• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na Obed Ndahayo

Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na Obed Ndahayo

Ubwanditsi 10 Oct 2017 ITOHOZA

Ku italiki ya 05/10/2017, uwitwa Tharcisse Semana yakoranye kiganiro na Obed Ndahayo, umuyobozi mukuru w’ikinyamakuru Intambwe bivugwa ko gikorera mu Rwanda agaruka kubyaranze intangiriro z’iyi manda y’umukuru w’igihugu Paul Kagame.

Ku itari ya 08/07/2017, nabwo Tharcisse Semana usanzwe uba mu gihugu cy’Ubufaransa aho yahungiye nyuma yo kuba umunyamakuru m’Umuseso yari yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru Obed Ndahayo w’ikinyamakuru »Intambwe » mu gusesengura amatora yo mu Rwanda banibazaga uzegukana instinzi hagati ya Paul Kagame na Frank Habineza, ariko banerekana ko FPR-Inkotanyi n’umukandida wayo Paul Kagame aribo bakinnyi nyakuri bakaba kandi n’abasifuzi.

bati : “Amatora yo mu Rwanda ni nk’umukino w’ikipe imwe rukumbi yizengurutsa ikibuga ariko ivuza ifirimbi y’intsinzi “.Biratangaje kuba uri umukinnyi ukaba kandi ari nawe wisifurira!

Mu bisanzwe aba banyamakuru bombi bafite ibyo bahuriyeho mu mitekerereze iyo usesenguye amateka yabo, birazwi ko uyu Semana Tharcisse yize mu Iseminari yonka amashereka ya Musenyeri Perraudin yo guteza amacakubiri n’umwiryane mu Banyarwanda, urwango rwashimangiweho mu gitabo cy’umunyamateka Padiri Rudakemwa Fortunatus ’l’Evangilisation du Rwanda (1900-1959)’.

-8287.jpg

Semana Tharcisse

Musenyeri Perraudin wari Arkiyepiskopi wa Kabgayi yabanje kurwanya Inganji Kalinga kugeza n’aho ategeka Musenyeri Bigirumwami gusinya inyandiko yashishikarizaga Abaturage kutemera amatwara y’umwami Mutara wa III Rudahigwa ahubwo bakayoboka kiliziya, bityo nayo ikazabafasha guharanira inyungu ya rubanda. Ibi ninabyo Tharcisse Semana arimo byo kwangisha abaturage ubuyobozi bihitiyemo.

-8288.jpg

Obed Ndahayo
Umunyamakuru Obed Ndahayo, tuzi neza ko yagororewe muri gereza mbere y’uko yigira umunyamakuru, ahunga ibyaha n’ubwo bigaragara ko ntacyo yavanye muri gereza akaba akwiye kwigishawa indangagaciro mu Itorero ry’Igihugu yanze kujyamo mu gihe bagenzi be babanyamakuru hafi yabose batojwe. Semana na Ndahayo, n’ubwo umwe aba mu bihugu by’uburayi naho undi akaba mu Rwanda-I Gikondo, iyo ukurikiye ikiganiro cyabo kuri youtube wibaza niba hari ubaza undi kuko usanga bahuje imitekerereze.

Biratangaje kubona barirengagije uko itegeko nshinga ry’u Rwanda ryahinduwe nyuma y’ubusabe bw’abanyarwanda, aho basaga miliyoni enye babyisabiye INteko ishingamategeko.

Twebwe abanyarwanda nitwe twisabiye ko nyakubahwa Perezida Kagame yakomeza kutuyobora, akiyamamariza manda ya gatatu kuko twabonaga ko hari ikivi yatangiye atarusa.

Icya mbere: Politiki y’u Rwanda yo gushyirahamwe ibitekerezo bigamije kubaka Igihugu niyo ikigejeje ku iterambere, imitwe ya Politiki PSD, PL, PDI, PSR, UDPR, PPC, n’ayandi yahisemo gushyigikira umukandida wa FPR-Inkotanyi, aya mashyaka ntawayabujije gutanga umukandida ni uguhitamo kwayo ari nabwo budasa bwa Politiki y’u Rwanda, aho kujya mu macakubiri yashenye u Rwanda muri Repubulika zabanje, zahitanye inzirakarengane, ayamacakubiri y’amoko yazanywe n’abazungu akwira Afrika yose, uwo badashatse ntayobore mu gihugu ke! muzi ibihugu byinshi by’Afrika byabaye amatongo kubera Politiki mbi, aho amatora aba ari ishiraniro, nkibyo tubona muri Kenya.

Icyakabiri : Ishyaka RPF uburyo ryiyubatse mu bushobozi bw’amafaranga no ku mbaraga za Politiki itavangura, niyo politiki iyoboye igihugu , no kuba ryaratanze umukandida akaza kwegukana instinzi 98,3% ntagitangaza kirimo.

Umusomyi wa Rushyashya

2017-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inshoreke Ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, Irashaka Umutwe Wa Lea Karegaya Ku Isahani

Inshoreke Ya Nyamwasa Joseline Muhorakeye, Irashaka Umutwe Wa Lea Karegaya Ku Isahani

Ubwanditsi 01 Apr 2020
Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Ubwanditsi 16 Oct 2019
CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Ubwanditsi 20 Nov 2019
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze
Mu Rwanda

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Polisi y’u Rwanda irasaba Itorero ry’Abadivantisiti ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba Itorero ry’Abadivantisiti ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 May 2016
Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo
Mu Mahanga

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Ubwanditsi 28 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru