• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda

Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Buri gihe uko Umunyarwanda ufungiye muri Uganda arekuwe, azana amakuru mashyashya avuga imibereho y’Abanyarwanda muri Gereza zitandukanye muri Uganda. Abazwi cyane bafatirwa Kampala no munzira zijyayo, bakorerwa iyicarubozo rirenze kandi ntibagezwe imbere y’ubutabera bikaba bitandukanye n’abafatirwa mu byaro b’abaturage basanzwe.

Icyitwa umunyarwanda wese arafatwa agafungwa yaba azi gusoma cyangwa atabizi. Abantu benshi bibazaga impamvu abantu b’abasore b’abaturage basanzwe baturiye umupaka bafatwa bagafungwa kandi ntibashyikirizwe ubutabera muri Uganda aho bashinjwa kwinjira muri icyo gihugu nta byangombwa. Nyamara amakuru avugako waba ubifite cyangwa utabifite byose ari kimwe kuko barabikwaka iyo ubyerekanye.

Igisubizo cyabonetse kuri uyu wa kabiri ubwo Abanyarwanda bane bari bamaze umwaka wose bafungiye Gisoro batanze ubuhamya bw’ibyababayeho. Uwizeye Felicien w’imyaka 51, Habimana Jimmy w’imyaka 27, Twizerimana Emmanuel w’imyaka 25 na Ndayambaje Jacob w’imyaka 36 bose bakomoka mu Ntara y’Amajyaruguru, bageze mu Rwanda nyuma yo kumara umwaka bakoreshwa ubucakara muri gereza za Uganda.

Aba basore  bavuze ibidasanzwe bikorerwa Abanyarwanda bafungiwe muri gereza za Uganda aho bakoreshwa ubucakara nk’abirabura bo muri Amerika mugihe cy’ubucakara bwabo, cyangwa abirabura muri Afurika y’Epfo mu gihe cya Apartheid.

Twizerimana Emmanuel yavuze ko yafashwe muri Kanama 2018 afatiwe mu gace ka Kisoro, kandi yari asanzwe ajyayo nk’uko n’abanya-Uganda birirwa mu Rwanda. Yavuze ko yahageze asanga igisirikare cya Uganda cyakoze umukwabu wo gufata Abanyarwanda bagahita bakatirwa umwaka mu rubanza rutujuje ibisabwa.

Twizerimana yagize ati “Inzego z’umutekano zigirana amasezerano n’abaturage bafite imirima, bakababwira ko bafite ibiti runaka cyangwa imirima yananiranye bashaka guhinga, abashinzwe gereza bumvikana n’abo baturage tukajya kubahingira, iyo turi 10 bishyurwa imitwaro itanu y’amashilingi ya Uganda, ni ibihumbi 10 by’amafaranga y’u Rwanda.”

“Iyo baje gushaka imfungwa, abashinzwe gereza baravuga ngo hano tugira Abanyarwanda kandi nibo bazi guhinga, baraza bakatuvana muri gereza bakatubwira aho turi bukore kuko ngo aritwe tugira imbaraga. Bakujyana mu biti binini mukabikura mwarangiza mukabyikorera, uwo kinaniye akubitwa ibiboko.”

Yakomeje avuga ko gereza zo muri Uganda zahinduwe nk’amasoko Abanyarwanda bacururizwaho bagakoreshwa imirimo inyuranye.

Ati “Ubona ko amagereza yakoze ubucuruzi, umuturage araza ati ndashaka imfungwa 15 z’Abanyarwanda nyuma bakishyura umukuru wa gereza, ejo tugasubirayo kugeza aho dukora harangiye. Bavuga ko ubucakara bwacitse ariko ntabwo buracika ku banyarwanda bari muri iki gihugu.”

Nyuma y’ubuhamya bwa Twizerimana, umuntu yahita yumva impamvu abaturage b’Abanyarwanda batazi n’ibya politiki baba bishakira imibereho bafatwa bagafungwa ku bwinshi. Uko Gereza ifite Abanyarwanda benshi ninako abayobozi bayo bafatanyije n’inzego z’umutekano binjiza amafaranga.

2019-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Feb 2021
Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Ubwanditsi 26 Jul 2019
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Ubwanditsi 06 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’ikipe  ya Manchester  bafashe  icyemezo cyo ku gabanya imishahara ya bamwe  mu bakinnyi  bayo
IMIKINO

Abayobozi b’ikipe ya Manchester bafashe icyemezo cyo ku gabanya imishahara ya bamwe mu bakinnyi bayo

Ubwanditsi 21 Feb 2016
Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 

Ubwanditsi 07 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru