• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Ubwanditsi 08 Mar 2019 ITOHOZA

Nyuma y’ikiganiro cyatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Sezibera Richard agaragaza ibibazo bitatu by’ingenzi bibangamiye umubano w’u Rwanda na Uganda; mugenzi we wa Uganda nawe yasohoye itangazo ahanini ahakana ibyavuzwe ariko igikomeje kugaragara nuko muri iryo tangazo nta bisobanuro ku bibazo byavuzwe n’u Rwanda byatanzwe uretse guhakana bya nyirarureshwa bivanzemo n’ibinyoma.

Iri tangazo ryuzuyemo ibinyoma bisanzwe kuri bamwe mu bayobozi ba leta ya Uganda bahora baharanira kwanduza isura y’u Rwanda ngo bibagize ibibazo byugarije igihugu cyabo.

Kutesa yatangiye yandika ko atari ukuri ko Uganda iha indiri abarwanya u Rwanda anashimangira ko bidashoboka ko bafasha abarurwanya.

Sam Kutesa, Ministiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda

Nkuko na raporo y’impuguke za Loni ubwayo yabigaragaje, Kayumba Nyamwasa na RNC ye hamwe n’icyiyise ‘P5’ bafite abarwanyi muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo. Abayobozi ba RNC birazwi ko Uganda bayigize indiri aho ba Kayumba na Rugema birirwa bafasha inzego z’umutekano gufata abanyarwanda bakabafunga ndetse bakanabakorera iyicarubozo.

Ikindi yirengagije ni abayobozi ba FDLR aribo LaForge Fils Bazeye wari Umuvugizi wa FDLR na Lt. Col. Abega wari ushinzwe iperereza muri uwo mutwe, bafatiwe ku mupaka wa Bunagana mu Ukuboza 2018 bavuye muri Uganda mu nama yabaye hagati ya tariki 15-16 Ukuboza, yahuje abahagarariye RNC ya Kayumba Nyamwasa na FDLR.

Inkuru bifitanye isano: Hari Amakuru ‘Meza Akenewe’ Bazeye Na Lt. Col. Abega Bo Muri FDLR Bamaze Guha U Rwanda

Urundi rugero rugaragaza ibinyoma bya Kutesa ni itsinda ry’abantu 46 b’urubyiruko baherukaga bafatiwe k’umupaka wa Kikagati uhuza Uganda na Tanzania, ku wa 11 Ukuboza 2017 bajanywe mu mutwe witwara gisirikare mu mugambi wo gutera u Rwanda.

Inkuru bifitanye isano: Kurekura Inyeshyamba Za RNC Kwa Uganda Ni Ikimenyetso Gikomeye Ku Rwanda

Ibi kandi byigeze kwemezwa na Museveni ubwe ubwo yari kumwe na Perezida Kagame muri Addis Ababa, ubwo yatangazaga ko itsinda ry’abanyarwanda bari bajyanywe Congo baciye Tanzania n’u Burundi byiswe ko bajyanywe mu butumwa bw’Imana ‘bitaribyo byari ikindi kintu’

Icyo ‘kindi kintu’ Perezida Museveni yemeye cyagaragaje ko ari icyasha kuri leta ya Uganda ikomeje kugenda yishyira hanze ubwayo.

Ofwono Opondo

Kubera kunyuranya mu mvugo ndetse no kwivamo, Museveni yategetse ko abayobozi muri leta ye batongera kugira icyo bavuga mu itangazamakuru ndetse no mu ruhame, gutinya ko bakomeza kwivamo; cyane cyane avuga Ofwono Opondo, umuvugizi wa leta abantu bakomeje gutangarira uko yitwaye muri iki kibazo. Bamwe banamugirira imbabazi kuko ibyo avuga ubona asa naho nta makuru aba abifiteho,biteye inkeke kwibaza ukuntu leta ishyira umuntu mu mwanya ntimuhe ububasha ndetse n’ubushobozi bwo gukora inshingano ze uko bikwiye.

Inkuru bifitanye isano: Kuki Uganda Ikomeje Gukoresha Politiki Y’ikinyoma Ku Kibazo Cy’u Rwanda

Ikindi gikomeje guteza ikibazo kuri leta ni ukuntu abagande badashira impungenge abayobozi babo ndetse n’inzego za gisirikare cyane cyane urushinzwe ubutasi (CMI) rukuriwe na Brig Gen Abel Kandiho ruvugwaho amabi menshi yo gutoteza abanyarwanda rudasize n’abagande ubwabo.

Brig. Kandiho ukorana na Kayumba Nyamwasa

Kuva 2018, abanyarwanda barenga 900 bamazwe gusubizwa mu gihugu cyabo (deportation) mu buryo bunyuranije n’amategeko bashinjwa kwinjira muri Uganda mu buryo ‘bunyuranije’ n’amategeko, kandi ubusanzwe bari kwica amategeko agenga umuryango wa EAC. Abandi basaga 200 barafunzwe mu buryo bunyuranije n’amategeko aho u Rwanda rusaba ko bahabwa uburenganzira bwabo burimo gusurwa ndetse no kugezwa mu nkiko bakaburanishwa.

Nta kabuza iri tangazo ryashyizweho umukono na Ministiri Sam Kutesa ryanditswe rigamije kuyobya uburari bajijisha ngo amabi ari gukorerwa muri Uganda adakomeza kumenyekana, ariko umunyarwanda yaravuze ngo: ‘ntawuhisha umwotsi inzu irimo gushya’ kandi ngo: ‘ukuri guca mu ziko ntigushye’.

2019-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga

Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga

Ubwanditsi 04 Feb 2017
Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ubwanditsi 01 Jun 2020
RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi

RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Apr 2020
Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Ubwanditsi 01 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka
Amakuru

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Ubwanditsi 26 Dec 2024
Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza
HIRYA NO HINO

Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza

Ubwanditsi 02 May 2019
Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.
Amakuru

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Ubwanditsi 19 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru