• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda
Aba basirikare ba Uganda bari barinze Ingoro y'Inteko Ishinga Amategeko, ubwo mu Ukuboza umwaka ushize, abadepite baganiraga ku ikurwaho ry'ingingo igena imyaka perezida wa Uganda atagomba kuba arengeje

Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda

Ubwanditsi 12 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yategetse Minisiteri y’imari kugura imodoka zo guherekeza abadepite 456 b’iki gihugu, zizajya zigendaho abasirikare b’abahanga mu kurasa, barinze izi ntumwa za rubanda icyo yise “ibyihebe.”

Mu ibaruwa yagiye ahagaragara Museveni yandikiye Minisitiri w’Imari, Matia Kasaija, yavuze ko bimaze kugaragara ko abadepite baterwa ubwoba bakaba banasagarirwa, ku buryo yabemereye kubarindira umutekano mu gihe hategerejwe ingamba zihariye zo kubarinda.

Yagize ati “Abadepite basanzwe bafite abapolisi babarinda. Abo bazabagumana. Ariko nzongeramo ariko ibintu bibiri; ba mudahusha baturutse mu gisirikare n’imodoka bazajya bakoresha kugira ngo bakumire amasasu y’intwaro nto.”

Mu kugaragaza uburemere bw’iki kibazo, Museveni yifashishije urutonde rw’abantu bakomeye bagiye bicwa barimo nk’aba -Sheikh batandatu, Umushinjacyaha Joan Kagezi na Felix Kaweesi wari Umuvugizi wa Polisi ya Uganda. Benshi bagiye bicwa bari kumwe n’abarinzi babo mu modoka.

Igikuba cyarushijeho gucika ubwo Depite Ibrahim Abiriga wari uhagarariye akarere ka Arua mu nteko yicwaga arashwe yariki ya 8 Kamena 2018.

Museveni yavuze ko izo modoka zifunguye inyuma zizajya ziherekeza aba badepite, zikaba zifite ubushobozi bwo gukuruza amapine ane yose (4-wheel drive).

Yakomeje abwira Minisitiri Kasaija ati “Teganya amafaranga y’inyongera agenewe izo modoka mu buryo bwihutirwa. Igisirikare kizazikoresha mu kurinda abadepite maze uburyo bushya nibushyirwaho, zihabwe abofisiye b’abasirikare nka zimwe mu modoka zikoreshwa na UPDF.”

Yakomeje avuga ko abo ba mudahusha bazahabwa imyenda n’ingofero bitinjirwamo n’amasasu, asaba Minisitiri Kasaija kubyihutisha.

Daily Monitor yatangaje ko iyi nkuru yanditswe ku wa 20 Kamena 2018, inohererezwa Visi perezida wa Uganda, Edward Ssekandi, Umugaba mukuru w’Ingabo, Gen David Muhoozi, Minisitiri w’Ingabo, Adolf Mwesige n’Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’imari, Keith Muhakanizi.

Abadepite bamwe batangiye kugaragaza ko batewe impungenge n’umutekano wabo mu mpera z’umwaka ushize, nyuma yo kwemeza ivugururwa ry’ingingo ya 102 ikuraho imyaka mu kwiyamamariza kuba perezida wa Uganda.

Bamwe mu bacuruzi babwiye iki kinyamakuru ko nibura imodoka imwe iri mu bwoko bw’izo Museveni yifuza igura amashilingi ya Uganda miliyoni 173, bivuze ko guverinoma izasabwa gutanga miliyari 78.8 z’amashilingi kugira ngo buri mudepite ahabwa imodoka imuherekeza.

Hari abadepite barimo Muwanga Kivumbi bagaragaje impungenge zishobora guturuka mu gukaza umutekano, by’umwihariko bikaba byakangaranya abashoramari bashobora gutekereza ko hari igikuba cyacitse.

Imibare igaragaza ko nibura mu myaka irindwi ishize, Uganda yashyize imbaraga mu mutwe ushinzwe kurinda abayobozi n’abanyacyubahiro mu gihugu, aho abapolisi bafite izi nshingano bavuye ku 1746 bakagera hagati ya 3500-4500.

2018-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mubyo ba Bishop  bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro

Mubyo ba Bishop bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Oct 2021
Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe

Tanzaniya: Abantu 30 batawe muri yombi baryozwa ishimutwa ry’umuherwe

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma
ITOHOZA

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 21 Aug 2017
U Rwanda  rwateye utwatsi amakuru ari muri  Uganda avuga ko rushaka gufasha   IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni
ITOHOZA

U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

Ubwanditsi 06 Oct 2017
Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 03 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru