Kenya), Usengimana Dany (Tersana FC, Egypt), Hakizimana Muhadjili (APR FC), Mbaraga Jimmy (AS Kigali) na Uwimbabazi Jean Paul (Kirehe FC).

Abakinnyi bakina imbere mu gihugu bagomba gutangira umwiherero muri La Palisse Hotel i Nyamata kuva kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Kanama 2018, naho abakina hanze y’u Rwanda bakaziyunga ku bandi ubwo ingengabihe ya FIFA iteganyiriza ibiruhuko by’amakipe y’ibihugu izaba igeze.

Aba bakinnyi bahamagawe bakazavamo 18 bazahatana n’Inzovu za Cote d’Ivoire i Kigali mu byumweru bitatu biri imbere tariki ya 09 Nzeli mu mukino w’umunsi wa kabiri, tubibutsa ko umukino wa mbere U Rwanda rwatsindiwe i Bangui muri Centrafrique ibitego 2-1.

Mashami Vincent wri umaze igihe kinini yungiriza abatoza b’abera, ubu yagiriwe icyizere ahabwa amasezerano y’umwaka

Staff tekinike nshya y’ikipe y’igihugu igizwe: Mashami Vincent (Head Coach/umutoza mukuru), Jimmy Mulisa (1st Assistant Coach/ umutoza wa mbere wungirije), Seninga Innocent (2nd Assistant Coach/umutoza wa kabiri wungirije), Higiro Thomas (Goalkeeper Coach/umutza w’abazamu), Niyintunze Jean Paul (Fitness Coach/umutoza wongerera ingufu abakinnyi), Rutayisire Jackson (Team Manager), Rutamu Patrick (Physio/umuganga), Nuhu Asouman (Physio/umuganga), Peter Baziki (Kit Manager/ushinzwe ibikoresho) na Munyaneza Jacques (Assistant Kit Manager/ushinzwe ibikoresho wungirije)

Bivugwa ko Bakame ariwe wari utwaye imodoka ari kumwe n’umugore n’abana babo batatu.

 

Imodoka uyu mukinnyi yarimo yangiritse bikomeye

 

Ndayishimiye Eric Bakame yakoze impanuka ari kumwe n’umuryango we

 

2018-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Ubwanditsi 21 Feb 2018
U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Mu minsi 4 ibura ngo amakipe yombi ahure, APR FC yatsinze Etincelles FC yisubiza umwanya wa mbere w’agateganyo, Rayon Sports ikura amanota atatu i Bugesera

Mu minsi 4 ibura ngo amakipe yombi ahure, APR FC yatsinze Etincelles FC yisubiza umwanya wa mbere w’agateganyo, Rayon Sports ikura amanota atatu i Bugesera

Ubwanditsi 22 Feb 2022
Ikipe  izakina na APR FC yihaye  imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ikipe izakina na APR FC yihaye imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ubwanditsi 11 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?
Mu Rwanda

Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo
INKURU NYAMUKURU

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Ubwanditsi 16 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru