• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Ubwanditsi 01 Oct 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Igipolisi cya Uganda kiravuga ko cyataye muri yombi abantu bakekwaho kwica mwishywa wa Perezida Museveni, Joshua Nteireho wicanwe n’umugore witwa Merina Tumukunde mu kwezi gushize.

Umuvugizi w’Igipolisi, Fred Enanga ntiyavuze amazina y’abakekwaho ubwo bwicanyi bafashwe n’uko bangana, ariko amakuru ava mu gipolisi aravuga ko ari abantu bane bafatiwe muri Kampala.

Enanga yavuze ko abashinzwe iperereza bakiriye amakuru yizewe abatawe muri yombi bafite aho bahuriye n’ubu bwicanyi nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

“Batawe muri yombi muri weekend. Ibazwa ryabo riracyakomeje,” uyu ni Fred Enanga kuri uyu wa Mbere.

Nteireho yarashwe mu mutwe arapfa arasiwe hafi y’imodoka ye yari atwaye ari kumwe n’umugore witwa Tumukunde warasiwe mu modoka hagati ya saa 10:30 z’ijoro na Saa tanu hafi y’Ikiraro cya Nambigirwa Bridge ku itariki 05 Nzeri.

Abapolisi kuri ubu bari gushakisha Toyota Harrier bivugwa ko abafashwe bakoreshaje ubwo bakoraga ubwicanyi.

Abakekwa kandi ngo bafashwe amashusho na camera za CCTV zo kuri ‘supermarket’ iri ahitwa Zana, ku Muhanda wa Entebbe, ariko ngo amasura yabo ntagaragara neza.

Amashusho agaragaza abakekwa basuhuza ba nyakwigendera ndetse binjira muri resitora baraganira. Nteireho ngo ubwo yinjiye mu modoka yari yakodesheje, naho abakekwa binjira muri Toyota Harrier baramukurikira nyuma Nteireho na Tumukunde basangwa biciwe ku muhanda.

Kuva ibyo bibaye, abari muri Toyota Herrier ntibigeze bigaragaza ngo batangaze ibyo baganiriye na ba nyakwigendera ubwo bavuganaga muri resitora.

Abakekwa bakaba baratawe muri yombi nyuma y’aho itsinda rishinzwe iperereza rigenzuriye abantu bavuganye kuri telephone na Nteireho, telephone zabo zirakurikiranwa aho nyakwigendera yagiye aca, babasha kumenya abakekwa.

Enanga akaba yavuze ko abashinzwe iperereza bari bahawe mbere amakuru yizewe ku bakekwa ariko ntibabata muri yombi kugeza bamenye neza ko bagiye gufata abantu ba nyabo.

Igipolisi kikaba cyari cyarabanje guta muri yombi umupolisi imbunda ye yasanzwe ahakorewe ubwicanyi. Uyu mupolisi akaba yaravuze ko yasize imbunda ye mu modoka ya nyakwigendera agiye kwihagarika yagaruka agasanga bamusize.

Iperereza no gusesengura amashusho ya CCTV zo ku Muhanda wa Entebbe bikaba byarashimangiye ibyo uyu yatangaje bituma igipolisi gishakira ahandi ababa bari inyuma y’ubwo bwicanyi.

2019-10-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Ubwanditsi 19 May 2021
Nyabihu: Batatu bafashwe batwaye amapaki 5760 ya Blue Sky mu modoka y’inyamahanga

Nyabihu: Batatu bafashwe batwaye amapaki 5760 ya Blue Sky mu modoka y’inyamahanga

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Burundi: ni mpamvu ki leta yatangiye gufunga ONG zihakorera?

Burundi: ni mpamvu ki leta yatangiye gufunga ONG zihakorera?

Ubwanditsi 27 Nov 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Museveni
    October 2, 20194:09 am -

    Hahahahhhh!! Umupolisi ajya kwihagarika agasiga imbunda imodoka ikayijyana! Ubwo se bari kongera guhurira he? Yari yizeye abo bantu gute? Ariko abarashwe ubanza bari mu bikorwa byo guca inyuma uwo mwashakanye!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe

Ubwanditsi 13 Nov 2025
Karongi: Abantu 112 bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Karongi: Abantu 112 bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke
Mu Mahanga

Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke

Ubwanditsi 13 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru