• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Perezida Tshisekedi yahakanye uruhare rw’Ingabo z’u Rwanda mu rupfu rwa Mudacumura

Perezida Tshisekedi yahakanye uruhare rw’Ingabo z’u Rwanda mu rupfu rwa Mudacumura

Ubwanditsi 24 Sep 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yahakanye amakuru y’uko Ingabo z’u Rwanda ziri mu gihugu cye ndetse ko zagize n’uruhare mu gitero cyahitanye uwari Umuyobozi wa FDLR, Sylvestre Mudacumura.

Mu ijoro rishyira ku wa 18 Nzeri, nibwo Mudacumura yishwe n’Ingabo za FARDC.

Nk’uko ingabo za FARDC zabitangaje, Lt Gen Mudacumura yishwe mu rugamba rukomeye yagabweho n’abasirikare badasanzwe, yicanwa n’abandi barwanyi bari kumwe.

Amakuru ahamya ko ubwo FARDC yagwaga gitumo Gen Mudacumura, yicanwe n’abandi basirikare bari ibyegera bye barimo Col Serge, Col Soso Sixbert, uwari ushinzwe kumurinda akaba n’Umunyamabanga we Maj Gaspard n’abandi. Hafashwe kandi abarwanyi 15.

Nyuma y’iki gitero, ku mbuga nkoranyambaga hakwiriye amakuru avuga ko FARDC yaba yafashijwe n’Ingabo z’u Rwanda mu kwivugana uyu wari umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba, ariko impande zombi zabyamaganiye kure.

Mu kiganiro Tshisekedi yagiranye n’ibinyamakuru TV5 na Le Monde, yavuze ko nta Ngabo z’u Rwanda ziri muri RDC gusa ashimangira ko ibihugu byombi bihana amakuru agendanye n’iperereza.

Ati “Habe na gato. Gusa ni ukuri ko duhanahana amakuru y’iperereza. Mu ntangiriro ya manda yanjye, naganiriye na bagenzi banjye bo mu Rwanda, Uganda n’u Burundi ku kurwanya imitwe yitwaje intwaro iri mu Burasirazuba bwa RDC. Mu gihe ndi mu mwanya mwiza w’ibikorwa bihuriweho, nta mpamvu yo kudatanga ubwo burenganzira ku butaka bwacu.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, nawe aherutse kubwira Radio BBC ko nta ngabo z’u Rwanda ziri muri RDC.

Perezida Tshisekedi yari aherutse kuvuga ko umugambi wo kurandura burundu imitwe yitwaje intwaro ikorera muri iki gihugu urimo kuganirwaho na Monusco n’ibihugu by’ibituranyi birebwa n’ikibazo.

Yabigarutseho mu mpera za Kamena mu ijambo yagejeje ku baturage, aho yashimangiye ko ibibazo by’umutekano muke muri RDC biterwa n’imitwe yitwaje intwaro ituruka mu bindi bihugu.

Ni mu gihe ingabo za FARDC zimaze iminsi zicana umuriro ku mitwe irwanira mu Burasirazuba bw’iki gihugu, cyane cyane mu Ntara ya Ituri, aho zashegeshe bikomeye abarwanyi barimo ab’ihuriro ryiswe ‘P5’ rigizwe n’imitwe yishyize hamwe riyobwe na Kayumba Nyamwasa n’abandi barwanira muri ako gace.

Ibi bitero bikomeye byiswe ‘Tempête de l’Ituri’, byatangijwe mu gitondo cyo ku wa 21 Kamena 2019, bigamije kwirukana imitwe yitwaje intwaro yigaruriye uduce dutandukanye mu mashyamba ya RDC, aho yica, igatoteza, ikiba ndetse igafata ku ngufu abaturage.

Ku wa 2 Nyakanga ubwo Perezida Kagame yabazwaga icyo avuga ku magambo ya Tshisekedi yo kwifashisha ibihugu by’ibituranyi muri uru rugamba, yasubije ko ari ibintu bikwiye.

Ati “Twari dutegereje. Nishimiye ko dufite umuntu hariya uvuga ko ashaka gukorana n’abaturanyi mu gukemura iki kibazo kuko kimaze igihe kinini kandi kigira ingaruka kuri Congo, ku baturanyi, kigira ingaruka kuri twese.”

“Nta mpamvu yo gukomeza kwicara n’iki kibazo cyangwa ngo twemere ko cyitambika iterambere twagakwiye kuba tugeraho. Mu by’ukuri nishimiye ko ubwo aribwo buryo Perezida wa RDC ari gutekerezaho.”

Muri Gicurasi, Perezida Kagame yagiye muri RDC avayo we na Tshisekedi na João Lourenço wa Angola bemeranyije imikoranire igamije kugarura umutekano mu karere no kongera ubufatanye mu bukungu.

Akarere k’ibiyaga bigari gakomeje kugarizwa n’ibibazo by’imitwe iteza umutekano muke yiganjemo ikambitse mu mashyamba ya RDC nka FDLR, ADF n’iyindi.

2019-09-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose

Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose

Ubwanditsi 15 Jul 2018
Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Ubwanditsi 06 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 
INKURU NYAMUKURU

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Ubwanditsi 21 May 2019
Perezida Museveni yirukanye Minisitiri Gen.Tumukunde na  IGP Kale Kayihura
ITOHOZA

Perezida Museveni yirukanye Minisitiri Gen.Tumukunde na  IGP Kale Kayihura

Ubwanditsi 04 Mar 2018
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro
Amakuru

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Ubwanditsi 23 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru