• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta
Perezida Kagame na mugenzi we wa Kenya, Uhuru Kenyatta (Ifoto/ububiko)

Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta

Ubwanditsi 27 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Leta ya Kenya yemeje ko Perezida Paul Kagame ari mu bakuru b’ibihugu 11 bategerejwe muri iki gihugu, mu irahira rya Perezida Uhuru Kenyatta.

Kenyatta azarahira kuri uyu wa Kabiri mu murwa mukuru Nairobi, aho abantu batari bake bazitabira iki gikorwa.

Mu bakuru b’ibihugu bategerejwe i Nairobi barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri Museveni wa Uganda, Ian Khama wa Botswana, John Pombe Magufuli wa Tanzania, Edgar Lungu wa Zambia, Ismaïl Omar Guelleh wa Djibouti, Hage Geingob wa Namibia, Faure Gnassingbé wa Togo, Mohamed Farmajo wa Somalia, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Hailemariam Desalegn, Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu  n’abandi bataramenyekana.

Ibitangazamakuru birimo Times of Israel na Daily nation byemeje ko na Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yitabira uyu muhango wo kurahira kwa Perezida Kenyatta.

Uhuru Kenyatta nawe ari mu bakuru b’ibihugu 20 bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Kagame wabaye tariki ya 18 Kanama 2017, kuri Stade Amahoro i Remera, ahahuriye abarenga ibihumbi 25 baturutse mu turere twose tw’igihugu.

Uretse aba bakuru b’ibihugu bazitabira uyu muhango wo kurahira kwa Kenyatta, ibihugu birimo Nigeria, Guinea, Angola, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, u Burundi, na Yemen, bizohereza ba minisitiri w’intebe cyangwa ba Visi Perezida.

Kenyatta agiye kuyobora manda ya kabiri nyuma yo gutsinda amatora yasubiwemo  tariki ya 26 Ukwakira uyu mwaka, aho yagize amajwi arenga 98%.

Ubwo yatorwaga muri manda ye ya mbere mu mwaka wa 2013, irahira rye ryari ryitabiriwe n’abakuru b’ibihugu 12.

Uhuru Kenyatta w’imyaka 56 , ni Perezida wa kane wa Kenya nyuma ya Jomo Kenyatta wayoboye iki gihugu kuva mu mwaka wa 1964 kugeza 1978, Daniel Arap Moi wakiyoboye kuva mu mwaka wa 1978 kugeza 2002, na Mwai Kibaki wakiyoboye kuva mu mwaka wa 2002 kugeza 2013 ubwo yasimburwaga na Uhuru Kenyatta.

Uhuru Kenyatta unasanzwe ari n’umwana wa Jomo Kenyatta wabaye Perezida wa mbere wa Kenya, yanabaye umudepite wari wahagarariye Intara ya Katundu kuva mu mwaka wa 2000 kugeza muri 2013.

Mu mvuru z’amatora y’umukuru w’igihugu zabaye mu mwaka wa 2007, Kenyatta yashinjwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ICC, kuba yarazigizemo uruhare, aza kujyanwa I Lahaye mu Buholandi, gusa yaje kugirwa umwere. Izi mvururu zahitanye abarenga 1200.

Mu mwaka wa 2011, ikinyamakuru Forbes Magazine gisanzwe gikora urutonde rw’ibyamamare bifite umutungo mwinshi, cyagaragaje ko Kenyatta abarirwa akayabo ka miliyoni 500 z’Amadorali ya Amerika.

Mu mwaka wa 1991, Kenyatta yashakanye na Margaret Wanjiru Gakuo ubu bafitanye abana batatu.

2017-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RNC ikomeje gushinga Imizi I Bugande Aho Ubu Ivugwaho Gushinga Ikigo Kigisha abacengezamatwara bayo ingengabitekerezo no Guhungabanya Umutekano

RNC ikomeje gushinga Imizi I Bugande Aho Ubu Ivugwaho Gushinga Ikigo Kigisha abacengezamatwara bayo ingengabitekerezo no Guhungabanya Umutekano

Ubwanditsi 30 Sep 2020
Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Ubwanditsi 08 Feb 2023
Ingabo z’u Rwanda zimaze kwivugana intagondwa zirenga 70 zari zarajengereje amajyaruguru ya Mozambike

Ingabo z’u Rwanda zimaze kwivugana intagondwa zirenga 70 zari zarajengereje amajyaruguru ya Mozambike

Ubwanditsi 06 Aug 2021
Addis Ababa: Perezida  Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU

Addis Ababa: Perezida Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU

Ubwanditsi 09 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta
INKURU NYAMUKURU

Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo
Amakuru

Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Ubwanditsi 30 Nov 2023
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA/ NIYONSHUTI
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA/ NIYONSHUTI

Ubwanditsi 21 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru