• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Ubwanditsi 08 Mar 2019 ITOHOZA

Nyuma y’ikiganiro cyatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Sezibera Richard agaragaza ibibazo bitatu by’ingenzi bibangamiye umubano w’u Rwanda na Uganda; mugenzi we wa Uganda nawe yasohoye itangazo ahanini ahakana ibyavuzwe ariko igikomeje kugaragara nuko muri iryo tangazo nta bisobanuro ku bibazo byavuzwe n’u Rwanda byatanzwe uretse guhakana bya nyirarureshwa bivanzemo n’ibinyoma.

Iri tangazo ryuzuyemo ibinyoma bisanzwe kuri bamwe mu bayobozi ba leta ya Uganda bahora baharanira kwanduza isura y’u Rwanda ngo bibagize ibibazo byugarije igihugu cyabo.

Kutesa yatangiye yandika ko atari ukuri ko Uganda iha indiri abarwanya u Rwanda anashimangira ko bidashoboka ko bafasha abarurwanya.

Sam Kutesa, Ministiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda

Nkuko na raporo y’impuguke za Loni ubwayo yabigaragaje, Kayumba Nyamwasa na RNC ye hamwe n’icyiyise ‘P5’ bafite abarwanyi muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo. Abayobozi ba RNC birazwi ko Uganda bayigize indiri aho ba Kayumba na Rugema birirwa bafasha inzego z’umutekano gufata abanyarwanda bakabafunga ndetse bakanabakorera iyicarubozo.

Ikindi yirengagije ni abayobozi ba FDLR aribo LaForge Fils Bazeye wari Umuvugizi wa FDLR na Lt. Col. Abega wari ushinzwe iperereza muri uwo mutwe, bafatiwe ku mupaka wa Bunagana mu Ukuboza 2018 bavuye muri Uganda mu nama yabaye hagati ya tariki 15-16 Ukuboza, yahuje abahagarariye RNC ya Kayumba Nyamwasa na FDLR.

Inkuru bifitanye isano: Hari Amakuru ‘Meza Akenewe’ Bazeye Na Lt. Col. Abega Bo Muri FDLR Bamaze Guha U Rwanda

Urundi rugero rugaragaza ibinyoma bya Kutesa ni itsinda ry’abantu 46 b’urubyiruko baherukaga bafatiwe k’umupaka wa Kikagati uhuza Uganda na Tanzania, ku wa 11 Ukuboza 2017 bajanywe mu mutwe witwara gisirikare mu mugambi wo gutera u Rwanda.

Inkuru bifitanye isano: Kurekura Inyeshyamba Za RNC Kwa Uganda Ni Ikimenyetso Gikomeye Ku Rwanda

Ibi kandi byigeze kwemezwa na Museveni ubwe ubwo yari kumwe na Perezida Kagame muri Addis Ababa, ubwo yatangazaga ko itsinda ry’abanyarwanda bari bajyanywe Congo baciye Tanzania n’u Burundi byiswe ko bajyanywe mu butumwa bw’Imana ‘bitaribyo byari ikindi kintu’

Icyo ‘kindi kintu’ Perezida Museveni yemeye cyagaragaje ko ari icyasha kuri leta ya Uganda ikomeje kugenda yishyira hanze ubwayo.

Ofwono Opondo

Kubera kunyuranya mu mvugo ndetse no kwivamo, Museveni yategetse ko abayobozi muri leta ye batongera kugira icyo bavuga mu itangazamakuru ndetse no mu ruhame, gutinya ko bakomeza kwivamo; cyane cyane avuga Ofwono Opondo, umuvugizi wa leta abantu bakomeje gutangarira uko yitwaye muri iki kibazo. Bamwe banamugirira imbabazi kuko ibyo avuga ubona asa naho nta makuru aba abifiteho,biteye inkeke kwibaza ukuntu leta ishyira umuntu mu mwanya ntimuhe ububasha ndetse n’ubushobozi bwo gukora inshingano ze uko bikwiye.

Inkuru bifitanye isano: Kuki Uganda Ikomeje Gukoresha Politiki Y’ikinyoma Ku Kibazo Cy’u Rwanda

Ikindi gikomeje guteza ikibazo kuri leta ni ukuntu abagande badashira impungenge abayobozi babo ndetse n’inzego za gisirikare cyane cyane urushinzwe ubutasi (CMI) rukuriwe na Brig Gen Abel Kandiho ruvugwaho amabi menshi yo gutoteza abanyarwanda rudasize n’abagande ubwabo.

Brig. Kandiho ukorana na Kayumba Nyamwasa

Kuva 2018, abanyarwanda barenga 900 bamazwe gusubizwa mu gihugu cyabo (deportation) mu buryo bunyuranije n’amategeko bashinjwa kwinjira muri Uganda mu buryo ‘bunyuranije’ n’amategeko, kandi ubusanzwe bari kwica amategeko agenga umuryango wa EAC. Abandi basaga 200 barafunzwe mu buryo bunyuranije n’amategeko aho u Rwanda rusaba ko bahabwa uburenganzira bwabo burimo gusurwa ndetse no kugezwa mu nkiko bakaburanishwa.

Nta kabuza iri tangazo ryashyizweho umukono na Ministiri Sam Kutesa ryanditswe rigamije kuyobya uburari bajijisha ngo amabi ari gukorerwa muri Uganda adakomeza kumenyekana, ariko umunyarwanda yaravuze ngo: ‘ntawuhisha umwotsi inzu irimo gushya’ kandi ngo: ‘ukuri guca mu ziko ntigushye’.

2019-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

Ubwanditsi 24 Feb 2024
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Ubwanditsi 16 Jul 2025
Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?

Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?

Ubwanditsi 26 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye
POLITIKI

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Ubwanditsi 25 Feb 2019
‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina
HIRYA NO HINO

‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda
Mu Rwanda

Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 11 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru