• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta
Perezida Kagame na mugenzi we wa Kenya, Uhuru Kenyatta (Ifoto/ububiko)

Perezida Kagame umwe mu bakuru b’ibihugu bitabira kuri uyu wa Kabiri, irahira rya Kenyatta

Ubwanditsi 27 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Leta ya Kenya yemeje ko Perezida Paul Kagame ari mu bakuru b’ibihugu 11 bategerejwe muri iki gihugu, mu irahira rya Perezida Uhuru Kenyatta.

Kenyatta azarahira kuri uyu wa Kabiri mu murwa mukuru Nairobi, aho abantu batari bake bazitabira iki gikorwa.

Mu bakuru b’ibihugu bategerejwe i Nairobi barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri Museveni wa Uganda, Ian Khama wa Botswana, John Pombe Magufuli wa Tanzania, Edgar Lungu wa Zambia, Ismaïl Omar Guelleh wa Djibouti, Hage Geingob wa Namibia, Faure Gnassingbé wa Togo, Mohamed Farmajo wa Somalia, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Hailemariam Desalegn, Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu  n’abandi bataramenyekana.

Ibitangazamakuru birimo Times of Israel na Daily nation byemeje ko na Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yitabira uyu muhango wo kurahira kwa Perezida Kenyatta.

Uhuru Kenyatta nawe ari mu bakuru b’ibihugu 20 bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Kagame wabaye tariki ya 18 Kanama 2017, kuri Stade Amahoro i Remera, ahahuriye abarenga ibihumbi 25 baturutse mu turere twose tw’igihugu.

Uretse aba bakuru b’ibihugu bazitabira uyu muhango wo kurahira kwa Kenyatta, ibihugu birimo Nigeria, Guinea, Angola, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, u Burundi, na Yemen, bizohereza ba minisitiri w’intebe cyangwa ba Visi Perezida.

Kenyatta agiye kuyobora manda ya kabiri nyuma yo gutsinda amatora yasubiwemo  tariki ya 26 Ukwakira uyu mwaka, aho yagize amajwi arenga 98%.

Ubwo yatorwaga muri manda ye ya mbere mu mwaka wa 2013, irahira rye ryari ryitabiriwe n’abakuru b’ibihugu 12.

Uhuru Kenyatta w’imyaka 56 , ni Perezida wa kane wa Kenya nyuma ya Jomo Kenyatta wayoboye iki gihugu kuva mu mwaka wa 1964 kugeza 1978, Daniel Arap Moi wakiyoboye kuva mu mwaka wa 1978 kugeza 2002, na Mwai Kibaki wakiyoboye kuva mu mwaka wa 2002 kugeza 2013 ubwo yasimburwaga na Uhuru Kenyatta.

Uhuru Kenyatta unasanzwe ari n’umwana wa Jomo Kenyatta wabaye Perezida wa mbere wa Kenya, yanabaye umudepite wari wahagarariye Intara ya Katundu kuva mu mwaka wa 2000 kugeza muri 2013.

Mu mvuru z’amatora y’umukuru w’igihugu zabaye mu mwaka wa 2007, Kenyatta yashinjwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ICC, kuba yarazigizemo uruhare, aza kujyanwa I Lahaye mu Buholandi, gusa yaje kugirwa umwere. Izi mvururu zahitanye abarenga 1200.

Mu mwaka wa 2011, ikinyamakuru Forbes Magazine gisanzwe gikora urutonde rw’ibyamamare bifite umutungo mwinshi, cyagaragaje ko Kenyatta abarirwa akayabo ka miliyoni 500 z’Amadorali ya Amerika.

Mu mwaka wa 1991, Kenyatta yashakanye na Margaret Wanjiru Gakuo ubu bafitanye abana batatu.

2017-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Ubwanditsi 16 Jan 2022
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize

Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Ubwanditsi 18 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside
Amakuru

Ubushinjacyaha bwerekanye amashusho y’aho Ntaganzwa akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Perezida Kagame yashyizeho abayobozi mu mirimo inyuranye muri RDF
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashyizeho abayobozi mu mirimo inyuranye muri RDF

Ubwanditsi 04 Feb 2020
Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa
INKURU NYAMUKURU

Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Ubwanditsi 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru