• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na Obed Ndahayo

Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na Obed Ndahayo

Ubwanditsi 10 Oct 2017 ITOHOZA

Ku italiki ya 05/10/2017, uwitwa Tharcisse Semana yakoranye kiganiro na Obed Ndahayo, umuyobozi mukuru w’ikinyamakuru Intambwe bivugwa ko gikorera mu Rwanda agaruka kubyaranze intangiriro z’iyi manda y’umukuru w’igihugu Paul Kagame.

Ku itari ya 08/07/2017, nabwo Tharcisse Semana usanzwe uba mu gihugu cy’Ubufaransa aho yahungiye nyuma yo kuba umunyamakuru m’Umuseso yari yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru Obed Ndahayo w’ikinyamakuru »Intambwe » mu gusesengura amatora yo mu Rwanda banibazaga uzegukana instinzi hagati ya Paul Kagame na Frank Habineza, ariko banerekana ko FPR-Inkotanyi n’umukandida wayo Paul Kagame aribo bakinnyi nyakuri bakaba kandi n’abasifuzi.

bati : “Amatora yo mu Rwanda ni nk’umukino w’ikipe imwe rukumbi yizengurutsa ikibuga ariko ivuza ifirimbi y’intsinzi “.Biratangaje kuba uri umukinnyi ukaba kandi ari nawe wisifurira!

Mu bisanzwe aba banyamakuru bombi bafite ibyo bahuriyeho mu mitekerereze iyo usesenguye amateka yabo, birazwi ko uyu Semana Tharcisse yize mu Iseminari yonka amashereka ya Musenyeri Perraudin yo guteza amacakubiri n’umwiryane mu Banyarwanda, urwango rwashimangiweho mu gitabo cy’umunyamateka Padiri Rudakemwa Fortunatus ’l’Evangilisation du Rwanda (1900-1959)’.

-8287.jpg

Semana Tharcisse

Musenyeri Perraudin wari Arkiyepiskopi wa Kabgayi yabanje kurwanya Inganji Kalinga kugeza n’aho ategeka Musenyeri Bigirumwami gusinya inyandiko yashishikarizaga Abaturage kutemera amatwara y’umwami Mutara wa III Rudahigwa ahubwo bakayoboka kiliziya, bityo nayo ikazabafasha guharanira inyungu ya rubanda. Ibi ninabyo Tharcisse Semana arimo byo kwangisha abaturage ubuyobozi bihitiyemo.

-8288.jpg

Obed Ndahayo
Umunyamakuru Obed Ndahayo, tuzi neza ko yagororewe muri gereza mbere y’uko yigira umunyamakuru, ahunga ibyaha n’ubwo bigaragara ko ntacyo yavanye muri gereza akaba akwiye kwigishawa indangagaciro mu Itorero ry’Igihugu yanze kujyamo mu gihe bagenzi be babanyamakuru hafi yabose batojwe. Semana na Ndahayo, n’ubwo umwe aba mu bihugu by’uburayi naho undi akaba mu Rwanda-I Gikondo, iyo ukurikiye ikiganiro cyabo kuri youtube wibaza niba hari ubaza undi kuko usanga bahuje imitekerereze.

Biratangaje kubona barirengagije uko itegeko nshinga ry’u Rwanda ryahinduwe nyuma y’ubusabe bw’abanyarwanda, aho basaga miliyoni enye babyisabiye INteko ishingamategeko.

Twebwe abanyarwanda nitwe twisabiye ko nyakubahwa Perezida Kagame yakomeza kutuyobora, akiyamamariza manda ya gatatu kuko twabonaga ko hari ikivi yatangiye atarusa.

Icya mbere: Politiki y’u Rwanda yo gushyirahamwe ibitekerezo bigamije kubaka Igihugu niyo ikigejeje ku iterambere, imitwe ya Politiki PSD, PL, PDI, PSR, UDPR, PPC, n’ayandi yahisemo gushyigikira umukandida wa FPR-Inkotanyi, aya mashyaka ntawayabujije gutanga umukandida ni uguhitamo kwayo ari nabwo budasa bwa Politiki y’u Rwanda, aho kujya mu macakubiri yashenye u Rwanda muri Repubulika zabanje, zahitanye inzirakarengane, ayamacakubiri y’amoko yazanywe n’abazungu akwira Afrika yose, uwo badashatse ntayobore mu gihugu ke! muzi ibihugu byinshi by’Afrika byabaye amatongo kubera Politiki mbi, aho amatora aba ari ishiraniro, nkibyo tubona muri Kenya.

Icyakabiri : Ishyaka RPF uburyo ryiyubatse mu bushobozi bw’amafaranga no ku mbaraga za Politiki itavangura, niyo politiki iyoboye igihugu , no kuba ryaratanze umukandida akaza kwegukana instinzi 98,3% ntagitangaza kirimo.

Umusomyi wa Rushyashya

2017-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma  yo guhatwa ibibazo  baraye basubijwe murugo na Polisi

Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma yo guhatwa ibibazo baraye basubijwe murugo na Polisi

Ubwanditsi 05 Sep 2017
TUMENYE BAMWE MU BARWANYA LETA Y’U RWANDA ( Igice cya 7 )

TUMENYE BAMWE MU BARWANYA LETA Y’U RWANDA ( Igice cya 7 )

Ubwanditsi 22 Mar 2016
Papa Francis yasabye  imbabazi kubera uruhare rwa Kiriziya muri jenoside yakorewe Abatutsi

Papa Francis yasabye imbabazi kubera uruhare rwa Kiriziya muri jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 20 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutahizamu wa Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or 2022
Amakuru

Rutahizamu wa Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or 2022

Ubwanditsi 18 Oct 2022
Moto yibwe mu karere ka Bugesera yafatanywe umugabo muri Gakenke
Mu Mahanga

Moto yibwe mu karere ka Bugesera yafatanywe umugabo muri Gakenke

Ubwanditsi 20 Feb 2017
Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka
IMIKINO

Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka

Ubwanditsi 08 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru