• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina

‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina

Ubwanditsi 23 Feb 2017 HIRYA NO HINO

Nymphomanie ni indwara irangwa no kugira ubushake budasanzwe bwo gukora imibonano mpuzabitsina, ku buryo uyikora atanyurwa.
Ku bagore yitwa ‘nymphomanie’ na ho ku bagabo ikitwa ‘satyriasis’.

Nk’uko imbuga zitandukanye za internet zibitangaza, abahanga mu by’ubuvuzi ntibavuga rumwe ku bitera iyi ndwara ariko bavuga ko abantu badashobora kugenzura amarangamutima yabo, abadahamye hamwe, abatishimira abo badahuje igitsina bakunda gufatwa n’iyi ndwara.

Umuhanga mu bijyanye n’imitekerereze, Valérie Chaput, yavuze ko abakunda kugira iki kibazo ari abagore.

Bamwe ngo bashaka gukora imibonano mpuzabitsina ubudatuza nyamara bikanga ntibigire aho bibakora, bigatuma bakeka ko nta bushobozi bafite bwo gukurura abagabo.

Abandi barangiza mu kanya gato nyuma yo gutangira imibonano mpuzabitsina bigatuma bashaka kuyikomeza inshuro nyinshi zishoboka.
Iyi ndwara itera isoni abayifite nyamara ikabagiraho ubukana bukomeye. Bahora bishinja, bakiha akato, bakagabanya ubusabane n’abandi bantu mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Igira kandi ingaruka zirimo gutandukana kw’abashakanye kuko hari abagore bahitamo guta ingo n’abagabo kuko uburyo babasabaga gukora imibonano mpuzabitsina babona ko batabivamo.

Impamvu ibagiraho ingaruka cyane ni uko bayihererana mu gihe baba bakeneye ababumva ndetse bakabagira inama z’uburyo bakwitwara.
Ikindi ni uko abafite inshuti iyo bagerageje kubabwira ku myitwarire yabo babafata nk’ibicibwa, ibi na byo bikabazonga.

Nubwo impamvu zitera ‘nymphomanie’ zitavugwaho rumwe, imwe muri zo ni ibibazo byo mu mutwe bifitanye isano no kubura urukundo, ukutitabwaho ku rwego rwo hejuru, agahinda gakabije n’ibindi.

Ikindi kivugwa ni imikorere mibi ya tumwe mu duce tugize ubwonko cyangwa imikorere mibi y’utunyabutabire two mu bwonko dutuma ibice bigize umubiri bikorana n’ubuwonko(neurotransmitter).

Hari abagifata nymphomanie nk’indwara iteye urujijo igoye kuyitahura ndetse bikaba bigoye kuyivura kuko ibimenyetso byayo bidasobanutse neza.
Abantu bafite iki kibazo usanga bagana abaganga byaratinze n’ingaruka zayo zamaze gukaza uburemere.

Ahanini ubujyanama ni bwo bwifashishwa mu kuvura iyi ndwara na ho imiti itangwa mu gihe hari kuvurwa izindi ndwara zifitanye isano na yo.

2017-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Ubwanditsi 16 May 2024
Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage

Ikinyamakuru The New York Times cyikomye Trump wita abanyamakuru abanzi b’abaturage

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 01 Jul 2019
Basketball :  Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri  Zone V,  bihimuye ku ba Tanzania

Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Ubwanditsi 14 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025
Amakuru

Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025

Ubwanditsi 17 Oct 2024
Umwiryane n’amacakubiri mu barwanya Leta y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umwiryane n’amacakubiri mu barwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi
HIRYA NO HINO

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru