• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi

Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi

Ubwanditsi 05 Mar 2018 HIRYA NO HINO

Urukiko Rukuru mu gihugu cya Malawi rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda, Vincent Murekezi, ku cyaha cya ruswa yatanze mu rwego rwo kunyereza imisoro rushimangira ko ibyo avuga ko amafaranga 200.000 ya Malawi yayishyuye mu buryo bwubahirije amategeko atari ukuri rushimangira igifungo cy’imyaka 4 yahawe kuva muri Gashyantare 2017.

Urukiko rwo mu mujyi wa Lilongwe rukaba rwarasanze Murekezi ahamwa n’icyaha cyo gukwepa imisoro ibarirwa muri miliyoni 2,2 y’amafaranga akoreshwa muri Malawi yakoze mu kigo cye kitwa Sofamu Ltd mu 2007.

Yafunzwe azira kwishyura mu buryo bwa ruswa umukozi wa gasutamo, Komani Nyasulu, nawe ufunzwe, 300,000 ya Malawi ngo amworohereze gukwepa imisoro ingana na miliyoni 2,2K kuri byeri yari yatumije mu Buholandi zinyuze muri Mozambique.

Umucamanza mu rukiko rukuru, Chifundo Kachale akaba yatesheje agaciro ubujurire bwa Murekezi ashimangira ko ayo mafaranga avuga ko yishyuye mu buryo bwubahirije amategeko avuga atari ukuri nk’uko Nyasatimes dukesha iyi nkuru ivuga.

Uyu mucamanza yavuze ko urukiko nta kosa ryakoze mu gukatira Murekezi, rwongera gushimangira igihano yahawe ruvuga ko umuco wa ruswa ubangamira imiyoborere myiza utakwihanganirwa.

Hagati aho kandi, Murekezi aracyanarwana no kutoherezwa mu Rwanda, aho yahunze adaciriwe urubanza ku byaha bya jenoside akekwaho.

Uyu akaba yarajyanye urugamba rwe mu Rukiko rw’Ikirenga rwa Malawi nyuma y’aho Urukiko Rukuru rubisabwe na leta rwangiye gusubiramo urubanza rwe, aho guverinoma ya Malawi yifuzaga kumusubiza mu Rwanda.

Vincent Murekezi akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, aho yakatiwe adahari igifungo cya burundu. Yageze muri Malawi mu 2003.

Ubusabe bwo kohereza Murekezi mu Rwanda ku ikubitiro bwateshejwe agaciro n’urukiko rwo muri Lolongwe bitewe n’uko u Rwanda na Malawi nta masezerano byari bifitanye yo kohererezanya abakekwaho ibyaha bahunze ubutabera ariko nyuma aya masezerano akaba yarashyizweho umukono ku buryo ubu Murekezi ashobora koherezwa mu Rwanda.

2018-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Perezida wa Guinea arashimira Kagame wakuriyeho igihugu cye viza

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola

Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi

Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Mar 2020
Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Ubwanditsi 13 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka
POLITIKI

Burundi: Agathon Rwasa Yashinze Irindi Shyaka

Ubwanditsi 13 Sep 2018
The Ben aratangaza  ko we na Meddy bahisemo gusigara muri Amerika ku mpamvu zabo bwite
IMIKINO

The Ben aratangaza ko we na Meddy bahisemo gusigara muri Amerika ku mpamvu zabo bwite

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato
SHOWBIZ

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Ubwanditsi 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru