• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.

Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.

Ubwanditsi 08 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ubundi gutsindwa mu matora si igitangaza, cyane cyane iyo utsinzwe n’uwo bigaragara ko akurusha ububasha. Gutsindwa biba ikibazo iyo washoye imbaraga z’umurengera mu kwiyamamaza, ugashyiramo no gusebya uwo muhanganye, ariko mu matora ntubone n’ icya cumi cy’ingufu wakoresheje.

Ni uko byagendekeye Prof Pamela Mbabazi Kasabiti, umukandida bwite wa Perezida Museveni, wahataniraga kuba icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe, akaza kubona amajwi 10 gusa ku majwi 55 y’abatoye. Ni mu matora yabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 06 Gashyantare 2021 hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanaho, aho Abakuru b’Ibihugu n’ aba za Guverinoma bigize uwo muryango bagombaga gutora umukandida umwe muri 3 biyamamazaga, maze amajwi bayahundagaza ku umukandida w’u Rwanda, Dr Nsanzabaganwa Monique, wari usanze ari Visi-Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR.

Dr Nsanzabaganwa rero yegukanye amajwi 42 kuri 55, mu gihe yari akeneye gusa amajwi 37 ngo atsindire umwanya wa “Deputy Chairperson” w’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe. Uretse Umunyarwandakazi, Dr Monique Nsanzabaganwa (watowe), Umugandekazi Prof Pamela Mbabazi (watsinzwe), hari n’umunya Djibouti, Hasna Barkat Daoud we wabonye amajwi 2 gusa, ariko uyu we akaba yaraje byo kurangiza umuhango ugereranyije n’abo bari bahanganye.

Ubundi abazi Prof Pamela Mbabazi bamuvuga nk’umugore w’umuhanga, intyoza mu kwiyamamaza. Kuba yaratsinzwe rero kariya kageni, byatumye abasesenguzi babigarukaho cyane. Ibitangazamakuru byo muri Uganda ndetse n’impuguke mu bya politiki, baravuga ko atari Uganda na Prof Mbabazi batsinzwe, ko ahubwo handagajwe Pereziga Museveni ubwe, ngo iyi ikaba ari isura nyayo y’icyizere afitiwe ku rwego mpuzamahanga, ariko cyane cyane uko Abakuru b’Ibihugu bya Afrika bagenzi be bamufata.

Abo basesenguzi bagaragaza ko gutsindwa na Dr Monique Nsanzabaganwa atari igitangaza, ariko nibura umukandida wa Museveni yari kumuyingayinga mu majwi, bikagaragara ko ari ibihangange 2 byahatanye. Siko byagenze kuko Prof Mbabazi yakojejwe n’isoni. Abo bahanga basanga akaga Prof Mbabazi na Perezida Museveni bahuye nako, byaba bifitanye isano ya hafi n’ibyaranze amatora aheruka kuba muri Uganda. Ibihugu byinshi bisanzwe binafasha Uganda, nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Ubwongereza, byagaye ihutazwa ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’uburiganya bwaranze ayo matora.

N’ikimenyimenyi, nyuma y’aho komisiyo y’amatora itangarije ko Yoweri K. Museveni ariwe watsinze, abaperezida 5 gusa ku isi yose nibo bandikiye Yoweri Museveni ubutumwa bw’ishimwe, barimo na Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, we wahise anabusiba ku rubuga rwe rwa twitter, bivuze ko ashobora kuba yarasanze yari yibeshye. Si ubwa mbere umukandida wa Perezia Museveni asebera imbere y’amahanga, kuko no mu nama y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe yabereye i Kigali mu mwaka wa 2018, Madamu Specioza Kaziibwe, wigeze kuba Visi-Perezida wa Uganda, nawe yatsinzwe bikomeye ubwo yahataniraga kuyobora Komisiyo y’uyu  Muryamgo.

Ubu bwo ariko noneho bibaye agahomamunwa ndetse n’akababaro gakomeye kuri Perezida Museveni n’ibyegera bye, kuko gutsindwa n’umukandida w’uRwanda biza kubabuza ibitotsi amajoro menshi. Abazi neza Museveni bakomeje kumugayira ishyari afitiye intambwe u Rwanda  rugenda rutera.

Ijabo n’ijambo rufite mu ruhando mpuzamahanga bimushengura umutima, kugeza n’aho afatirwa mu bikorwa byo kurugirira nabi. Ubu noneho amahanga yatangiye no kwamagana amahano ya Museveni wohereje abasirikari gushyigikira inyeshyamba zirwanya ubutegetsi muri Santafrika, no guhangana n’ingabo za Loni zigerageza gutsinsura izo nyeshyamba. Iyi nayo ni indi dosiye idahesha icyubahiro Perezida wa Uganda mu maso y’umuryango mpuzamahanga, ikirunga gishobora kumuturikana mu gihe kiri imbere.

2021-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ubwanditsi 03 Jan 2022
Louise Mushikiwabo: ’’Gukingurira igifaransa ku rubyiruko nyafurika’’-Colette Braeckman

Louise Mushikiwabo: ’’Gukingurira igifaransa ku rubyiruko nyafurika’’-Colette Braeckman

Ubwanditsi 06 May 2019
Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Ubwanditsi 04 Aug 2024
U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

Ubwanditsi 18 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato  bikomeje gukorerwa Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Inteko Ishinga Amategeko Yasabye Guverinoma Ibisobanuro Ku iyicarubozo n’ifungwa rya hato nahato bikomeje gukorerwa Abanyarwanda

Ubwanditsi 14 Sep 2018
PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative
POLITIKI

PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe
Mu Rwanda

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Ubwanditsi 16 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru