• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Indimi ebyiri mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda k’urupfu rwa nyakwigendera Mucyo J.D

Indimi ebyiri mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda k’urupfu rwa nyakwigendera Mucyo J.D

Ubwanditsi 20 Oct 2016 ITOHOZA

Muri iki gihe Inteko ishingamategeko y’u Rwanda ikomeje gutakaza bamwe mu bayigize bapfuye urupfu rutunguranye, habanje Hon. Mucyo JD witabye Imana mu ntangiriro z’uku kwezi nyuma hakurikiraho Hon. Nyandwi Desire nawe washyinguwe uyu munsi ntanukwezi kurashira.

Ariko ikibabaje ni uko muri ako kababaro n’agahinda hari bamwe muri abo ba nyakubahwa bumvikana bavuga amagambo y’agashinyaguro kuri ba nyakwigendera Urugero : dutanga ni uko muri iyi minsi aba Depite bamaze iminsi bamanuka kwegera Abaturage ngo babigishe k’Ubumwe bw’Abanyarwanda no ku ndangagaciro na Kirazira bikwiye kuranga Abanyarwanda.

Aha sindi buvuge Inteko ishingamategeko yose ndibanda gusa ku itsinda rimwe ryari ririmo Depite Bamporiki Edouard, ukomoka mu ishyaka FPR-Inkotanyi na Depite Byabarumwanzi Francois wo mu ishyaka PL.

Iryo tsinda mbabwira ryari ryagiye muri Nyamagabe, gusura Abaturage ryari riyobowe na Depite Byabarumwanzi Francois, we na bagenzi be bari mukazi aho mu Ntara y’Amajyepfo yasuye ahantu hatandukaye ndetse igirana inama n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe, harimo Nyobozi, abayobozi b’Ingabo na Polisi n’abandi bayobozi bavuga rikijyana muri ako karere.

-4414.jpg

Hon. Byabarumwanzi Francois wo mu ishyaka PL

Nibwo haje message kuri Honorable Bamporiki ukomoka mu ishyaka rya FPR inkotanyi, bari kumwe amaze kuyisoma yegera mugenzi we Byabarumwanzi Francois ati mbonye inkuru mbi ko Senateri Mucyo yitabye Imana kandi aguye ku kazi kacu.

Bamporiki ati : kandi wibuke ko Senateri Mucyo avuka hano mu ntara y’amapjyepfo amusaba guhagarika inama iyo nkuru mbi ikamenyeshwa abari bayirimo.

Ni uko depite Byabarumwanzi Francois ukomoka mu ishyaka PL, akaba na Visi Perezida w’iryo shyaka ryo kwishyira ukizana, akaba ari nawe wari akuriye iryo tsinda rigize Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu, Ubumwe bw’Abanyarwanda no kurwanya Jenoside. Depite Byabarumwanzi akibyumva yahise yica amatwi akomeza inama nkaho ntacyabaye! Ariko ngo asubiza nabi cyane Bamporiki (ati uriya se yahagarika inama?). Nuko Inama irakomeza.

-4412.jpg

Nyakwigendera Senateri Mucyo Jean de Dieu

Aho ije kurangirira depite Byabarumwanzi abwira abayobozi bari aho ati ariko sinagenda ntanababwiye ibyo navuganaga na mugenzi wanjye Bamporiki.., yambwiraga ko Senateri Mucyo yitabye Imana . Ati mubwira ko bitahagarika inama cyane ko yari yaranapfuye kera. Yakomeje avuga ati yari yarapfuye kera! barasohoka bibaza niba biriya aribyo Abadepite bita indangagaciro (kuvuga amagambo asa atyo kuri mugenzi wabo witabye Imana unayabwira bene wabo wuwo witabye imana.

Amakuru twabwiwe nabamwe mu bayobozi baraho batifuje ko dutangaza amazina yabo ngo bagiye bijujuta bavuga bati: ese ubu nibi inteko iba yabatumye ? Ubu se niko, ishyaka ryabo PL ribyemera rikanabishyigikira?

Ibi rero nibyo byatumye twegera Depite Bamporiki, Umwe mu badepite bakorana wari muri iyo nama I Nyamagabe mu Karere nuko abihamiriza Ikinyamakuru Rushyashya mu kiganiro gito twagiranye. Depite Bamporiki ( Ababaye ) ati : Nibyo koko nkimara kubona ubwo butumwa kuri Whatsapp, amaze kuyisoma negereye Depite Byabarumwanzi Francois ndamubwira nti : “Mbonye inkuru mbi ko Senateri Mucyo yitabye Imana kandi aguye ku kazi kacu. Ko dukwiye guhagarika inama . Ariko ansubiza nabi cyane (ati: uriya se yahagarika inama?). Nuko Inama irakomeza.

-4413.jpg

Hon. Bamporiki Edouard wo mu ishyaka FPR-Inkotanyi

Hon. Bamporiki akomeza agira ati : Sibyo gusa kuko Depite Byabarumwanzi yaramvangiye bikomeye aho muri Nyamagabe, ubwo twasuraga Gereza, abagororwa baradusaranye bavuga ko Leta yabarenganije ko ntabutabera buri mu gihugu.

“Ni uko ngerageza gucubya uburakari bwabo bagororwa nasobanuye uko Jenoside yateguwe n’uko bo ubwabo nk’ubwoko butahigwaga bwayitabiriye bukayishyira mubikorwa ko kandi RPF itihoreye yari kubishobora nuko abagororwa bamaze gucururuka bampa amashyi menshi.”- Hon Bamporiki

Hon. Bamporiki akomeza agira ati : Icyambabaje ni uko mugenzi wanjye Depite Byabarumwanzi afashe ijambo yabwiye abo bagororwa ati: “ Jye sinkeneye ayo mashyi mwahaye Hon. Bamporiki, mujye mumuha amashyi jye sindi inkomamashyi nka Bamporiki”. Ikindi ngo bagiye muri dine ( kurya) yavuze amagambo menshi atari meza baganira n’abandi ati : jye mumbaze ibyo kwa Habyarimana nibyonzi, ibindi mubibaze depite Bamporiki na Leta yabo, ngo hari abadepite barindwa kurusha abandi muri za missions n’ibyinshi…

Aha rero niho tubona ko mu bayobozi bakuru muri iki gihugu hari indimi ebyiri cyane cyane muri ba Nyakubahwa.

Uyu depite Byabarumwanzi Francois ninawe wavuzweho umwaka ushize gufasha uwahoze ari ambasaderi Mitali Protais kunyereza miliyoni 45 z’amafaranga y’u Rwanda y’ishyaka PL.

Cyiza Davidson

2016-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR

Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR

Ubwanditsi 15 Aug 2018
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024
James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana  ni muntu ki ?

James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ni muntu ki ?

Ubwanditsi 20 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame avuga ko imvururu zigaragara hirya no hino ku Isi zitakemurwa n’igihugu kimwe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame avuga ko imvururu zigaragara hirya no hino ku Isi zitakemurwa n’igihugu kimwe

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside
Mu Mahanga

Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Ubwanditsi 20 Nov 2016
Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye  Igitero i Rusizi  cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka
ITOHOZA

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye Igitero i Rusizi cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Ubwanditsi 23 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru