• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na Obed Ndahayo

Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na Obed Ndahayo

Ubwanditsi 10 Oct 2017 ITOHOZA

Ku italiki ya 05/10/2017, uwitwa Tharcisse Semana yakoranye kiganiro na Obed Ndahayo, umuyobozi mukuru w’ikinyamakuru Intambwe bivugwa ko gikorera mu Rwanda agaruka kubyaranze intangiriro z’iyi manda y’umukuru w’igihugu Paul Kagame.

Ku itari ya 08/07/2017, nabwo Tharcisse Semana usanzwe uba mu gihugu cy’Ubufaransa aho yahungiye nyuma yo kuba umunyamakuru m’Umuseso yari yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru Obed Ndahayo w’ikinyamakuru »Intambwe » mu gusesengura amatora yo mu Rwanda banibazaga uzegukana instinzi hagati ya Paul Kagame na Frank Habineza, ariko banerekana ko FPR-Inkotanyi n’umukandida wayo Paul Kagame aribo bakinnyi nyakuri bakaba kandi n’abasifuzi.

bati : “Amatora yo mu Rwanda ni nk’umukino w’ikipe imwe rukumbi yizengurutsa ikibuga ariko ivuza ifirimbi y’intsinzi “.Biratangaje kuba uri umukinnyi ukaba kandi ari nawe wisifurira!

Mu bisanzwe aba banyamakuru bombi bafite ibyo bahuriyeho mu mitekerereze iyo usesenguye amateka yabo, birazwi ko uyu Semana Tharcisse yize mu Iseminari yonka amashereka ya Musenyeri Perraudin yo guteza amacakubiri n’umwiryane mu Banyarwanda, urwango rwashimangiweho mu gitabo cy’umunyamateka Padiri Rudakemwa Fortunatus ’l’Evangilisation du Rwanda (1900-1959)’.

-8287.jpg

Semana Tharcisse

Musenyeri Perraudin wari Arkiyepiskopi wa Kabgayi yabanje kurwanya Inganji Kalinga kugeza n’aho ategeka Musenyeri Bigirumwami gusinya inyandiko yashishikarizaga Abaturage kutemera amatwara y’umwami Mutara wa III Rudahigwa ahubwo bakayoboka kiliziya, bityo nayo ikazabafasha guharanira inyungu ya rubanda. Ibi ninabyo Tharcisse Semana arimo byo kwangisha abaturage ubuyobozi bihitiyemo.

-8288.jpg

Obed Ndahayo
Umunyamakuru Obed Ndahayo, tuzi neza ko yagororewe muri gereza mbere y’uko yigira umunyamakuru, ahunga ibyaha n’ubwo bigaragara ko ntacyo yavanye muri gereza akaba akwiye kwigishawa indangagaciro mu Itorero ry’Igihugu yanze kujyamo mu gihe bagenzi be babanyamakuru hafi yabose batojwe. Semana na Ndahayo, n’ubwo umwe aba mu bihugu by’uburayi naho undi akaba mu Rwanda-I Gikondo, iyo ukurikiye ikiganiro cyabo kuri youtube wibaza niba hari ubaza undi kuko usanga bahuje imitekerereze.

Biratangaje kubona barirengagije uko itegeko nshinga ry’u Rwanda ryahinduwe nyuma y’ubusabe bw’abanyarwanda, aho basaga miliyoni enye babyisabiye INteko ishingamategeko.

Twebwe abanyarwanda nitwe twisabiye ko nyakubahwa Perezida Kagame yakomeza kutuyobora, akiyamamariza manda ya gatatu kuko twabonaga ko hari ikivi yatangiye atarusa.

Icya mbere: Politiki y’u Rwanda yo gushyirahamwe ibitekerezo bigamije kubaka Igihugu niyo ikigejeje ku iterambere, imitwe ya Politiki PSD, PL, PDI, PSR, UDPR, PPC, n’ayandi yahisemo gushyigikira umukandida wa FPR-Inkotanyi, aya mashyaka ntawayabujije gutanga umukandida ni uguhitamo kwayo ari nabwo budasa bwa Politiki y’u Rwanda, aho kujya mu macakubiri yashenye u Rwanda muri Repubulika zabanje, zahitanye inzirakarengane, ayamacakubiri y’amoko yazanywe n’abazungu akwira Afrika yose, uwo badashatse ntayobore mu gihugu ke! muzi ibihugu byinshi by’Afrika byabaye amatongo kubera Politiki mbi, aho amatora aba ari ishiraniro, nkibyo tubona muri Kenya.

Icyakabiri : Ishyaka RPF uburyo ryiyubatse mu bushobozi bw’amafaranga no ku mbaraga za Politiki itavangura, niyo politiki iyoboye igihugu , no kuba ryaratanze umukandida akaza kwegukana instinzi 98,3% ntagitangaza kirimo.

Umusomyi wa Rushyashya

2017-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indimi ebyiri mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda  k’urupfu rwa nyakwigendera Mucyo J.D

Indimi ebyiri mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda k’urupfu rwa nyakwigendera Mucyo J.D

Ubwanditsi 20 Oct 2016
Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose

Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose

Ubwanditsi 01 Nov 2016
CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Ubwanditsi 11 Apr 2018
COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda

COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 08 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yemeje ko amakipe ya Al Merrikh, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani yo muri Sudani atangira gukina shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

FERWAFA yemeje ko amakipe ya Al Merrikh, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani yo muri Sudani atangira gukina shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 24 Oct 2025
Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.
INKURU NYAMUKURU

Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze
IKORANABUHANGA

Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze

Ubwanditsi 26 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru