• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Ubwanditsi 01 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Igipolisi cya Uganda kiravuga ko cyataye muri yombi abantu bakekwaho kwica mwishywa wa Perezida Museveni, Joshua Nteireho wicanwe n’umugore witwa Merina Tumukunde mu kwezi gushize.

Umuvugizi w’Igipolisi, Fred Enanga ntiyavuze amazina y’abakekwaho ubwo bwicanyi bafashwe n’uko bangana, ariko amakuru ava mu gipolisi aravuga ko ari abantu bane bafatiwe muri Kampala.

Enanga yavuze ko abashinzwe iperereza bakiriye amakuru yizewe abatawe muri yombi bafite aho bahuriye n’ubu bwicanyi nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

“Batawe muri yombi muri weekend. Ibazwa ryabo riracyakomeje,” uyu ni Fred Enanga kuri uyu wa Mbere.

Nteireho yarashwe mu mutwe arapfa arasiwe hafi y’imodoka ye yari atwaye ari kumwe n’umugore witwa Tumukunde warasiwe mu modoka hagati ya saa 10:30 z’ijoro na Saa tanu hafi y’Ikiraro cya Nambigirwa Bridge ku itariki 05 Nzeri.

Abapolisi kuri ubu bari gushakisha Toyota Harrier bivugwa ko abafashwe bakoreshaje ubwo bakoraga ubwicanyi.

Abakekwa kandi ngo bafashwe amashusho na camera za CCTV zo kuri ‘supermarket’ iri ahitwa Zana, ku Muhanda wa Entebbe, ariko ngo amasura yabo ntagaragara neza.

Amashusho agaragaza abakekwa basuhuza ba nyakwigendera ndetse binjira muri resitora baraganira. Nteireho ngo ubwo yinjiye mu modoka yari yakodesheje, naho abakekwa binjira muri Toyota Harrier baramukurikira nyuma Nteireho na Tumukunde basangwa biciwe ku muhanda.

Kuva ibyo bibaye, abari muri Toyota Herrier ntibigeze bigaragaza ngo batangaze ibyo baganiriye na ba nyakwigendera ubwo bavuganaga muri resitora.

Abakekwa bakaba baratawe muri yombi nyuma y’aho itsinda rishinzwe iperereza rigenzuriye abantu bavuganye kuri telephone na Nteireho, telephone zabo zirakurikiranwa aho nyakwigendera yagiye aca, babasha kumenya abakekwa.

Enanga akaba yavuze ko abashinzwe iperereza bari bahawe mbere amakuru yizewe ku bakekwa ariko ntibabata muri yombi kugeza bamenye neza ko bagiye gufata abantu ba nyabo.

Igipolisi kikaba cyari cyarabanje guta muri yombi umupolisi imbunda ye yasanzwe ahakorewe ubwicanyi. Uyu mupolisi akaba yaravuze ko yasize imbunda ye mu modoka ya nyakwigendera agiye kwihagarika yagaruka agasanga bamusize.

Iperereza no gusesengura amashusho ya CCTV zo ku Muhanda wa Entebbe bikaba byarashimangiye ibyo uyu yatangaje bituma igipolisi gishakira ahandi ababa bari inyuma y’ubwo bwicanyi.

2019-10-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho  Agnes  yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma

Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho Agnes yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Minisitiri Kaboneka arasaba abagize Dasso kugira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda za Leta

Minisitiri Kaboneka arasaba abagize Dasso kugira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda za Leta

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ubwanditsi 06 Jul 2023
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Museveni
    October 2, 20194:09 am -

    Hahahahhhh!! Umupolisi ajya kwihagarika agasiga imbunda imodoka ikayijyana! Ubwo se bari kongera guhurira he? Yari yizeye abo bantu gute? Ariko abarashwe ubanza bari mu bikorwa byo guca inyuma uwo mwashakanye!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa
Mu Rwanda

Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza
Mu Rwanda

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu
INKURU NYAMUKURU

Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Ubwanditsi 25 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru