• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Indimi ebyiri mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda k’urupfu rwa nyakwigendera Mucyo J.D

Indimi ebyiri mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda k’urupfu rwa nyakwigendera Mucyo J.D

Ubwanditsi 20 Oct 2016 ITOHOZA

Muri iki gihe Inteko ishingamategeko y’u Rwanda ikomeje gutakaza bamwe mu bayigize bapfuye urupfu rutunguranye, habanje Hon. Mucyo JD witabye Imana mu ntangiriro z’uku kwezi nyuma hakurikiraho Hon. Nyandwi Desire nawe washyinguwe uyu munsi ntanukwezi kurashira.

Ariko ikibabaje ni uko muri ako kababaro n’agahinda hari bamwe muri abo ba nyakubahwa bumvikana bavuga amagambo y’agashinyaguro kuri ba nyakwigendera Urugero : dutanga ni uko muri iyi minsi aba Depite bamaze iminsi bamanuka kwegera Abaturage ngo babigishe k’Ubumwe bw’Abanyarwanda no ku ndangagaciro na Kirazira bikwiye kuranga Abanyarwanda.

Aha sindi buvuge Inteko ishingamategeko yose ndibanda gusa ku itsinda rimwe ryari ririmo Depite Bamporiki Edouard, ukomoka mu ishyaka FPR-Inkotanyi na Depite Byabarumwanzi Francois wo mu ishyaka PL.

Iryo tsinda mbabwira ryari ryagiye muri Nyamagabe, gusura Abaturage ryari riyobowe na Depite Byabarumwanzi Francois, we na bagenzi be bari mukazi aho mu Ntara y’Amajyepfo yasuye ahantu hatandukaye ndetse igirana inama n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe, harimo Nyobozi, abayobozi b’Ingabo na Polisi n’abandi bayobozi bavuga rikijyana muri ako karere.

-4414.jpg

Hon. Byabarumwanzi Francois wo mu ishyaka PL

Nibwo haje message kuri Honorable Bamporiki ukomoka mu ishyaka rya FPR inkotanyi, bari kumwe amaze kuyisoma yegera mugenzi we Byabarumwanzi Francois ati mbonye inkuru mbi ko Senateri Mucyo yitabye Imana kandi aguye ku kazi kacu.

Bamporiki ati : kandi wibuke ko Senateri Mucyo avuka hano mu ntara y’amapjyepfo amusaba guhagarika inama iyo nkuru mbi ikamenyeshwa abari bayirimo.

Ni uko depite Byabarumwanzi Francois ukomoka mu ishyaka PL, akaba na Visi Perezida w’iryo shyaka ryo kwishyira ukizana, akaba ari nawe wari akuriye iryo tsinda rigize Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu, Ubumwe bw’Abanyarwanda no kurwanya Jenoside. Depite Byabarumwanzi akibyumva yahise yica amatwi akomeza inama nkaho ntacyabaye! Ariko ngo asubiza nabi cyane Bamporiki (ati uriya se yahagarika inama?). Nuko Inama irakomeza.

-4412.jpg

Nyakwigendera Senateri Mucyo Jean de Dieu

Aho ije kurangirira depite Byabarumwanzi abwira abayobozi bari aho ati ariko sinagenda ntanababwiye ibyo navuganaga na mugenzi wanjye Bamporiki.., yambwiraga ko Senateri Mucyo yitabye Imana . Ati mubwira ko bitahagarika inama cyane ko yari yaranapfuye kera. Yakomeje avuga ati yari yarapfuye kera! barasohoka bibaza niba biriya aribyo Abadepite bita indangagaciro (kuvuga amagambo asa atyo kuri mugenzi wabo witabye Imana unayabwira bene wabo wuwo witabye imana.

Amakuru twabwiwe nabamwe mu bayobozi baraho batifuje ko dutangaza amazina yabo ngo bagiye bijujuta bavuga bati: ese ubu nibi inteko iba yabatumye ? Ubu se niko, ishyaka ryabo PL ribyemera rikanabishyigikira?

Ibi rero nibyo byatumye twegera Depite Bamporiki, Umwe mu badepite bakorana wari muri iyo nama I Nyamagabe mu Karere nuko abihamiriza Ikinyamakuru Rushyashya mu kiganiro gito twagiranye. Depite Bamporiki ( Ababaye ) ati : Nibyo koko nkimara kubona ubwo butumwa kuri Whatsapp, amaze kuyisoma negereye Depite Byabarumwanzi Francois ndamubwira nti : “Mbonye inkuru mbi ko Senateri Mucyo yitabye Imana kandi aguye ku kazi kacu. Ko dukwiye guhagarika inama . Ariko ansubiza nabi cyane (ati: uriya se yahagarika inama?). Nuko Inama irakomeza.

-4413.jpg

Hon. Bamporiki Edouard wo mu ishyaka FPR-Inkotanyi

Hon. Bamporiki akomeza agira ati : Sibyo gusa kuko Depite Byabarumwanzi yaramvangiye bikomeye aho muri Nyamagabe, ubwo twasuraga Gereza, abagororwa baradusaranye bavuga ko Leta yabarenganije ko ntabutabera buri mu gihugu.

“Ni uko ngerageza gucubya uburakari bwabo bagororwa nasobanuye uko Jenoside yateguwe n’uko bo ubwabo nk’ubwoko butahigwaga bwayitabiriye bukayishyira mubikorwa ko kandi RPF itihoreye yari kubishobora nuko abagororwa bamaze gucururuka bampa amashyi menshi.”- Hon Bamporiki

Hon. Bamporiki akomeza agira ati : Icyambabaje ni uko mugenzi wanjye Depite Byabarumwanzi afashe ijambo yabwiye abo bagororwa ati: “ Jye sinkeneye ayo mashyi mwahaye Hon. Bamporiki, mujye mumuha amashyi jye sindi inkomamashyi nka Bamporiki”. Ikindi ngo bagiye muri dine ( kurya) yavuze amagambo menshi atari meza baganira n’abandi ati : jye mumbaze ibyo kwa Habyarimana nibyonzi, ibindi mubibaze depite Bamporiki na Leta yabo, ngo hari abadepite barindwa kurusha abandi muri za missions n’ibyinshi…

Aha rero niho tubona ko mu bayobozi bakuru muri iki gihugu hari indimi ebyiri cyane cyane muri ba Nyakubahwa.

Uyu depite Byabarumwanzi Francois ninawe wavuzweho umwaka ushize gufasha uwahoze ari ambasaderi Mitali Protais kunyereza miliyoni 45 z’amafaranga y’u Rwanda y’ishyaka PL.

Cyiza Davidson

2016-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa  k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Ubwanditsi 15 Oct 2016
Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Ubwanditsi 22 Jan 2019
Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Ubwanditsi 18 Mar 2019
Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda

Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwimuriwe ku wa gatanu tariki 13.10.2017
Mu Rwanda

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwimuriwe ku wa gatanu tariki 13.10.2017

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI
POLITIKI

Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu
POLITIKI

Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru